• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in AMAHANGA
0
Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe n’uregwa, bugaragaza ko ari we wishe nyakwigendera.

Ni ubutumwa bwagaragajwe mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, mu rubanza ruregwamo Tyler Robinson, aho bivugwa ko ubwo butumwa bugufi yabwoherereje uwo babana mu cyumba, Ubushinjacyaha buvuga ko bakundanaga.

Muri ubwo butumwa Tyler Robinson yandikiye uwo muntu, yagize ati “Nari mufitiye urwango ruhagije. Rimwe na rimwe hari urwango umuntu atajya abasha kugoragoza.”

Uyu Tyler Robinson w’imyaka 22 ashinjwa ibyaha birindwi byose hamwe, birimo icyo kwicana ubugombe ndetse n’ibindi birimo icyo kugora ubutabera.

Ashinjwa kuba yarishe Charlie Kirk amurasiye mu ntera ya metero zirenga 140, ubwo uyu muhanga mu gutanga ibiganiro mu ruhame, yariho aganira n’abantu ibihumbi n’ibiumbi mu kibaya cya Kaminuza ya Utah, tariki 10 Nzeri 2025.

Robinson wafashwe nyuma y’amasaha 33 habaye iki cyaha, asabirwa n’abashinjacyaha igihano cy’urupfu igihe yaba ahamijwe ibyaha akurikiranyweho.

Umushinjacyaha w’Intara ya Utah, Jeff Gray mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yagize ati “Ntabwo ubusanzwe mfata iki cyemezo nk’igikwiye, ariko ni icyemezo natekereje ubwanjye ku giti cyanjye nk’Umushinjacyaha ukorera ahari ibimenyetso n’imiterere y’ahabereye icyaha.”

Uyu Mushinjacyaha akomeza avuga ko kwica Charlie Kirk, ari amahano akomeye muri America. Ati “Charlie Kirk yishwe ari mu bikorwa duhagazeho by’uburenganzira bw’Abanyamerika, umusingi wa Demokarasi yacu, ushingiye ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo no mu gushakisha ukuri, kumva ndetse n’ubumwe buhamye.”

Nyuma yuko uyu Mushinjacyaha yari amaze gutangaza ibyaha bishinjwa Robinson, yasomye ubutumwa bwabonywe n’abagenzacyaha batahuye muri Telefone y’umukunzi we, bushimangira ko yariho yemera ko ari we wishe Charlie Kirk.

Muri ubwo butumwa yandikiranaga n’inshuti ya Robinson, hari aho yamwandikiye agira ati “Nabonye amahirwe yo kurangiza Charlie Kirk, kandi ngiye kubikora.” na we amusubiza agira ati “Iki?????????????? Nizere ko uri gukina, sibyo????”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − nine =

Previous Post

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Next Post

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.