Wednesday, April 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

radiotv10by radiotv10
15/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga
Share on FacebookShare on Twitter

Umhanzi w’indirimbo zo kurama no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yashyize hanze amafoto y’imihango y’ubukwe bwe aherutse gukora mu buryo butamenywe na benshi.

Uyu muhanzi wagiye muri America yimukiye kuzabanayo n’umugore we Retina Nkurunziza, yashyize hanze aya mafoto, arimo agaragaza imihango yo gusaba no gukwa.

Amakuru avuga ko ubukwe bwabo bwabaye mu kwezi gushize kwa Werurwe, ariko bukaba butaritabiriwe n’abantu benshi, kuko yaba we n’umugore we, babutumiyemo abantu bacye b’inshuti n’imiryango ba hafi.

Kuva ubukwe bwabo bwaba, nta mafoto yabwo yari yagiye hanze dore ko n’ababwitabiriwe bari bahawe amabwiriza ko ntawemerewe kugira ifoto cyangwa ishusho byabo bigera muri telefone zabo.

Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Proper Nkomezi, yagaragaje aya mafoto, ashyiraho ubutumwa bwibutsa umugore we ko amukunda uruzira uburyarya.

Uyu muhanzi uri mu bafite abakunzi benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, asigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri Leta ya Iowa mu mujyi wa Des Moines.

Muri Mutarama uyu mwaka, uyu muhanzi Prosper Nkomezi yari yagaragaje yambitse impeta y’urukundo umukunzi we, aho na bwo yari yamugeneye ubutumwa bugaragaza ko azamukunda iteka ryose.

Yari yagize ati “Iyo igihe kigeze Imana irabikora! Umutima wanjye waguhisemo kandi n’ijuru rirabyemera! Ndagukunda uyu munsi, ejo n’iteka ryose.”

Prosper Nkomezi kandi afite ibitaramo bizazenguruka mu mijyi inyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za America nk’uko bigaragara ku butumwa yasangije abantu, ko aza kubitangaho amakuru arambuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 1 =

Previous Post

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Related Posts

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

by radiotv10
14/04/2026
0

Kambale Wilondja uzwi ku nka Jaysqueezer cyangwa Kasuku ku mbuga nkoranyambaga, yasobanuye uko abantu bataramenyekana bamusanze iwe aho atuye mu...

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

by radiotv10
13/04/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye, banasobanurirwa amateka ya...

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko rwataye muri yombi Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga, ariko ruvuga ko rutatangaza byinshi...

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mu rugo rw’umuhanzi w’umuraperi Ngenzi Serge wamenyekanye nka Neg G The General, utuye mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

IZIHERUKA

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga
IBYAMAMARE

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

by radiotv10
15/04/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

14/04/2026
Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

14/04/2026
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasohotse amafoto ataragaragaye y’umuhanzi nyarwanda Prosper Nkomezi uherutse gukora ubukwe mu ibanga

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.