Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza muri DRC, yasabye Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo gutangiza ikirego gishinja Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba nyuma yuko atanze ibisobanuro ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, ariko ntibimunyure ku buryo yahagarika kumukurikirana.

Firmin Mvonde, Umushinjacyaha Mukuru w’Uru Rukiko rusesa Imanza; yatanze iki cyifuzo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 mu Nteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, aho yayigaragarije impamvu ashinja uyu Muminisitiri icyaha cyo “Kunyereza umutungo wa Leta.”

Firmin Mvonde yavuze ko agendeye ku bisobanuro byatanzwe na Minisitiri w’Ubutabera mu mabazwa yakorewe, bitavuyemo impamvu yatuma ahagarika kumukurikirana, ahubwo ko byashimangiye ko agomba gukomeza iperereza kubera impamvu zikomeye zagaragaje ko yaba yarakoze iki cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta.

Constant Mutamba akekwaho kunyereza miliyoni 19 USD, mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani, aho uyu umwe mu bagize Guverinoma ya Congo Kinshasa, yiyemereye ko ziriya miliyoni zashyizwe kuri Konti y’abatekamutwe.

Aregwa kandi kunyereza imari y’amafaranga yari yatanzwe na Uganda mu bihano iki Gihugu cyaciwe kubera ibikorwa bitemewe cyakoreye muri DRC.

Umushinjacyaha Firmin Mvonde, yatangaje ko Constant Mutamba atigeze agira ubushake bwo kugenzura niba sosiyete ya Zion Construction ibaho koko, cyangwa se isanzwe ikora ibyo bikorwa, cyangwa ikaba ari iy’umuntu ufite ubushobozi.

Yagize ati “Ugendeye ku byagaragaye, hakwemezwa ko sosiyete ya Zion Construction ari urwitwazo gusa, yahimbwe mu mugambi wo kunyereza umutungo wa Leta yari yagenewe gusana ibyangijwe n’ibikorwa binyuranye n’amategeko bya Uganda muri DRC.”

Ibi yabishimangiye avuga ko bigaragazwa no kuba iriya sosiyete n’ubu bigaragara ko itigeze ibaho, ndetse n’iperereza ryakorewe i Kisangani rikaba ryaragaragaje ko hatigeze hanagenwa ahantu hagombaga kubakwa iriya Gereza, nyamara amafaranga yabyo yaratanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Next Post

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Related Posts

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yavuze ko igitero Israel yagabye kuri Iran cyahitanye abasirikare bakomeye barimo...

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

by radiotv10
14/06/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasuye umujyi wa Mthatha mu Ntara ya Eastern Cape iheruka kwibasirwa n'ibiza by’imvura nyinshi...

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuvandimwe w’umuntu umwe warokotse impanuka y’indege yahitanye abagenzi 241 mu Buhindi, yavuze ko akimara kurokoka yahamagaye umubyeyi we akamubwira ko...

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko cyivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Iran ndetse n'abandi basirikare babiri bari mu buyobozi Bukuru bw’Ingabo...

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

by radiotv10
12/06/2025
0

Indenge ya Sosiyete y’u Buhindi (Air India) yari yerecyeje i London mu Bwongereza irimo abagenzi 242, yakoze impanuka nyuma y’igihe...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry'abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.