Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwatangaje ko ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi by’uyu mwaka bigiye kuba ku nshuro ya 21, bizaba tariki 04 Nzeri 2026, i Kinigi mu Karere ka Musanze, aho bisanzwe bibera.
Byatangajwe n’ubuyobozi bwa RDB mu itangazo bwashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026.
itangazo ry’Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rirarikira abantu ibi birori, rivuga ko “Muzaze twifatanye i Kinigi mu Karere ka Musaze, ku wa Gatanu tariki 04 Nzeri 2026 mu birori bya 21 byo Kwita Izina abana b’Ingagi zo mu Birunga.”
RDB ivuga ko ibi birori ngarukamwaka, ari n’umwanya mwiza wo kwishimira intambwe u Rwanda rukomeza gutera mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ndetse no gukomeza kurinda Ingagi zo mu Birunga.

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda kandi ruvuga ko nanone ari umwanya mwiza wo gukomeza kwishimira uruhare ubukerarugendo bw’abasura izi Ngagi, mu guteza imbere imibereho y’abaturiye ibice byegereye iki gice kibarizwamo Ingagi.
Ibiro byo Kwita Izina biri mu bihuza abantu benshimu Rwanda, byitabirwa n’abafite amazina azwi mu ngeri zinyuranye, yaba muri politiki no mu myidagaduro, baturuka mu bice byose by’Isi.
Umuhango nk’uyu w’umwaka ushize, wabaye tariki 05 Nzeri 2025, ubwo hitwaga amazina abana b’Ingagi 40, barimo 18 bari bavutse umwaka wari wabanje wa 2024, aho bwo uwo mwaka ibi birori byasubitswe kubera icyorezo cya Marburg cyari cyagaragaye mu Rwanda.
Mu bafite amazina azwi bise amazina abana b’ingagi mu birori by’umwaka ushize, barimo umuhanzikazi w’ikirangirire muri Afurika, Umunya-Nigeria Yemi Alade, ndetse n’abakanyujijeho muri ruhago y’Isi, nk’Umunya-Argentine Javier Pastore wakiniye ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa isanzwe inakorana n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.
RADIOTV10










