Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA
0
Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu byiciro binyuranye, aho abasoje mu masomo y’inderabarezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%.

Ibi byavuye mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023, byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ukuboza 2023, ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Uburezi.

Muri uyu mwaka w’amashuri, abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro cy’abigaga amasomo y’ubumenyi rusange, bari 48 699 harimo abakobwa 27 382 n’abahungu 21 317.

Naho mu mashuri nderabarezi, hari hiyandikishije abanyeshuri 4 001, barimo abakobwa 2 293 n’abahungu 1 708, mu gihe mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro (TVET), hari hiyandikishije abanyeshuri 28 192, barimo abakobwa 12 966 n’abahungu 15 226.

Mu mitsindire, mu cyiciro cy’abakoze mu bumenyi rusange, abanyeshuri batsinze ku gipimo cya 95,4%, ni ukuvuga ko abatarabashije kugera ku bipimo ngenderwaho ari 4,6%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’inderaburezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%; ni ukuvuga ko abatarabashije kugeza ku bipimo ngenderwaho, ari 0,3%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, batsinze ku gipimo cya 97,6%, bivuze ko abataragize amanota y’ibipimo ngenderwaho ari 2,4%.

Ku bijyanye n’igereranya mu mitsindire hagati y’abahungu n’abakobwa mu cyiciro cy’abasoje mu masomo y’Inderabarezi, abahungu batsinze ku gipimo cya 99,6%; mu gihe abakobwa bo batsinze ku gipimo cya 99,8%.

Mu cyiciro cy’abasoje amasomo y’imyunga n’ubumenyi-ngiro, abahungu batsinze ku gipimo cya 97,7% mu gihe abakobwa bo batsinze kuri 97,5%.

Muri iki gikorwa kandi, hahembwe abanyeshuri bahize abandi mu kugira amanota meza, aho mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, hahembwe Cyubahiro Emile wigaga muri Seminari Nto yitiriwe Mutagatifu Jean Paul II ry’i Nyamagabe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 1 =

Previous Post

M23 yatangaje icyo igiye gukora nyuma yo gutaha kw’ingabo za EAC zari muri Congo

Next Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.