Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Abarimu 1800 bamaze kuva mu kazi mu mezi atandatu gusa mu Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikibazo cy’abarimu bava mu mwuga wabo mu Gihugu cy’u Burundi gikomeje gufata intera, aho mu mezi atandatu gusa, abarenga 1 800 bigishaga mu mashuri yisumbuye bateye umugongo ubwarimu.

Ibi byemejwe na na Minisitiri w’Uburezi mu Gihugu cy’u Burundi, François Havyarimana, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyari kigamije gusuzuma imyaka 14 y’ishyirwa mu bikorwa ry’uburezi bw’ibanze. Yavuze ko aba barimo barenga 1 800 bavuye mu kazi hagati ya Kanama 2025 na Mutarama 2026.

Muri aba bavuye mu kazi k’ubwarimu, abagera kuri 700 bivugwa ko bavuye bagiye gushaka akazi gahemba neza mu mahanga, bigaragaza ikibazo gikomeye kiri mu bakozi b’abarimu bahura n’imishahara igaragara nk’aho idahagije mu gihe izamuka ry’ibiciro ku masoko mu Burundi rikomeje gutumbagira.

Nanone kandi si abarimu bo mu mashuri yisumbuye, kuko kinavugwa ku bo mu mashuri makuru na za kaminuza, aho kuva muri 2020, abarimu 47 bafite impamyabumenyi z’ikirenga bavuye mu Gihugu cy’u Burundi cyangwa mu myanya yabo ya kaminuza bajya gukorera mu mahanga cyangwa mu bindi bigo, nk’uko Minisitiri yabitangaje.

François Havyarimana yavuze ko ari igihombo gikomeye, mu gihe Leta yari yafashe ingamba zo guhugura abarimu, none bakaba bakomeje kuva mu mwuga wabo.

François Havyarimana yagize ati “Ubu ni ubumenyi turi gutakaza nyuma yo gushora imari nyinshi mu mahugurwa yabo.”

Minisitiri yemera ko umushahara udahagije iri mu mpamvu nyamukuru zatumye habaho uku kureka akazi k’ubwarimu, gusa akanavuga ko haniyongeraho n’ikibazo cy’ubukungu bw’isi butifashe neza kuva hakwaduka icyorezo cya Covid-19, intambara yo muri Ukraine, n’ibindi bibazo mpuzamahanga byagabanyije ubukungu bw’Igihugu cy’u Burundi, bituma n’ibiciro by’ibicuruzwa bitumizwa mu mahanga bitumbagira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

Next Post

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Related Posts

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

by radiotv10
11/04/2026
0

Uruhande rwa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rurashinjwa gukomeza kurasa ibisasu mu bice bituwemo n’Abanyekongo b’Abanyamulenge muri Minembwe,...

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

by radiotv10
11/04/2026
0

Abahanga baherutse gukora urugendo rwerecyeza hafi y’ukwezi mu butumwa bwiswe Artemis II bagarutse ku Isi amahoro, nyuma yo kugenda ibilometero...

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.