Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke b’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, bavuga ko ituro muri iki gihe risa nk’iryabaye itegeko, ku buryo batagipfa kujya mu nsengero batitwaje ituro, yewe ngo hari n’abemera bagafata amadeni ariko ngo baze kubona icyo bashyira mu gaseke cyangwa mu gasanduku.

Ingingo irebana no gutanga amaturo ntivugwaho rumwe na bamwe mu bayoboke b’amwe mu madini n’amatorero mu Rwanda.

Hari abavuga ko amwe mu madini n’amatorero aba agamije indonke ku buryo icyo bashyira imbere ari amaturo, bigatuma hari bamwe mu bayoboke batura ku gahato.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko gutura ari ingenzi ku buryo n’iyo umunsi wo gusenga ugeze ntacyo bibitseho bahitamo gufata ideni kugira ngo bakunde batange ituro, hakaba n’abavuga ko badashobora gufata ideni ry’ituro ahubwo batura uko bifite.

Umwe yagize ati “Ntura uko nifite, niba mfite magana atanu cyangwa igihumbi, biterwa nuko nifite. Igiceri cy’ijana sinabikora, ndeba umuntu twegeranye nkayamuguza akayampa nkazayamwishyura.”

Ku ruhande rwa Mufti w’u Rwanda, Sheikh Salim Hitimana avuga ko abanyamadini bagomba kurushaho gusobanurira abayoboke babo akamaro k’ituro dore ko hari ubwo na bo abagarukira.

Yagize ati “Ituro rero ni ikintu kimenyerewe ni umuco w’abantu bahimbaza Imana, basenga. Sinibaza ko ryahindukira rikaba ikintu umuntu yakwinuba kigatuma yareka imyemerere. Nibaza ko uwo muntu aba atarashikama ngo asobanukirwe neza acengerwe n’inyingisho neza. Igasubira ha handi birakenewe ko ababwiriza butumwa ndetse n’ abogeza ubutumwa bakwiye kongera imbaraga n’umurego mu kwigisha abantu no kubasobanurira neza kugira ngo batumva ko ari uburyo bwo kuwubanyaga.”

Kugeza ubu nubwo bivugwa ko amaturo atangwa ku bushake kandi bikajyana n’ubushobozi bw’abayoboke, bamwe bavuga ko bikomeje kubabera umutwaro.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

Next Post

Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.