Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’umuturage wo mu Karere ka Ruhango wavuze ko yambuwe umutungo utimukanwa n’umukozi wa RDB, ngo yumvise bavuga ko ‘ari umuvandimwe wa Perezida w’u Rwanda’.

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Ruhango, uwitwa Riberakurora Adolphe yavuze ko afite ikibazo cyo kwamburwa umutungo n’umuyobozi ukomeye.

Uyu muturage wavugaga ko uyu mutungo yawambuwe n’uwitwa Mutangana Eugene [asanzwe ari umukozi muri RDB] wamaze kwiyandikaho iyo mitungo kandi ko bamubwira ko akomeye.

Perezida Kagame yabajije uyu muturage icyo apfana n’uyu wamwambuye umutungo, amusubiza agira ati “Abayobozi bambwira ko ngo ari umuvandimwe wawe.”

Umukuru w’u Rwanda yahise abwira uyu muturage ko yamubajije icyo bapfana we n’uwo wamwambuye umutungo, asubiza ko ntacyo, gusa umukuru w’u Rwanda avuga ko na we atazi uwo bavuga ko ari umuvandimwe we ahubwo ko na we aza kubaza icyo bapfana.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko iki kibazo cyongeye kuganirwaho mu nama yahuje Perezida Kagame n’abavuga rikumvikana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Muri ubu butumwa bwahawe umutwe uvuga ko ari “ugukosora”, Yolande Makolo yavuze ko “Icyo rero uwatanze ikirego atavuze ni uko, adafite ububasha bwo gufata ayo amafaranga. Nyirubwite wenyine, ni we ushobora kuyahabwa. Itegeko ntiryemera ko umutungo wagarurwa. Amafaranga akiri kuri konti y’Akarere”

Yavuze ko uwo mutungo waje gufatwa nk’uwasizwe na bene wo kuva mu 1994 “ugurwa mu buryo bwemewe n’amategeko na Mutangana na we waje kuwugurisha.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko nyiri uyu mutungo yaje gutanga ikirego asaba kuwusubizwa mu gihe “Iyo nyirubwite ubifitiye uburenganzira atanze ikirego, itegeko rivuga ko Akarere kamuha amafaranga yavuye mu kiguzi cy’umutungo havanywemo 10% ajya mu isanduku ya leta.”

Yolande Makolo, yasoje avuga ko “Uwari umwishingizi w’umutungo yanze kuvuga ko amafaranga yagenewe nyiri umutungo nkuko biteganywa n’itegeko ahari kandi azayahabwa kuko umutungo atawusubizwa.”

Yavuze ko amafaranga abitswe n’ubuyobozi bw’Akarere azashyikirizwa nyiri umutungo mu gihe azabyifuza.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Next Post

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.