Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’umuturage wo mu Karere ka Ruhango wavuze ko yambuwe umutungo utimukanwa n’umukozi wa RDB, ngo yumvise bavuga ko ‘ari umuvandimwe wa Perezida w’u Rwanda’.

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Ruhango, uwitwa Riberakurora Adolphe yavuze ko afite ikibazo cyo kwamburwa umutungo n’umuyobozi ukomeye.

Uyu muturage wavugaga ko uyu mutungo yawambuwe n’uwitwa Mutangana Eugene [asanzwe ari umukozi muri RDB] wamaze kwiyandikaho iyo mitungo kandi ko bamubwira ko akomeye.

Perezida Kagame yabajije uyu muturage icyo apfana n’uyu wamwambuye umutungo, amusubiza agira ati “Abayobozi bambwira ko ngo ari umuvandimwe wawe.”

Umukuru w’u Rwanda yahise abwira uyu muturage ko yamubajije icyo bapfana we n’uwo wamwambuye umutungo, asubiza ko ntacyo, gusa umukuru w’u Rwanda avuga ko na we atazi uwo bavuga ko ari umuvandimwe we ahubwo ko na we aza kubaza icyo bapfana.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko iki kibazo cyongeye kuganirwaho mu nama yahuje Perezida Kagame n’abavuga rikumvikana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Muri ubu butumwa bwahawe umutwe uvuga ko ari “ugukosora”, Yolande Makolo yavuze ko “Icyo rero uwatanze ikirego atavuze ni uko, adafite ububasha bwo gufata ayo amafaranga. Nyirubwite wenyine, ni we ushobora kuyahabwa. Itegeko ntiryemera ko umutungo wagarurwa. Amafaranga akiri kuri konti y’Akarere”

Yavuze ko uwo mutungo waje gufatwa nk’uwasizwe na bene wo kuva mu 1994 “ugurwa mu buryo bwemewe n’amategeko na Mutangana na we waje kuwugurisha.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko nyiri uyu mutungo yaje gutanga ikirego asaba kuwusubizwa mu gihe “Iyo nyirubwite ubifitiye uburenganzira atanze ikirego, itegeko rivuga ko Akarere kamuha amafaranga yavuye mu kiguzi cy’umutungo havanywemo 10% ajya mu isanduku ya leta.”

Yolande Makolo, yasoje avuga ko “Uwari umwishingizi w’umutungo yanze kuvuga ko amafaranga yagenewe nyiri umutungo nkuko biteganywa n’itegeko ahari kandi azayahabwa kuko umutungo atawusubizwa.”

Yavuze ko amafaranga abitswe n’ubuyobozi bw’Akarere azashyikirizwa nyiri umutungo mu gihe azabyifuza.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 1 =

Previous Post

Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Next Post

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.