Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida

radiotv10by radiotv10
26/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatanzwe umucyo ku kibazo cy’uwavuze ko yambuwe umutungo n’uwo bavuga ko ari umuvandimwe wa Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’umuturage wo mu Karere ka Ruhango wavuze ko yambuwe umutungo utimukanwa n’umukozi wa RDB, ngo yumvise bavuga ko ‘ari umuvandimwe wa Perezida w’u Rwanda’.

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Kanama 2022, ubwo Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaganiraga n’abaturage bo mu Karere ka Ruhango, uwitwa Riberakurora Adolphe yavuze ko afite ikibazo cyo kwamburwa umutungo n’umuyobozi ukomeye.

Uyu muturage wavugaga ko uyu mutungo yawambuwe n’uwitwa Mutangana Eugene [asanzwe ari umukozi muri RDB] wamaze kwiyandikaho iyo mitungo kandi ko bamubwira ko akomeye.

Perezida Kagame yabajije uyu muturage icyo apfana n’uyu wamwambuye umutungo, amusubiza agira ati “Abayobozi bambwira ko ngo ari umuvandimwe wawe.”

Umukuru w’u Rwanda yahise abwira uyu muturage ko yamubajije icyo bapfana we n’uwo wamwambuye umutungo, asubiza ko ntacyo, gusa umukuru w’u Rwanda avuga ko na we atazi uwo bavuga ko ari umuvandimwe we ahubwo ko na we aza kubaza icyo bapfana.

Mu butumwa bwashyizwe kuri Twitter n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko iki kibazo cyongeye kuganirwaho mu nama yahuje Perezida Kagame n’abavuga rikumvikana ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Muri ubu butumwa bwahawe umutwe uvuga ko ari “ugukosora”, Yolande Makolo yavuze ko “Icyo rero uwatanze ikirego atavuze ni uko, adafite ububasha bwo gufata ayo amafaranga. Nyirubwite wenyine, ni we ushobora kuyahabwa. Itegeko ntiryemera ko umutungo wagarurwa. Amafaranga akiri kuri konti y’Akarere”

Yavuze ko uwo mutungo waje gufatwa nk’uwasizwe na bene wo kuva mu 1994 “ugurwa mu buryo bwemewe n’amategeko na Mutangana na we waje kuwugurisha.”

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko nyiri uyu mutungo yaje gutanga ikirego asaba kuwusubizwa mu gihe “Iyo nyirubwite ubifitiye uburenganzira atanze ikirego, itegeko rivuga ko Akarere kamuha amafaranga yavuye mu kiguzi cy’umutungo havanywemo 10% ajya mu isanduku ya leta.”

Yolande Makolo, yasoje avuga ko “Uwari umwishingizi w’umutungo yanze kuvuga ko amafaranga yagenewe nyiri umutungo nkuko biteganywa n’itegeko ahari kandi azayahabwa kuko umutungo atawusubizwa.”

Yavuze ko amafaranga abitswe n’ubuyobozi bw’Akarere azashyikirizwa nyiri umutungo mu gihe azabyifuza.

Perezida Kagame yaganiriye n’Abaturage bo mu Ruhango

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Perezida Kagame yasuye mu rugo umukecuru wakunze kumuramutsa baraganira

Next Post

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.