Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

radiotv10by radiotv10
26/02/2026
in AMAHANGA
0
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko mu Bihugu bine byo muri Afurika, ari na rwo rubaye uruzinduko azaba agiriye kuri uyu Mugabane.

Uru ruzinduko ruteganyijwe kuva ku wa 13 kugeza ku wa 23 Mata, ruzaba ari rwo rwa mbere agiriye hanze y’igihugu cye kuva uyu mwaka watangira, ndetse ni na rwo rwa mbere azaba agiriye ku mugabane wa Afurika, ubarizwaho abayoboke benshi ba Kiliziya Gatolika.

Muri Afurika, Papa Leo azasura ibihugu birimo Algeria, Angola, Guinée équatoriale na Cameroun. Biteganyijwe ko mu butumwa azahatangira harimo ubwo gushishikariza abayobozi b’isi gushyigikira iterambere ry’umugabane wa Afurika, ndetse anashishikarize ubufatanye n’ubwumvikane hagati ya Kiliziya Gatolika n’Abayisilamu muri ibyo bihugu.

Abayobozi ba Vatican ndetse n’abayobozi ba Kiliziya Gatolika mu bihugu azasura bavuga ko uru ruzinduko rwa Papa ruteganyijwe muri Afurika ari ikimenyetso cy’uko Kiliziya iha agaciro umugabane wa Afurika, utuweho na 20% by’abayoboke bayo, nk’uko imibare ya Vatican ibigaragaza.

Papa Leo yatowe muri Gicurasi 2025 kugira ngo asimbure Papa Francis, wayoboraga Kiliziya Gatolika igizwe n’abayoboke miliyari 1.4.

Kuva yatorwa, amaze gukora urugendo rumwe gusa hanze y’igihugu, aho yasuye Turukiya na Liban mu kwezi k’Ugushyingo n’Ukuboza, mu ruzinduko rwari rwarateguwe mbere na Papa Francis.

Uruzinduko ruheruka rwa Papa muri Afurika rwabaye mu 2023, ubwo Papa Francis yasuraga Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Sudani y’Epfo.

Gusa si we wenyine wasuye umugabane wa Afurika, kuko Papa Benedigito wa XVI na we yasuye Angola na Cameroun mu 2009. Ndetse Papa Yohani Pawulo wa II na we yasuye Guinée équatoriale mu 1982.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Ubutumwa bw’undi muyobozi wo hejuru muri AFC/M23 bw’agahinda k’urupfu rwa Willy Ngoma

Next Post

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.