• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi

radiotv10by radiotv10
05/11/2025
in AMAHANGA
0
Hatangajwe umubare w’abaguye mu mpanuka ikomeye ya Gari ya moshi ebyiri zagonganye mu Buhindi
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Gihugu cy’u Buhindi, abantu 11 bapfiriye mu mpanuka ya gari ya moshi yari itwaye abagenzi, yagonganye n’iyari itwaye ibicuruzwa hafi y’umujyi wa Bilaspur, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Raipur, umurwa mukuru w’intara ya Chhattisgarh.

Iyi mpanuka yabaye mu masaha y’umugoroba wo ku itariki ya 4 Ugushyingo, nk’uko byemejwe n’inzego za leta.

Mu bapfuye harimo umushoferi wari utwaye gari ya moshi y’abagenzi, mu gihe umufasha we yakomeretse bikomeye ajyanwa mu bitaro kwitabwaho. Abandi bantu basaga 20 bakomerekeye muri iyo mpanuka, na bo barimo kuvurirwa mu bitaro byo muri ako gace.

Leta yatangaje ko ibikorwa byo gutabara no gukuramo imirambo byarangiye mu gitondo cyo ku wa Gatatu, kandi ko kuri ubu ibikorwa bya gari ya moshi muri ako gace byasubukuwe.

Mu itangazo ryasohowe na sosiyete ya Indian Railways, yatangaje ko yatangije iperereza rigamije kumenya icyateye iyi mpanuka, inatangaza inkunga y’amafaranga igenewe imiryango y’abapfuye n’abakomerekeyemo.

Vishnu Deo Sai, umuyobozi mukuru w’intara ya Chhattisgarh, yihanganishije imiryango yabuze ababo, asaba inzego z’ubuyobozi gukora ibishoboka byose mu gufasha abahuye n’icyo cyago.

Abagenzi barenga miliyoni 12 bifashisha gari ya moshi mu ngendo zabo, mu gihe nibura buri munsi ibihumbi 14 zikorwa mu gihugu hose, ku ntera ya kilometero 64,000.

Leta y’u Buhinde ikomeje gahunda zo kunoza umutekano w’urwego rwa gari ya moshi, nk’imwe mu nzira zo gukumira impanuka zikunze kuba kenshi zigatwara ubuzima bw’abaturage.

Ikindi gikunze kugarukwaho gitera izi mpanuka ni amakosa y’abantu cyangwa uburyo busanzwe bwo gutanga ibimenyetso ku nzira za gari ya moshi butajyanye n’igihe.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − twelve =

Previous Post

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Next Post

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.