Thursday, April 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA
0
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi cyemeje ko abantu 13 ari bo bitabye Imana bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga muri Bujumbura, mu gihe abakomeretse barenga 50, ndetse intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare byarimo byose byahiye bigakongoka.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’impanuka y’iturika rya buriya bubiko bw’intwaro ryabaye ku mugoroba wo ku wa 31 Werurwe 2026.

Ubwo iri turika ryabaga rigateza n’inkongi y’umuriro, bimwe mu bisasu byari muri ubu bubiko, byatutse bigana ahari abantu, ndetse bamwe birabahitana.

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru, Baratuza yagize ati “Abitabye Imana, ni abantu bagera kuri cumi na batatu (13), abakomeretse ni mirongo itanu na barindwi (57) harimo abasivile mirongo itanu na bane (54) n’abasirikare batatu (3).”

Général de Brigade Gaspard Baratuza avuga kandi ko iriya mpanuka y’iturika ry’ububiko bw’intwaro, yangije ibindi binyuranye, birimo inzu n’imodoka byo mu bice binyuranye byegereye ahabereye kariya kaga.

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, yavuze kandi ko “Ibikoresho n’inyubako bya gisirikare byarangiritse n’ibindi, byarahiye biratokombera.”

Yaboneyeho kandi guhumuriza Abarundi ko nubwo igisirikare cyabo “cyatakaje ibyo bikoresho, u Burundi buguma buhagaze neza no kurinda Abarundi n’ibyabo nk’uko byari bisanzwe.”

Ubwo ririya turika ryari rikimara kuba kandi, Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, ko ryaturutse ku bibazo byabaye mu nzira z’amashanyarazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + ten =

Previous Post

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Related Posts

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

by radiotv10
01/04/2026
0

This is our analysis regarding the recent discourse by Massad Boulos at the United Nations and the underlying challenges facing...

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

by radiotv10
01/04/2026
0

Iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, ryateye inkongi y'umuriro ikomeye, ryahitanye abantu benshi,...

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

Icyateye iturika ridasanzwe ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi i Bujumbura cyamenyekanye

by radiotv10
01/04/2026
0

Ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bw'ikigo cya Musaga i Bujumbura, bwahuye n'iturika rikomeye, burashya burakongoka n’intwaro zarimo, bitewe n’ibibazo byaturutse...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye Minisitiri muri Guverinoma ya Uganda

by radiotv10
01/04/2026
0

Imodoka yari itwaye Minisitiri w’Ubutaka muri Uganda, Judith Nabakooba; yakoze impanuka ikomeye yabereye mu gishanga cya Kibukuta mu Karere ka...

Igitero cy’udutsiko tudasanzwe muri Haiti cyahitanye abantu benshi

Igitero cy’udutsiko tudasanzwe muri Haiti cyahitanye abantu benshi

by radiotv10
01/04/2026
0

Abantu 70 bapfuye, abandi 30 bakomerekera mu gitero cyagabwe n’udutsiko tw’abagizi ba nabi mu Karere ka Artibonite muri Haiti, nk’uko...

IZIHERUKA

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
02/04/2026
0

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

02/04/2026
Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

01/04/2026
Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

Amakuru agezweho: Biravugwa ko iturika ry’ububiko bw’intwaro i Burundi ryahitanye benshi

01/04/2026
Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

01/04/2026
Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

Kimwe mu bigo byigenga bitanga serivisi z’umutekano mu Rwanda cyahagaritswe

01/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Strategic insight: what Massad Boulos did NOT say (but matters):

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.