• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Saturday, June 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongerewe amasaha yo gukora y’utubari n’utubyiniro mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/06/2026
in MU RWANDA
0
Hongerewe amasaha yo gukora y’utubari n’utubyiniro mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwashyizeho amasaha y’agateganyo y’ibikorwa by’ubucuruzi bujyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu, birimo utubari, Resitora n’utubyiniro, byongerewe igihe cyo gukora mu bihe by’Igikombe cy’Isi.

Izi mpinduka zashyizweho “Mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda n’abatembera u Rwanda mu bikorwa bitandukanye n’ibyo kwidagadura mu gihe cy’imikino y’igikombe cy’isi.”

Aya masaha y’agateganyo azagenga ibikorwa by’ubucuruzi guhera ku wa 12 Kamena 2026 kugeza ku wa 20 Nyakanga 2026, aho amasaha y’akazi ku maduka, ibigo bikorerwamo ubucuruzi bunyuranye birimo resitora, utubari n’utubyiniro bizemererwa gukora kugeza saa cyenda za mu gitondo (3:00 a.m.) kuva ku wa Mbere kugeza ku wa Kane.

RDB ivuga kandi ko “Ibyo bikorwa byemerewe gukora kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 a.m.) ku wa Gatanu kugeza ku Cyumweru, muri wikendi no ku minsi y’ibiruhuko rusange.”

Hanatangajwe kandi ibigomba kubahirizwa n’ibi bikorwa, aho RDB yatangaje ko amabwiriza asanzwe akurikizwa, arimo ayo kugabanya urusaku no kudatanga cyangwa kutanywa inzoga ku bantu bari munsi y’imyaka 18, azakomeza kubahirizwa.

RDB kandi iributsa abantu bose ko bakwiye kunywa mu rugero kandi bakirinda gutwara ibinyabiziga banyoye ibisindisha, ikanavuga ko bibujijwe guha inzoga umuntu bigaragara ko yasinze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

Related Posts

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
12/06/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko urwego rushimije Ingabo z’u Rwanda zigezeho ubu; atari ibintu byikoze, ahubwo ko byubatswe mu gihe...

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

Hatangajwe ikizakoreshwa miliyoni 100$ muri 250 u Rwanda ruherutse guhangwa nk’inguzanyo

by radiotv10
12/06/2026
0

Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko muri Miliyoni 250 USD u Rwanda ruherutse guhabwa nk'inguzanyo n'Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF),...

Imiterere y’ikirego kiregwamo umunyamategeko ushinjwa gukoresha imvugo yaciwe mu mivugire mu Rwanda

Ikirego kiregwamo umunyamategeko kwita inyito idakwiye ufite ubumuga bw’ubugufi cyazamuwe ku rundi rwego

by radiotv10
12/06/2026
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwari rwakiriye ikirego kiregwamo Umunyametegeko uregwa ibishingiye ku kwita ‘Igikuri’ ufite ubumuga bw’ubugufi bukabije; rwanzuye ko...

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye itangazo ry’iricurano ryayitiriwe rivuga kuri M23

U Rwanda rwavuze kuri raporo ya HRW yongeye kurushinja ibinyoma ishyira hamwe RDF na AFC/M23

by radiotv10
12/06/2026
0

Umuvugizi wa Guverinoma, Yolande Makolo yavuze ko ibirego by'ibinyoma Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW wakunze gushinja u Rwanda atari...

How to say No without feeling guilty

How to say No without feeling guilty

by radiotv10
12/06/2026
0

In a world where being available, helpful, and agreeable is often praised, saying “no” can feel uncomfortable. Many people fear...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hongerewe amasaha yo gukora y’utubari n’utubyiniro mu Rwanda

Uko RDF ihagaze ubu ntabwo byizanye- Perezida Kagame yagaragaje amahame y’ingenzi ryafashije Ingabo z’u Rwanda

Ikipe ya Congo yageze muri America yambaye bidasanzwe nyuma yo kumara ibyumweru bitatu mu Bubiligi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.