Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo

radiotv10by radiotv10
03/01/2025
in MU RWANDA
0
Hatangajwe icyateye impanuka ikomeye y’imodoka y’Akarere yari itwaye umurambo
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari itwaye umurambo w’umusore wo mu Karere ka Rusizi wapfiriye mu Karere ka Gatsibo, yakoze impanuka ubwo yari igeze mu Karere ka Huye igongana na Coaster yari itwaye abagenzi, aho Polisi yavuze ko byatewe n’amakosa y’umushoferi wari utwaye iyi modoka y’Akarere.

Iyi modoka y’Akarere ka Rusizi, yakoze impanuka igonganye n’indi yo mu bwoko bwa Toyota Coaster itwara abagenzi, aho yari itwaye umurambo w’umusore ukomoka mu Karere ka Rusizi, wapfiriye mu Karere ka Gatsibo tariki 01 Mutarama 2025, aho ubuyobozi bwa Rusizi, bwari bugiye gucyura uyu murambo.

Iyi modoka yari irimo abantu batanu barimo abakozi babiri b’Urwego rwa DASSO ndetse n’umushoferi, bakomeretse, kimwe na bamwe mu bagenzi bari muri iyo Coaster byagonganye.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yatangarije ikinyamakuru cyitwa Imvaho Nshya ko iyi mpanuka yatewe n’amakosa y’umushoferi wari utwaye iyi modoka y’Akarere ka Rusizi, yakoze mu kunyuranaho kandi bari mu ikorosi, agaca ku yindi atareba imbere agahita agongana n’iyo yari itwaye abagenzi.

Yagize ati “Yakomerekeyemo abantu batanu (5) bahise bajyanwa ku Bitaro bya Kabutare, abandi bagenzi cumi na batanu (15) bari muri iyo Coaster bahawe imodoka yindi bakomeza urugendo.”
SP Emmanuel Kayigi yaboneyeho kugira inama abashoferi kwirinda amakosa nk’ayo yo kunyuranaho ahantu bitemewe kuko biba bishobora kuvamo impanuka nk’uko byagenze kuri iyi modoka.

Ni mu gihe umurambo w’uriya musore, wahise uhabwa imodoka y’Akarere ka Huye, kugira ngo iwugeze mu Karere ka Rusizi, nk’uko byatangajwe na Nizeyimana Leonard wari utwaye iyi modoka y’Akarere ka Rusizi.

Yagize ati “Imodoka y’Akarere ka Huye yahageze ijyana umurambo mu Bitaro bya Gihundwe i Rusizi, imodoka nari ntwaye yo yangiritse cyane sinzi aho bayijyanye.”

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuyobozi Wungirije w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Uwimana Monique, wavuze ko iriya mpanuka ikimara kuba, ubuyobozi bw’aka Karere bwahise bukorana n’ubw’aka Huye kabereyemo iyi mpanuka, kugira ngo uriya murambo ugezwe aho wari ujyanywe.

Iyi modoka y’Akarere yangititse cyane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 6 =

Previous Post

Icyo General Muhoozi avuga ku musirikare wa Uganda ufite ipeti rya Ofisiye wiyahuye

Next Post

Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n’iyo amazemo

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n’iyo amazemo

Rutahizamu w’Amavubi ntakiri umukinnyi w’ikipe y’i Burayi yari asigajemo imyaka ingana n'iyo amazemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.