Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yashyize hanze itangazo rihuriweho n’iki Gihugu, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku byavuye mu biganiro by’iminsi ibiri, aho ibi Bihugu byemeranyijwe gutera intambwe igaragara mu kubahiriza Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Ni itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za America, rigaragaza ko ibi biganiro byabaye ku wa Kabiri no ku wa Gatatu byagarutse ku kubahiriza Amasezerano y’Amahoro ya Washington.
Iri tangazo rihuriweho na Guverinoma zose (iya America, u Rwanda na DRC), rivuga ko kuva “tariki 17-18 Werurwe 2026, intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda zahuriye i Washington, D.C. bemeranya gutera intambwe zifatika zo gukomeza gushyira mu bikorwa Amasezerano y’Amahoro ya Washington hakurikijwe Amasezerano ya Washington y’Amahoro n’Ubukungu.”
Nanone kandi u Rwanda na DRC bemeranyijwe intambwe z’ibikorwa bizakorwa mu ruhererekane bikorewe ubuhuzabikorwa, bigamije gucururutsa umwuka mubi.
Muri izo ngamba zemeranyijweho n’Ibihugu byombi, harimo intego zihariye zihuriweho mu gushyigikira no kubaha ubusugire bwa buri Gihugu n’umutekano wacyo, hakaba kandi gushyiraho ingengabihe yo gukuraho ibikorwa by’ingabo ndetse no gukuraho ingamba z’ubwirinzi zashyizweho n’u Rwanda.
Nanone kandi bemeranyijwe ko DRC ishyirwa imbaraga kandi ikagendera ku gihe mu gusenya burundu umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ndetse ikanarinda abasivile bose nta vangura.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Washington kandi yatangaje ko u Rwanda na DRC, bongeye kugaragaza imbaraga n’ubushake, ko bashingiye ku masezerano ya Washington hagerwa ku mahoro arambye n’iterambere mu karere.
RADIOTV10










