Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari aho bambuka gikomando kubera ibyo bavuga ko bidakwiye kugaragara muri Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Abambuka ruhurura yangiritse bikabije iri mu rugabano rw’Umurenge wa Kigarama n’uwa Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hatakwambukwa na buri wese kuko bakoresha imigozi bakamanuka nk’abari mu myitozo y’abakomando.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko umuntu ugeze bwa mbere aha bambukira ku migozi, adashobora kumva ko ari mu Mujyi wa Kigali kuko bitumvikana uburyo abanyamugi bahura n’ingorane nk’izi.

Iyi ruhurura yangiritse bigeze kuri uru rugero yatwaye inzu n’amasambu by’abari batuye mu aka gace, none ubu yaragutse iteye inkeke.

Umwe mu bo umunyamakuru yasanze bari kwambuka, yavuze ko aha hatanyura buri wese kuko bisaba imbaraga no gushirika ubwoba.

Ati «Nk’ubu umukecuru ahageze byaba bibabaje cyane. Nk’umukecuru udafite umugongo yamanuka gute ? »

Uyu muturage akomeza avuga ko hari n’abajya bahagwa ndetse n’amatungo akaba yahaburira ubuzima ku buryo n’inka ye yaguyemo ikabura.

Mugenzi we wagaragazaga umuntu ushobora kwambuka aha ahantu, yagize ati «Dufite umugozi twambukiraho, ngira ngo wawubonye nzamukiyeho nk’umukomando. »

Aha kandi ngo hahoze hari ikiraro cyananyuragaho imodoka, none iyangirika ryacyo ryazambije urujya n’uruza ku buryo atari buri wese upfa kuhanyura.

Ati «Hari n’ingo zagiye, bamwe barimuka baragenda, ni ukuvuga ngo ntagutambuka, nta muntu w’umusaza wanyura hano cyereka nkanjye wishoboye nkamanuka kuri uriya mugozi. »

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa avuga ko muri uyu Mujyi hari ruhurura zigera muri 32 zangiritse ariko ko ingengo y’imari ihari izafasha mu gusana nke zitarimo iyi. Ati «Iyo na yo yagombye kuba yubakwa ariko ni ikibazo cy’amikoro. »

Abatuye muri ibi bice bavuga ko bumva iyi ruhurura yagombye kuza mu zihutirwa kuko iyangirika ryayo rikomeje kubagiraho ingaruka kandi ko hatagize igikorwa ishobora kuzahita ubuzima bw’abaturage.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 12 =

Previous Post

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Next Post

Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Habineza yemeje ko azongera agahatana na Perezida Kagame agaragaza ikizatuma noneho atsinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.