Monday, May 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

radiotv10by radiotv10
04/05/2026
in MU RWANDA
0
BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwatangaje ko ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi by’uyu mwaka bigiye kuba ku nshuro ya 21, bizaba tariki 04 Nzeri 2026, i Kinigi mu Karere ka Musanze, aho bisanzwe bibera.

Byatangajwe n’ubuyobozi bwa RDB mu itangazo bwashyize hanze ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 04 Gicurasi 2026.

itangazo ry’Uru Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, rirarikira abantu ibi birori, rivuga ko “Muzaze twifatanye i Kinigi mu Karere ka Musaze, ku wa Gatanu tariki 04 Nzeri 2026 mu birori bya 21 byo Kwita Izina abana b’Ingagi zo mu Birunga.”

RDB ivuga ko ibi birori ngarukamwaka, ari n’umwanya mwiza wo kwishimira intambwe u Rwanda rukomeza gutera mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, ndetse no gukomeza kurinda Ingagi zo mu Birunga.

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda kandi ruvuga ko nanone ari umwanya mwiza wo gukomeza kwishimira uruhare ubukerarugendo bw’abasura izi Ngagi, mu guteza imbere imibereho y’abaturiye ibice byegereye iki gice kibarizwamo Ingagi.

Ibiro byo Kwita Izina biri mu bihuza abantu benshimu Rwanda, byitabirwa n’abafite amazina azwi mu ngeri zinyuranye, yaba muri politiki no mu myidagaduro, baturuka mu bice byose by’Isi.

Umuhango nk’uyu w’umwaka ushize, wabaye tariki 05 Nzeri 2025, ubwo hitwaga amazina abana b’Ingagi 40, barimo 18 bari bavutse umwaka wari wabanje wa 2024, aho bwo uwo mwaka ibi birori byasubitswe kubera icyorezo cya Marburg cyari cyagaragaye mu Rwanda.

Mu bafite amazina azwi bise amazina abana b’ingagi mu birori by’umwaka ushize, barimo umuhanzikazi w’ikirangirire muri Afurika, Umunya-Nigeria Yemi Alade, ndetse n’abakanyujijeho muri ruhago y’Isi, nk’Umunya-Argentine Javier Pastore wakiniye ikipe ya Paris Saint Germain yo mu Bufaransa isanzwe inakorana n’u Rwanda muri gahunda ya Visit Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

Related Posts

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

by radiotv10
04/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko iri mu biganiro n’ibigo bibiri byo hanze bishobora guhindura imodoka za Lisansi na Mazutu, zikagirwa...

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

Amakuru mashya: Inyubako ikoreramo RDB yafunzwe by’agateganyo

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), bwatangaje ko inyubako nshya rukoreramo kuva muri 2023 n'ibindi bigo binyuranye, igiye kuba...

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

Habaye igikorwa cy’urukundo nyuma yuko umuturage agize ibyago agapfusha amatungo 30 icyarimwe

by radiotv10
04/05/2026
0

Umuturege wo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe, wapfushije amatungo 33 arimo inka 15 nyuma yo gukubitwa n’inkuba,...

How Rwandan youth are making money online

How Rwandan youth are making money online

by radiotv10
04/05/2026
0

In 2026, making money online is no longer just a trend in Rwanda, it’s becoming a survival strategy. With youth...

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

Imibonano mpuzabitsina ishimisha nde cyane hagati y’umugabo n’umugore

by radiotv10
02/05/2026
0

Imibonano mpuzabitsina, ingingo idakunze kuganirwaho mu buryo bweruye, ariko abantu hafi ya bose bafite amagara mazima bakenera cyangwa bifuza. Ubushakashatsi...

IZIHERUKA

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi
MU RWANDA

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

by radiotv10
04/05/2026
0

Hamenyekanye andi makuru arambuye yerecyeye igikorwa gitegerejwemo ikirangirire Lamar mu Rwanda

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

04/05/2026
Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

04/05/2026
Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

Menya agaciro k’isakoshi Miss Jolly yagaragaye afite

04/05/2026
Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

Nyuma y’umunsi umwe Perezida Kagame agiriye uruzinduko muri Tanzania, Ruto wa Kenya nawe yerecyejeyo

04/05/2026
Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

Umwe mu baregwa hamwe n’umunyamakuru ‘Djihad’ yabuze mu Rukiko

04/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Hatangajwe itariki y’ibirori byo Kwita Izina abana b’Ingagi

Amakuru mashya: Dj Toxxyk yafatiwe icyemezo n’Urukiko gituma ahita afungurwa

Mu Rwanda hashobora gutangira gahunda ishobora gutuma imodoka zose zihindurwa iz’amashanyarazi cyangwa Gaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.