Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu

radiotv10by radiotv10
13/04/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari n’abafata amadeni: Abakristu mu Rwanda bavuze ibitangaje ku maturo y’amatorero y’ubu
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bayoboke b’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, bavuga ko ituro muri iki gihe risa nk’iryabaye itegeko, ku buryo batagipfa kujya mu nsengero batitwaje ituro, yewe ngo hari n’abemera bagafata amadeni ariko ngo baze kubona icyo bashyira mu gaseke cyangwa mu gasanduku.

Ingingo irebana no gutanga amaturo ntivugwaho rumwe na bamwe mu bayoboke b’amwe mu madini n’amatorero mu Rwanda.

Hari abavuga ko amwe mu madini n’amatorero aba agamije indonke ku buryo icyo bashyira imbere ari amaturo, bigatuma hari bamwe mu bayoboke batura ku gahato.

Bamwe mu baganiriye na RADIOTV10, bavuga ko gutura ari ingenzi ku buryo n’iyo umunsi wo gusenga ugeze ntacyo bibitseho bahitamo gufata ideni kugira ngo bakunde batange ituro, hakaba n’abavuga ko badashobora gufata ideni ry’ituro ahubwo batura uko bifite.

Umwe yagize ati “Ntura uko nifite, niba mfite magana atanu cyangwa igihumbi, biterwa nuko nifite. Igiceri cy’ijana sinabikora, ndeba umuntu twegeranye nkayamuguza akayampa nkazayamwishyura.”

Ku ruhande rwa Mufti w’u Rwanda, Sheikh Salim Hitimana avuga ko abanyamadini bagomba kurushaho gusobanurira abayoboke babo akamaro k’ituro dore ko hari ubwo na bo abagarukira.

Yagize ati “Ituro rero ni ikintu kimenyerewe ni umuco w’abantu bahimbaza Imana, basenga. Sinibaza ko ryahindukira rikaba ikintu umuntu yakwinuba kigatuma yareka imyemerere. Nibaza ko uwo muntu aba atarashikama ngo asobanukirwe neza acengerwe n’inyingisho neza. Igasubira ha handi birakenewe ko ababwiriza butumwa ndetse n’ abogeza ubutumwa bakwiye kongera imbaraga n’umurego mu kwigisha abantu no kubasobanurira neza kugira ngo batumva ko ari uburyo bwo kuwubanyaga.”

Kugeza ubu nubwo bivugwa ko amaturo atangwa ku bushake kandi bikajyana n’ubushobozi bw’abayoboke, bamwe bavuga ko bikomeje kubabera umutwaro.

Denyse M. MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Perezida Ruto usanzwe ari Umukristu ukomeye yatunguranye yambara nk’Abayisilamu anatanga ubutumwa bukomeye

Next Post

Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Kigali: Hatangajwe amakuru mashya ku mubyeyi uvugwaho guhana yihanukiriye uwo abereye mukase

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.