Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi

radiotv10by radiotv10
01/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Hatanzwe umucyo ku byumvikana nk’ibishya mu bucuruzi byatumye bamwe bazamura amajwi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bivuzwe ko hari abacuruzi b’imyaka bo mu Karere ka Muhanga basabwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro, kujya batanga nimero y’icyangombwa cy’ubutaka bwahinzweho imyaka barangura, iki kigo cyavuze ko aya mabwiriza atigeze abaho.

Ikinyamakuru TV1 giherutse gutambukije ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga zacyo, buvuga iby’iki kibazo cyavugwaga n’abacuruzi b’imyaka bo mu Karere ka Muhanga.

Ubu butumwa bwavugaga ko aba bacuruzi “binubira abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro RRA muri ako karere bategetse abayirangura kujya batanga nomero y’icyangombwa cy’ubutaka iyo myaka isaruwemo mbere yo kuyigurisha.”

Mu gusubiza ubu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, iki Kigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro RRA, cyavuze ko “aya mabwiriza avugwa muri iyi nkuru ntiyabayeho.”

RRA yakomeje igira iti “Icyakora muri Werurwe 2021, abakusanya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi bagamije kuwucuruza kandi amafaranga bawutanzeho bazakenera kuyakura mu musaruro usoreshwa koperative, inganda, abacuruzi b’imyaka cyangwa amatungo, hoteli na resitora, bagaragaje impungenge zo kubura inyemezabuguzi za EBM zabafasha kubona ibyatunze umwuga byemewe.”

Iki Kigo gikomeza kivuga ko “mu rwego rwo gukemura icyo kibazo, RRA yemereye abo bacuruzi kujya bandika mu gitabo imyirondoro y’umuhinzi cyangwa umworozi wabagemuriye umusaruro we, kugira ngo ibyanditswe muri icyo gitabo bizabafashe kumenya ingano y’ibyatunze umwuga bivanwa mu musaruro usoreshwa ndetse na RRA ibyifashishe mu gihe cy’igenzura bibaye ngombwa.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. ndungutse says:
    2 years ago

    Bitewe nuko abarangura imyaka akenshi bayirangura ku ma cooperative byaba byiza cooperative arizo zifashe umwirondoro w’umuhinzi,ahokuba umucuruzi,ahubwo ikibazo kikaza kubona umwirondoro w’umuhinzi ujyana umusaruro we mumasoko ariko cg amatungo mumasoko

    Reply

Leave a Reply to ndungutse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwakwihanganira kuvugwa nabi ariko rutakwihanganira icyaruhungabanya

Next Post

IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

Related Posts

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

IZIHERUKA

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye
IBYAMAMARE

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

by radiotv10
03/02/2026
0

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

03/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Karegeya washinze ‘Ibere rya Bigowe’ yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

IFOTO: Karegeya washinze 'Ibere rya Bigowe' yishimiye guhura n’imfura ya Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.