Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, katoye umwanzuro ushyigikira umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za America, usaba ihagarikwa ry’Intamaba ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza.

Ni icyemezo cyatowe ku bwiganze busesuye, kemejwe n’Ibihugu binyamuryango 14 kuri 15 bigize Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho u Burusiya bwo bwifashe.

Uyu mwanzuro uvuga ko Israel yemeye igitekerezo yagejejweho cyo guhagarika imirwano, ugasaba umutwe wa Hamas na wo kubyemera.

Uyu mwanzuro w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, uje ushyigikira Ibihugu bitandukanye birimo ibigize Umuryango w’Ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi ku Isi uzwi nka G7 na wo washyigikiye ko iyi ntambara imaze iminsi muri Gaza, ihagarara.

Iyi gahuda yo guhagarika imirwano yagejejwe kuri Israel bigizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse bikaba biri kugirwamo uruhare n’abahuza nk’Ibihugu bya Qatar na Misiri, nk’uko byatangajwe na Perezida Joe Biden wa USA.

Uyu mugambi kandi wanashyigikiwe n’abayobozi bakuru muri Guverinoma ya Israel nubwo utaragezwa imbere ya Guverinoma yaguye.

Gusa kuri Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu; ntibirasobanuka niba na we ashyigikiye iyi gahunda ya Perezida Joe Biden

Uyu mwanzuro watowe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken ahuye n’abayobozi banyuranye barimo Netanyahu ubwe, amugezaho igitekerezo cyo gushyigikira iyi gahunda yo guhagarika intambara.

Mbere y’amasaha macye ngo hatorwe uyu mwanzuro, Antony Blinken yari yabwiye abayobozi, ati “niba mwemeye guhagarika imirwano, nimureke na Hamas na yo ibishyigikire.”

Gusa mu minsi 10 ishize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yari yatangaje ko Israel na yo yemeye iki gitekerezo cyo guhagarika imirwano.

Iyi ntambara ya Israel na Hamas, yatangiye tariki 07 Ukwakira umwaka ushize wa 2023, imaze guhitana abarenga ibihumbi 37 nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Next Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.