• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

radiotv10by radiotv10
14/04/2026
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya kwifotoreza aho iyi gahunda izakomereza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bwagaragaje ko “98% by’abatuye Kigali yacu bujuje imyirondoro baranifotoza.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, bukomeza buvuga ko “Iyi gahunda muri Kigali yararangiye. Niba waracikanywe, uzagana aho izakomereza.”

Buvuga kandi ko guhera tariki 21 Mata 2026, iyi gahunda yo kuzuza imyirondoro no kwifotoza, izakomereza mu Turere twa Bugesera na Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu (NIDA/ National Identification Agency), Josephine Mukesha yatangaje ko abatuye umujyi wa Kigali bacikanywe n’iyi gahunda, bashobora kuzaja kwifotoreza mu bice izakomerezamo.

Yagize ati “Umubare w’abifotoza ukomeje kuzamuka nubwo turi kugana mu tundi Turere. Tukiri no mu Mujyi wa Kigali, twakomeje kubona abaturage baturutse mu Ntara y’Amajyepfo na bo baza kwiyandikisha.”

Mukesha avuga ko hatanzwe igihe cy’inyongera mu Mujyi wa Kigali, kuko umubare w’abitabiraga iyi gahunda wabanje kuba mucye.

Ati “Turashishikariza abaturage kugana amatsinda ashinzwe kwandika no kwifotoza azaba ari gukorera muri Bugesera, Ngoma na Kirehe.”

Umuyobozi Mukuru wa NIDA yavuze kandi ko abaturage bafite amakuru atari yo, bishobora gufata igihe kinini kugira ngo bajye kwiyandikisha no kwifotoza, ariko ko hari gukorwa ubukangurambaga bwafasha abantu kwirebera amakuru y’imyirondoro yabo mbere yo kujya kwifotoza, bakoresheje uburyo bwa telefone, aho bajya ahandikirwa ubutumwa bugufi bakandika ijambo ‘Amakuru’ na nimero y’irangamuntu yabo, ubundi bakohereza kuri 3 500.

Mu Mujyi wa Kigali, hari hashyizweho uburyo bwo gufasha abantu kubona uko biyandikisha no kwifotoza, aho byakorerwaga hagiye hagurwa, nko muri za gare bategeramo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, aho zigenda zihagarara, ndetse n’ahazwi nko mu Imbuga City Walk, kimwe n’ahandi hakunze guhurira abantu benshi.

Abantu bose kuva ku mwana ukivuka barafotorwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 18 =

Previous Post

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

Next Post

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.