Umhanzi w’indirimbo zo kurama no guhimbaza Imana, Prosper Nkomezi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yashyize hanze amafoto y’imihango y’ubukwe bwe aherutse gukora mu buryo butamenywe na benshi.
Uyu muhanzi wagiye muri America yimukiye kuzabanayo n’umugore we Retina Nkurunziza, yashyize hanze aya mafoto, arimo agaragaza imihango yo gusaba no gukwa.
Amakuru avuga ko ubukwe bwabo bwabaye mu kwezi gushize kwa Werurwe, ariko bukaba butaritabiriwe n’abantu benshi, kuko yaba we n’umugore we, babutumiyemo abantu bacye b’inshuti n’imiryango ba hafi.
Kuva ubukwe bwabo bwaba, nta mafoto yabwo yari yagiye hanze dore ko n’ababwitabiriwe bari bahawe amabwiriza ko ntawemerewe kugira ifoto cyangwa ishusho byabo bigera muri telefone zabo.
Abinyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram, Proper Nkomezi, yagaragaje aya mafoto, ashyiraho ubutumwa bwibutsa umugore we ko amukunda uruzira uburyarya.
Uyu muhanzi uri mu bafite abakunzi benshi mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, asigaye aba muri Leta Zunze Ubumwe za America, muri Leta ya Iowa mu mujyi wa Des Moines.
Muri Mutarama uyu mwaka, uyu muhanzi Prosper Nkomezi yari yagaragaje yambitse impeta y’urukundo umukunzi we, aho na bwo yari yamugeneye ubutumwa bugaragaza ko azamukunda iteka ryose.
Yari yagize ati “Iyo igihe kigeze Imana irabikora! Umutima wanjye waguhisemo kandi n’ijuru rirabyemera! Ndagukunda uyu munsi, ejo n’iteka ryose.”
Prosper Nkomezi kandi afite ibitaramo bizazenguruka mu mijyi inyuranye muri Leta Zunze Ubumwe za America nk’uko bigaragara ku butumwa yasangije abantu, ko aza kubitangaho amakuru arambuye.


RADIOTV10










