Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

radiotv10by radiotv10
14/04/2026
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya kwifotoreza aho iyi gahunda izakomereza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwagaragaje ko “98% by’abatuye Kigali yacu bujuje imyirondoro baranifotoza.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bukomeza buvuga ko “Iyi gahunda muri Kigali yararangiye. Niba waracikanywe, uzagana aho izakomereza.”

Buvuga kandi ko guhera tariki 21 Mata 2026, iyi gahunda yo kuzuza imyirondoro no kwifotoza, izakomereza mu Turere twa Bugesera na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu (NIDA/ National Identification Agency), Josephine Mukesha yatangaje ko abatuye umujyi wa Kigali bacikanywe n’iyi gahunda, bashobora kuzaja kwifotoreza mu bice izakomerezamo.

Yagize ati “Umubare w’abifotoza ukomeje kuzamuka nubwo turi kugana mu tundi Turere. Tukiri no mu Mujyi wa Kigali, twakomeje kubona abaturage baturutse mu Ntara y’Amajyepfo na bo baza kwiyandikisha.”

Mukesha avuga ko hatanzwe igihe cy’inyongera mu Mujyi wa Kigali, kuko umubare w’abitabiraga iyi gahunda wabanje kuba mucye.

Ati “Turashishikariza abaturage kugana amatsinda ashinzwe kwandika no kwifotoza azaba ari gukorera muri Bugesera, Ngoma na Kirehe.”

Umuyobozi Mukuru wa NIDA yavuze kandi ko abaturage bafite amakuru atari yo, bishobora gufata igihe kinini kugira ngo bajye kwiyandikisha no kwifotoza, ariko ko hari gukorwa ubukangurambaga bwafasha abantu kwirebera amakuru y’imyirondoro yabo mbere yo kujya kwifotoza, bakoresheje uburyo bwa telefone, aho bajya ahandikirwa ubutumwa bugufi bakandika ijambo ‘Amakuru’ na nimero y’irangamuntu yabo, ubundi bakohereza kuri 3 500.

Mu Mujyi wa Kigali, hari hashyizweho uburyo bwo gufasha abantu kubona uko biyandikisha no kwifotoza, aho byakorerwaga hagiye hagurwa, nko muri za gare bategeramo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, aho zigenda zihagarara, ndetse n’ahazwi nko mu Imbuga City Walk, kimwe n’ahandi hakunze guhurira abantu benshi.

Abantu bose kuva ku mwana ukivuka barafotorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Related Posts

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

by radiotv10
14/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rufunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

In today’s fast-moving digital economy, saving money is no longer limited to traditional banking. With the rise of mobile financial...

Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Ikawa y’u Rwanda yongeye guca agahigo ku ruhando mpuzamahanga mu gikorwa cyabereye muri America

by radiotv10
14/04/2026
0

Ikawa y’u Rwanda yaje mu myaka itanu ya mbere zatsinze mu Imurikagurisha Mpuzamahanga ryabereye muri Leta Zunze Ubumwe za America....

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari...

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza
MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

by radiotv10
14/04/2026
0

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Dore agahigo kadasanzwe Ikawa y’u Rwanda yaciye mu cyamunara mpuzamahanga

Ikawa y’u Rwanda yongeye guca agahigo ku ruhando mpuzamahanga mu gikorwa cyabereye muri America

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

14/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.