Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?

radiotv10by radiotv10
20/06/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hari icyizere abantu bagira ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo?
Share on FacebookShare on Twitter

Abasesenguzi mu bya Politiki bavuga ko kuba u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigiye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro, ari intambwe ya mbere itanga icyizere mu kubona umuti w’ibibazo bimaze igihe hagati y’Ibihugu byombi.

Mu ijoro ryo ku ya 18 Kamena 2025 Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rivuga ko inzobere z’u Rwanda n’iza DRC zamaze iminsi mu biganiro ku bikubiye mu masezerano y’amahoro azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga.

Iri tangazo ryagaragaje zimwe mu ngingo zikubiye muri aya masezerano, nko kuba Ibihugu byombi byaremeranyijwe kubaha ubusugire bwa buri kimwe, ndetse no gufatanya kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bumaze igihe mu mikoranire n’umutwe wa FDLR uhungabanya u Rwanda unagizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bukaba bwarasabwe kenshi guhagarika imikoranire na wo, dore ko ari na wo muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu.

Aya masezerano y’amahoro ategerejwe gushyirwamo umukono ku rwego rw’Abaminisitiri azaba mu cyumweru gitaha tariki 27 Kamena 2025 muri Leta Zunze Ubumwe za America, azakurikirwa n’ibiganiro bizahuza Abakuru b’Ibihugu byombi.

Me Gasominari Jean Baptiste avuga ko isinywa ry’ariya amasezerano “Bitanga icyizere kuko habayeho imishyikirano hagati y’Ibihugu byombi baganira ku bibazo biri hagati yabyo noneho urwego rw’impuguke z’ibyo Bihugu rwashoboye kwiga ku masezerano azashyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ndetse n’Abakuru b’Ibihugu. Twavuga ko ari intambwe ya mbere kuko impuguke z’Ibihugu byombi zashoboye kumvikana ku bizashyirwaho umukono.”

Ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bwakunze kugaragaza ko budafite ubushake bwa politiki mu gushaka umuti binyuze mu nzira z’amahoro, ndetse imyanzuro yagiye ifatwa kenshi, bukagenda buyirengaho, bugashyira imbere inzira z’intambara.

Me Gasominari avuga ko nubwo Congo yakunze kwitwara muri buriya buryo, ariko ibi byagezweho ari “intambwe kuko nibaza gusanga amahoro afite akamaro kurusha intambara bagasanga bashobora kurangiza intambara biciye mu biganiro kandi intambara zose zo ku Isi zijya zirangira uku biciye ku meza y’ibiganiro. Ubwo ibiganiro byatangiye reka twitege yuko hazaboneka n’igisubizo cyava i Doha, cyava i Washington… icy’ingenzi abaturage bakeneye ni uko haba umutekano.”

Me Aloys Mutabingwa we avuga ko amasezerano ubwayo adashobora kuzarangiza ibibazo, ahubwo ko igikenewe kurusha ibindi ari ubushake bwa politiki, ku buryo niyo hasinywa ayo masezerano ariko hatari ubwo bushake, nta muti waboneka.

Ati “Igisubizo ku kibazo ni icyitwa amahoro. Kugira ngo amahoro aboneke, ni ubushake bugomba kubanza. Hari n’inyandiko zikunda gusinywa, hari izasinywe nyinshi imyaka myinshi ariko mu byukuri ntabwo zatanze amahoro kuko abazisinya iyo badafite ubushake bwo kugarura amahoro, zihinduka inyandiko gusa.”

Icyakora aba basesenguzi bavuga ko kuba ibi biganiro byarinjiwemo n’abahuza barimo Leta Zunze ubumwe za America na Qatar, na byo bishobora kugira uburemere mu gushaka umuti w’ibi bibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 2 =

Previous Post

Pasiteri yafunzwe nyuma yo kurarana n’umugore w’abandi wari wamusuye yakoze urugendo rurerure apfiriye iwe

Next Post

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Related Posts

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

IZIHERUKA

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye
MU RWANDA

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.