• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in AMAHANGA
0
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cy’u Burundi cyemeje ko abantu 13 ari bo bitabye Imana bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga muri Bujumbura, mu gihe abakomeretse barenga 50, ndetse intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare byarimo byose byahiye bigakongoka.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’impanuka y’iturika rya buriya bubiko bw’intwaro ryabaye ku mugoroba wo ku wa 31 Werurwe 2026.

Ubwo iri turika ryabaga rigateza n’inkongi y’umuriro, bimwe mu bisasu byari muri ubu bubiko, byatutse bigana ahari abantu, ndetse bamwe birabahitana.

Muri iki kiganiro n’itangazamakuru, Baratuza yagize ati “Abitabye Imana, ni abantu bagera kuri cumi na batatu (13), abakomeretse ni mirongo itanu na barindwi (57) harimo abasivile mirongo itanu na bane (54) n’abasirikare batatu (3).”

Général de Brigade Gaspard Baratuza avuga kandi ko iriya mpanuka y’iturika ry’ububiko bw’intwaro, yangije ibindi binyuranye, birimo inzu n’imodoka byo mu bice binyuranye byegereye ahabereye kariya kaga.

Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, yavuze kandi ko “Ibikoresho n’inyubako bya gisirikare byarangiritse n’ibindi, byarahiye biratokombera.”

Yaboneyeho kandi guhumuriza Abarundi ko nubwo igisirikare cyabo “cyatakaje ibyo bikoresho, u Burundi buguma buhagaze neza no kurinda Abarundi n’ibyabo nk’uko byari bisanzwe.”

Ubwo ririya turika ryari rikimara kuba kandi, Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Burundi, Général de Brigade Gaspard Baratuza yabwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, ko ryaturutse ku bibazo byabaye mu nzira z’amashanyarazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

Next Post

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.