• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe inkuru y’akabaro y’urupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda baguye muri Mozambique

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
BREAKING: Hatangajwe inkuru y’akabaro y’urupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda baguye muri Mozambique
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko abasirikare batatu baburiye ubuzima i Cabo Delgado muri Mozambique, aho bahitanywe n’igico batezwe n’ibyihebe ubwo bari mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba.

Amakuru dukesha Radiyo yitwa Royal FM ikorera mu Rwanda, avuga ko aba basirikare bitabye Imana tariki 03 Gicurasi 2025, ubwo bagwaga mu gico cy’ibyihebe bifite ibirindiro mu ishyamba iriri mu gace ka Katupa.

Ubutumwa bwatangajwe n’iki gitangazamakuru Royal FM, avuga ko “Ingabo z’u Rwanda (RDF) yatangaje ko abasirikare batatu b’u Rwanda bari mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, biciwe mu gico cyabaye tariki 03 Gicurasi.”

Iki gitero cyahitanye aba basirikare batatu b’u Rwanda, cyabereye mu ishyamba ry’inzitane rya Katupa ryo mu Karere ka Macomia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Uretse aba basirikare batatu baburiye ubuzima muri iki gitero, abandi basirikare batandatu b’u Rwanda bagikomerekeyemo.

Iri shyamba ry’inzitane ryabereyemo iyi mirwano ikomeye, ni ryo ryahungiyemo ibyihebe nyuma yo gukubitwa incuro n’abasirikare b’u Rwanda mu bitero babigabyeho aho byari byarafashe bugwate abaturage bagera muri 600.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yemeje kandi iby’uru rupfu rw’abasirikare batatu b’u Rwanda n’ikomereka ry’abandi batandatu.

Yagize ati “Byabaye abasirikare bari mu kazi, batatu bagwa muri icyo gico, abandi batandatu barakomereka, ariko bari gukira.”

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga yavuze ko nubwo muri iyi mirwano yahitanye abasirikare b’u Rwanda batatu ariko uruhande bari bahanganye, rwo rwatakaje benshi. Ati “Ku mwanzi byabaye bibi cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 1 =

Previous Post

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Next Post

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n’igisirikare cyayo

Leta ya Sudan yacanye umubano n’Igihugu ishinja gufasha umutwe uhanganye n'igisirikare cyayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.