Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in AMAHANGA
0
Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha buburana na Tyler Robinson ukekwaho kwica Umunyamerika Charlie Kirk, inshuti ikomeye ya Perezida Trump, bwagaragaje bumwe mu butumwa bwoherejwe n’uregwa, bugaragaza ko ari we wishe nyakwigendera.

Ni ubutumwa bwagaragajwe mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, mu rubanza ruregwamo Tyler Robinson, aho bivugwa ko ubwo butumwa bugufi yabwoherereje uwo babana mu cyumba, Ubushinjacyaha buvuga ko bakundanaga.

Muri ubwo butumwa Tyler Robinson yandikiye uwo muntu, yagize ati “Nari mufitiye urwango ruhagije. Rimwe na rimwe hari urwango umuntu atajya abasha kugoragoza.”

Uyu Tyler Robinson w’imyaka 22 ashinjwa ibyaha birindwi byose hamwe, birimo icyo kwicana ubugombe ndetse n’ibindi birimo icyo kugora ubutabera.

Ashinjwa kuba yarishe Charlie Kirk amurasiye mu ntera ya metero zirenga 140, ubwo uyu muhanga mu gutanga ibiganiro mu ruhame, yariho aganira n’abantu ibihumbi n’ibiumbi mu kibaya cya Kaminuza ya Utah, tariki 10 Nzeri 2025.

Robinson wafashwe nyuma y’amasaha 33 habaye iki cyaha, asabirwa n’abashinjacyaha igihano cy’urupfu igihe yaba ahamijwe ibyaha akurikiranyweho.

Umushinjacyaha w’Intara ya Utah, Jeff Gray mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru yagize ati “Ntabwo ubusanzwe mfata iki cyemezo nk’igikwiye, ariko ni icyemezo natekereje ubwanjye ku giti cyanjye nk’Umushinjacyaha ukorera ahari ibimenyetso n’imiterere y’ahabereye icyaha.”

Uyu Mushinjacyaha akomeza avuga ko kwica Charlie Kirk, ari amahano akomeye muri America. Ati “Charlie Kirk yishwe ari mu bikorwa duhagazeho by’uburenganzira bw’Abanyamerika, umusingi wa Demokarasi yacu, ushingiye ku bwisanzure mu gutanga ibitekerezo no mu gushakisha ukuri, kumva ndetse n’ubumwe buhamye.”

Nyuma yuko uyu Mushinjacyaha yari amaze gutangaza ibyaha bishinjwa Robinson, yasomye ubutumwa bwabonywe n’abagenzacyaha batahuye muri Telefone y’umukunzi we, bushimangira ko yariho yemera ko ari we wishe Charlie Kirk.

Muri ubwo butumwa yandikiranaga n’inshuti ya Robinson, hari aho yamwandikiye agira ati “Nabonye amahirwe yo kurangiza Charlie Kirk, kandi ngiye kubikora.” na we amusubiza agira ati “Iki?????????????? Nizere ko uri gukina, sibyo????”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 6 =

Previous Post

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Next Post

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.