• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho

radiotv10by radiotv10
10/06/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hatanzwe icyifuzo nyuma yuko Minisitiri umwe muri Congo ahaswe ibibazo ku cyaha akurikiranyweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Rusesa Imanza muri DRC, yasabye Inteko Ishinga Amategeko uburenganzira bwo gutangiza ikirego gishinja Minisitiri w’Ubutabera, Constant Mutamba nyuma yuko atanze ibisobanuro ku cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta, ariko ntibimunyure ku buryo yahagarika kumukurikirana.

Firmin Mvonde, Umushinjacyaha Mukuru w’Uru Rukiko rusesa Imanza; yatanze iki cyifuzo kuri uyu wa Mbere tariki 09 Kamena 2025 mu Nteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, aho yayigaragarije impamvu ashinja uyu Muminisitiri icyaha cyo “Kunyereza umutungo wa Leta.”

Firmin Mvonde yavuze ko agendeye ku bisobanuro byatanzwe na Minisitiri w’Ubutabera mu mabazwa yakorewe, bitavuyemo impamvu yatuma ahagarika kumukurikirana, ahubwo ko byashimangiye ko agomba gukomeza iperereza kubera impamvu zikomeye zagaragaje ko yaba yarakoze iki cyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta.

Constant Mutamba akekwaho kunyereza miliyoni 19 USD, mu mushinga wo kubaka Gereza ya Kisangani, aho uyu umwe mu bagize Guverinoma ya Congo Kinshasa, yiyemereye ko ziriya miliyoni zashyizwe kuri Konti y’abatekamutwe.

Aregwa kandi kunyereza imari y’amafaranga yari yatanzwe na Uganda mu bihano iki Gihugu cyaciwe kubera ibikorwa bitemewe cyakoreye muri DRC.

Umushinjacyaha Firmin Mvonde, yatangaje ko Constant Mutamba atigeze agira ubushake bwo kugenzura niba sosiyete ya Zion Construction ibaho koko, cyangwa se isanzwe ikora ibyo bikorwa, cyangwa ikaba ari iy’umuntu ufite ubushobozi.

Yagize ati “Ugendeye ku byagaragaye, hakwemezwa ko sosiyete ya Zion Construction ari urwitwazo gusa, yahimbwe mu mugambi wo kunyereza umutungo wa Leta yari yagenewe gusana ibyangijwe n’ibikorwa binyuranye n’amategeko bya Uganda muri DRC.”

Ibi yabishimangiye avuga ko bigaragazwa no kuba iriya sosiyete n’ubu bigaragara ko itigeze ibaho, ndetse n’iperereza ryakorewe i Kisangani rikaba ryaragaragaje ko hatigeze hanagenwa ahantu hagombaga kubakwa iriya Gereza, nyamara amafaranga yabyo yaratanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Uwishe umugore we n’abana babo nawe akimanika ngo uwo bashakanye yari yamwangiye ko baryamana

Next Post

Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Ubuhamya ku ifungwa ry’abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Ubuhamya ku ifungwa ry'abana b’Abarundi barenga 10 bafatiwe muri Tanzania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.