Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/12/2023
in MU RWANDA
0
Hari abatsinze kuri 99,7%: Iby’ingenzi wamenya mu manota y’abasoje ayisumbuye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Uburezi yashyize hanze ibyavuye mu bizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu byiciro binyuranye, aho abasoje mu masomo y’inderabarezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%.

Ibi byavuye mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2022-2023, byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ukuboza 2023, ku cyicaro gikuru cya Minisiteri y’Uburezi.

Muri uyu mwaka w’amashuri, abanyeshuri bari biyandikishije gukora ibizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, mu cyiciro cy’abigaga amasomo y’ubumenyi rusange, bari 48 699 harimo abakobwa 27 382 n’abahungu 21 317.

Naho mu mashuri nderabarezi, hari hiyandikishije abanyeshuri 4 001, barimo abakobwa 2 293 n’abahungu 1 708, mu gihe mu mashuri y’imyuga n’Ubumenyi-ngiro (TVET), hari hiyandikishije abanyeshuri 28 192, barimo abakobwa 12 966 n’abahungu 15 226.

Mu mitsindire, mu cyiciro cy’abakoze mu bumenyi rusange, abanyeshuri batsinze ku gipimo cya 95,4%, ni ukuvuga ko abatarabashije kugera ku bipimo ngenderwaho ari 4,6%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’inderaburezi, batsinze ku gipimo cya 99,7%; ni ukuvuga ko abatarabashije kugeza ku bipimo ngenderwaho, ari 0,3%.

Naho mu cyiciro cy’abakoze mu masomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro, batsinze ku gipimo cya 97,6%, bivuze ko abataragize amanota y’ibipimo ngenderwaho ari 2,4%.

Ku bijyanye n’igereranya mu mitsindire hagati y’abahungu n’abakobwa mu cyiciro cy’abasoje mu masomo y’Inderabarezi, abahungu batsinze ku gipimo cya 99,6%; mu gihe abakobwa bo batsinze ku gipimo cya 99,8%.

Mu cyiciro cy’abasoje amasomo y’imyunga n’ubumenyi-ngiro, abahungu batsinze ku gipimo cya 97,7% mu gihe abakobwa bo batsinze kuri 97,5%.

Muri iki gikorwa kandi, hahembwe abanyeshuri bahize abandi mu kugira amanota meza, aho mu cyiciro cy’ubumenyi rusange, hahembwe Cyubahiro Emile wigaga muri Seminari Nto yitiriwe Mutagatifu Jean Paul II ry’i Nyamagabe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 6 =

Previous Post

M23 yatangaje icyo igiye gukora nyuma yo gutaha kw’ingabo za EAC zari muri Congo

Next Post

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisobanuro gitunguranye cya Yongwe ku bamushinja kubasengera ntibabone ibitangaza yabizezaga

Icyifuzo cy’umukozi w’Imana Yongwe wifuzaga gufungurwa cyateshejwe agaciro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.