• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA
0
Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu byiciro binyuranye, aho abasoje mu masomo y’inderabarezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%.

Ibi byavuye mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023, byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ukuboza 2023, ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Uburezi.

Muri uyu mwaka w’amashuri, abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro cy’abigaga amasomo y’ubumenyi rusange, bari 48 699 harimo abakobwa 27 382 n’abahungu 21 317.

Naho mu mashuri nderabarezi, hari hiyandikishije abanyeshuri 4 001, barimo abakobwa 2 293 n’abahungu 1 708, mu gihe mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro (TVET), hari hiyandikishije abanyeshuri 28 192, barimo abakobwa 12 966 n’abahungu 15 226.

Mu mitsindire, mu cyiciro cy’abakoze mu bumenyi rusange, abanyeshuri batsinze ku gipimo cya 95,4%, ni ukuvuga ko abatarabashije kugera ku bipimo ngenderwaho ari 4,6%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’inderaburezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%; ni ukuvuga ko abatarabashije kugeza ku bipimo ngenderwaho, ari 0,3%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, batsinze ku gipimo cya 97,6%, bivuze ko abataragize amanota y’ibipimo ngenderwaho ari 2,4%.

Ku bijyanye n’igereranya mu mitsindire hagati y’abahungu n’abakobwa mu cyiciro cy’abasoje mu masomo y’Inderabarezi, abahungu batsinze ku gipimo cya 99,6%; mu gihe abakobwa bo batsinze ku gipimo cya 99,8%.

Mu cyiciro cy’abasoje amasomo y’imyunga n’ubumenyi-ngiro, abahungu batsinze ku gipimo cya 97,7% mu gihe abakobwa bo batsinze kuri 97,5%.

Muri iki gikorwa kandi, hahembwe abanyeshuri bahize abandi mu kugira amanota meza, aho mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, hahembwe Cyubahiro Emile wigaga muri Seminari Nto yitiriwe Mutagatifu Jean Paul II ry’i Nyamagabe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

M23 yatangaje icyo igiye gukora nyuma yo gutaha kw’ingabo za EAC zari muri Congo

Next Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.