Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Abambuka ruhurura yangiritse bikabije iri mu rugabano rw’Umurenge wa Kigarama n’uwa Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hatakwambukwa na buri wese kuko bakoresha imigozi bakamanuka nk’abari mu myitozo y’abakomando.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko umuntu ugeze bwa mbere aha bambukira ku migozi, adashobora kumva ko ari mu Mujyi wa Kigali kuko bitumvikana uburyo abanyamugi bahura n’ingorane nk’izi.

Iyi ruhurura yangiritse bigeze kuri uru rugero yatwaye inzu n’amasambu by’abari batuye mu aka gace, none ubu yaragutse iteye inkeke.

Umwe mu bo umunyamakuru yasanze bari kwambuka, yavuze ko aha hatanyura buri wese kuko bisaba imbaraga no gushirika ubwoba.

Ati «Nk’ubu umukecuru ahageze byaba bibabaje cyane. Nk’umukecuru udafite umugongo yamanuka gute ? »

Uyu muturage akomeza avuga ko hari n’abajya bahagwa ndetse n’amatungo akaba yahaburira ubuzima ku buryo n’inka ye yaguyemo ikabura.

Mugenzi we wagaragazaga umuntu ushobora kwambuka aha ahantu, yagize ati «Dufite umugozi twambukiraho, ngira ngo wawubonye nzamukiyeho nk’umukomando. »

Aha kandi ngo hahoze hari ikiraro cyananyuragaho imodoka, none iyangirika ryacyo ryazambije urujya n’uruza ku buryo atari buri wese upfa kuhanyura.

Ati «Hari n’ingo zagiye, bamwe barimuka baragenda, ni ukuvuga ngo ntagutambuka, nta muntu w’umusaza wanyura hano cyereka nkanjye wishoboye nkamanuka kuri uriya mugozi. »

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko muri uyu Mujyi hari ruhurura zigera muri 32 zangiritse ariko ko ingengo y’imari ihari izafasha mu gusana nke zitarimo iyi. Ati «Iyo na yo yagombye kuba yubakwa ariko ni ikibazo cy’amikoro. »

Abatuye muri ibi bice bavuga ko bumva iyi ruhurura yagombye kuza mu zihutirwa kuko iyangirika ryayo rikomeje kubagiraho ingaruka kandi ko hatagize igikorwa ishobora kuzahita ubuzima bw’abaturage.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + ten =

Previous Post

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Next Post

Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.