Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubugetegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana; yatangaje ko ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bumaze gukorerwa izirenga ibihumbi 14, zirimo izagaragaye ko zitujuje ibisabwa, nazo zikabamo izirenga 300 zo zizasenywa burundu kubera imiterere yazo n’aho ziherereye hadakwiye.

Minisitiri Musabyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, cyagarukaga ku ngingo imaze iminsi igarukwaho y’ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bwasize hari nyinshi zifunzwe kuko zitujuje ibisabwa.

Jean Claude Musabyimana yavuze ko ubundi ibikorwa by’amadini n’amatorero n’imiryango ishingiye ku myemerere, ari bigari, ariko ko ubugenzuzi bumaze iminsi bukorwa, bwibanze ku nsengero.

Yavuze ko kugeza ubu hamaze kugenzurwa insengero 14 094, aho ubugenzuzi bwasane hari insengero zitujuje ibisabwa ariko bishobora kuzuzwa, kimwe n’izindi byagaragaye ko zo zidashobora kongera gukorerwamo bitewe n’aho ziherereye, hashobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abazijyamo.

Ati “Izo ni zo zigomba kuhava bitewe n’uko ahantu ziri ziri mu manegeka. Harimo izirengera 600, muri zo 306 ntabwo wakongera kuzikoreramo na banyirazo barazizi, muranavugana bakavuga ngo ndumva nazategereza nkubaka inzu nashyiramo abantu ijyanye n’icyerekezo.”

Nanone kandi hakorewe igenzura ahantu hasengerwa atari mu nsengero, aho abantu bakunze guhurira bagasengera nko mu misozi no mu buvumo, aho ho hose hazafungwa burundu.

Minisitiri Musabyimana ati “Tumaze kubona ahantu 110 mu Gihugu, twumvikanye ko aha hantu tuhafunga, kuko ntakintu na kimwe gishobora kurinda abantu gihari.”

Avuga ko ahantu nk’aha hashobora gushyira ubuzima mu kaga, kuko uretse kuba hashobora kubera impanuka kubera imiterere yaho, haba hanashobora kuza ibindi biza bitunguranye nk’inkuba zikaba zakwica abantu.

Ingingo y’ifungwa ry’izi nsengero yazamuye impaka mu bantu, kubera uburyo byakorewe rimwe, ndetse bamwe bakavuga ko ubugenzuzi bwatinze gukorwa.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kandi yari iherutse gushyira hanze urutonde rw’imiryango 43 ishingiye ku myerere, yahagaritswe gukorera mu Rwanda kuko yakoraga idafite ubuzima gatozi.

Umunyamakuru Scovia Mutesi wari watumiwe muri iki kiganiro, yavuze ko aho izi nsengero zafunzwe ziri hasanzwe hari inzego za Leta zagombaga kuba zaragaragaje ibi bibazo mbere, zigafungwa bitarindiriye ko bikorerwa rimwe.

Ati “Hakwiye kuba haratangiye Gitifu w’Akagari atakamba, atanga raporo ku Karere, Akarere na ko kakabaza Minisitiri kati ‘tubikore gute?’ bakomeza bakomeza, ku buryo inzego zose zibifite, ariko byaje nk’icyorezo twese turikanga, nibidafite icyo bitwaye twabigize ikibazo.”

Abanyamadini na bo bemera ko harimo bagenzi babo bakora mu buryo butanoze, ku buryo koko aka kanyafu no guhwiturwa byari bikwiye kubaho kugira ngo bakomeze bubake roho z’abantu mu nzira zinoze koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 3 =

Previous Post

U Rwanda rwatanze inkunga ya Miliyari 1,5Frw yo kugoboka Ibihugu byahuye n’isanganya ridasanzwe

Next Post

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.