Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

radiotv10by radiotv10
03/12/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside nyuma yuko avuze ko atajya mu muganda ngo kuko ari uw’Abatutsi, kandi ngo we ari Umuhutu.

Uyu mugabo witwa Twayigize Martin ubu acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Gisenyi y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, kuva mu mpera z’icyumweru gishize tariki 29 Ugushyingo 2025.

Yatawe muri yombi, nyuma yo gusabwa kujya mu Muganda ngarukakwezi nk’abandi baturage, aho kubikora, avuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Rwagasore Faustin, Umukuru w’Umudugudu wa Gasutamo, uherereye mu Kagari ka Mbugangari, Umurenge wa Gisenyi yavuze ko ariya magambo yavuzwe na Twayigize kuri uriya munsi ahagana saa mbiri za mu gitondo.

Yagize ati “ubwo abandi baturage bajyaga mu Muganda, Twayigize Martin yari muri butiki anywa inzoga yitwa ’Icyuma’. Irondo ry’umwuga ryasabye nyiri butiki gufunga, rinabwira uwo mugabo kureka inzoga akajya mu Muganda, aho kumva ibyo asabwe yahise avuga ngo ‘Njye ndi Umuhutu sinajya mu Muganda w’Abatutsi, Abatutsi ni bo bagomba kuwukora’.”

Ni amagambo yatunguye abayumvise bariho bajya mu muganda, kuko batatekereza ko hari umuntu ugifite imyumvire nk’iyi muri uru Rwanda rwimakaje ubumwe bw’Abanyarwanda.

Nyuma y’ayo magambo, Umukuru w’Umudugudu yahise abimenyesha Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Mbugangari na we washyizeho ake asaba uwo mugabo ko yajya ahariho hakorerwa Umuganda, ariko akababera ibamba.

Rwagasore Faustin uyobora uriya Mudugudu avuga ko uyu mugabo usanzwe akora akazi k’ubukanishi, atari ubwa mbere yari avuze amagambo yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ati “kuko no mu gihe cyo kwibuka cy’uyu mwaka, n’ubundi yari muri butiki anywa inzoga, yumva radiyo harimo indirimbo zo kwibuka, haje umukecuru utuye mu Mudugudu wa Majyambere, Akagari ka Mbugangari, umukecuru amusuhuje undi ngo aramusubiza ati ‘Ndi kumva indirimbo zivuga uko Abatutsi bishwe muri Jenoside. Ahubwo ababatemye batemye bake’.”

Abaturage bo muri aka gace banenga uyu mugabo ugikomeje kugaragaza ko agifite ingengabitekerezo ya Jenoside, ku buryo bitari bikwiye ko nyuma y’imyaka 31 mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe, hari umuntu wagakwiye kuba agitekereza nk’uriya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − three =

Previous Post

Igihugu kimwe muri Afurika cyemeje ko cyahaye ubuhungiro umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’ikindi

Next Post

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

BREAKING: Tshisekedi yageze muri America yitabiriye igikorwa azahuriramo na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.