Tuesday, July 21, 2026
RW|EN
AMAHANGA

Hasobanuwe icyateye urusaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’ingoro ya Perezida Tshisekedi

Hasobanuwe icyateye urusaku rw’amasasu rwumvikanye hafi y’ingoro ya Perezida Tshisekedi

Mu masaha y’igicuku mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere rishyira kuri uyu wa Kabiri, humvikanye urusaku rw’amasasu mu nkengero z’ahazwi nka Cité de l’OUA, Ingoro ya Perezida Félix Tshisekedi, muri Komini ya Ngaliema iri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Kinshasa, aho byemejwe rwaturutse ku kuburizamo umugambi w’imfungwa zashakaga gutoroka kasho y’Ubushinjacyaha bwa Gisirikare.

Uru rusaku rw’amasasu rwaraye rwumvikana, rwamaze igihe kini, rwatumye hari abakeka ko ibintu byaba bitifashe neza mu butegetsi bwo hejuru.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACP.CD, avuga ko amakuru cyahawe n’umwe mu batuye hafi y’Ingoro ya Perezida Tshisekedi, yemeza ko ayo masasu atari agambiriwe Ingoro y’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Aya masasu ntabwo yari agambiriye Cité de l’OUA. Ibintu byose ni bimeze neza hano (Cité de l’OUA). Nk’uko amakuru yakiriwe abivuga, bamwe mu bafungwa baratorotse bihisha hafi aho, mu gihe umwe muri bo yakomeretse mu kuboko.”

Amakuru avuga ko aya masasu yarashwe n’inzego z’umutekano hagamijwe kuburizamo icyo gikorwa cyo gutoroka cyari kigiye gukorwa na bamwe mu bafungiye muri kasho y’ubushinjacyaha bwa gisirikare.

Aha hazwi nka Cité de l’OUA ni muri Komini ya Ngaliema bizwi ko ari ho hatuye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi.

Ibiro by’Ubushinjacyaha bwa Gisirikare bya Ngaliema biri hafi ya hariya Cité de l’OUA, mu itangazo byanyujije ku mbuga nkoranyambaga, byatangaje ko iby’abantu bahuzaga ayo masasu n’igitero cyagabwe ku ngoro ya Perezida, atari ukuri ndetse ko “ibintu biri ku murongo.”

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + thirteen =