Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hashyizwe hanze inenge zagaragaye mu matora yo muri Congo

radiotv10by radiotv10
14/08/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hashyizwe hanze inenge zagaragaye mu matora yo muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro ry’Imiryango ikurikirana ibikorwa by’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SYMOCEL), ryagaragaje inenge uruhuri zagaragaye mu matora yabaye muri iki Gihugu, zishimangira ko habayeho kurenga ku ihame rya Demokarasi.

Iri huriro ‘SYMOCEL’ (Synergie des Missions d’Observation Citoyenne des élections) ryabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanama 2024, mu kiganiro ryagiranye n’itangazamakuru cyo kurigaragariza raporo y’ubushakashatsi ku migendekere y’amatora aherutse kuba muri iki Gihugu.

Muri ubu bushakashatsi bwa SYMOCEL, habajijwe abantu 690 bo mu Ntara 19 zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo abo mu miryango itari iya Leta, abanyapolitiki, abo mu madini n’amatorero, ndetse n’abashakashatsi.

Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Luc Lutala yavuze ko ubu bushakashatsi bwagaragaje inenge 20 z’ibigomba kuzahindurwa mu matora ataha, mu rwego rwo gutuma hubahirizwa ihame rya Demokarasi ndetse akanakurikiza amategeko.

Bimwe muri ibyo bintu 20 bigomba gukosorwa, harimo kurwanya ruswa isabwa n’abatora, kubahiriza amasaha yo gufungura no gufunga ibiro by’itora.

Yanavuze kandi ko hagaragayemo ibikorwa byo kutuhariza amahame ya Demokarasi byagaragaye by’umwihariko mu matora aheruka byagiye bikorwa n’inzego za Leta, byagiye bibangamira uburenganzira bw’ibanze bw’abaturage.

Yagize ati “Ubundi ni inde ibibazo bigiraho ingaruka? Aho kuba abanyapolitiki, ahubwo ziba ku baturage mu gihe baba batazi uburyo bacunga ibibazo by’abaturage. Dufashe nk’urugero rwa Kinshasa nk’indorerwamo y’Igihuhu, aho ibibazo bikomeza kwiyongera.”

Yanavuze kandi ko amatora ateguwe mu mucyo kandi mu buryo bwizewe, ari intambwe ikwiye guterwa, kandi bikagirwamo uruhare no guhuriza hamwe imbaraga kw’inzego za Leta, mu rwego rwo kubungabunga ituze, iterambere n’amahoro.

Iri huriro SYMOCEL ryasabye inzego zirebwa n’itegurwa ry’amatora, nka Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Sena ndetse n’Urukiko rw’Ikirenga, kugira uruhare mu bikorwa byose by’amatora kugira ngo ihame rya demokarasi ribungwabungwe.

Abayobozi b’Ihuriro SYMOCEL

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

ITANGAZO RYO GUHINDUZA AMAZINA

Next Post

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Related Posts

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Gen.Muhoozi nyuma yo kuva mu Rwanda yageneye ubutumwa Perezida Kagame na Gen.Muganga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.