Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku iyirukanwa ry’Abayobozi bakuru ba Rutsiro barimo Mayor

radiotv10by radiotv10
29/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatanzwe umucyo ku iyirukanwa ry’Abayobozi bakuru ba Rutsiro barimo Mayor
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, yagize icyo avuga ku iseswa ry’Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro, yajyanye n’abari abayobozi bakuru b’aka Karere, avuga ko batari bakibashije kuzuza inshingano zabo ku buryo “akazi kari karabananiye.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Kamena 2023, Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, byashyize hanze itangazo rivuga ko “Hasheshwe Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro nyuma yo kubona ko ubuyobozi bw’Akarere bwateshutse ku nshingano zabwo.”

Iri tangazo kandi ryavuze ko aka Karere kaba kayobowe by’agateganyo na Prosper Mulindwa wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Igenamigambi n’Igenzurabikorwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana avuga ko bariya bayobozi batabashije kuzuza inshingano zabo zo guteza imbere abaturage.

Ati “Ari yo mpamvu nyine Umukuru w’Igihugu yafashe icyemezo cyo gusesa Inama Njyanama nk’uko amategeko abiteganya.”

Mu kiganiro kidatomora impamvu yatumye hafatwa iki cyemezo, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu aganira na RBA, yavuze ko inshingano z’Inama Njyanama zisanzwe ari ngari, ariko by’umwihariko ari “ugufata ibyemezo byose ndetse n’ingamba zose zigamije iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage, ibyo rero Inama Njyanama y’Akarere ka Rutsiro byarayinaniye.”

Nyuma y’iri seswa, hari amakuru yagiye avugwa na bamwe ko bamwe mu bagize iyi Nama Njyanama bigiriye mu bucuruzi, bigatuma bateshuka ku nshingano zabo no kunanizanya hagati yabo.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana agaruka kuri ibi byatangajwe, yagize ati “Ikigaragara ni uko Inama Njyanama yananiwe akazi, ubwo impamvu zabitera ni nyinshi, ubwo hashora kubamo n’izo mwavuze cyangwa izindi mutavuze.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu avuga ko ibyatumye iyi Nama Njyanama iteshuka ku nshingano zayo, bizagenda bisobanuka, bikamenyekana.

Yasabye abaturage b’Akarere ka Rutsiro ndetse n’abandi bose kutumva ko byacitse kuba iyi Njyanama yasheshwe, ahubwo ko ari ibintu bisanzwe ko umuntu wananiwe inshingano ze, ahagarikwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 10 =

Previous Post

Ubugambanyi budasanzwe bw’abakekwaho kwica umusaza bakanamushinyagurira barimo n’umugore bakundanaga

Next Post

Hatangajwe icyemezo gishya ku wabaye Mayor wa Gasabo uregwa hamwe n’Umunyemari Dubai

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habaye ibitunguranye ku isomwa ry’icyemezo cy’abarimo uwabaye Mayor wa Gasabo n’umunyemari Dubai

Hatangajwe icyemezo gishya ku wabaye Mayor wa Gasabo uregwa hamwe n’Umunyemari Dubai

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.