Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, katoye umwanzuro ushyigikira umugambi wa Leta Zunze Ubumwe za America, usaba ihagarikwa ry’Intamaba ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza.

Ni icyemezo cyatowe ku bwiganze busesuye, kemejwe n’Ibihugu binyamuryango 14 kuri 15 bigize Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, aho u Burusiya bwo bwifashe.

Uyu mwanzuro uvuga ko Israel yemeye igitekerezo yagejejweho cyo guhagarika imirwano, ugasaba umutwe wa Hamas na wo kubyemera.

Uyu mwanzuro w’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, uje ushyigikira Ibihugu bitandukanye birimo ibigize Umuryango w’Ibihugu birindwi bikize kurusha ibindi ku Isi uzwi nka G7 na wo washyigikiye ko iyi ntambara imaze iminsi muri Gaza, ihagarara.

Iyi gahuda yo guhagarika imirwano yagejejwe kuri Israel bigizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za America, ndetse bikaba biri kugirwamo uruhare n’abahuza nk’Ibihugu bya Qatar na Misiri, nk’uko byatangajwe na Perezida Joe Biden wa USA.

Uyu mugambi kandi wanashyigikiwe n’abayobozi bakuru muri Guverinoma ya Israel nubwo utaragezwa imbere ya Guverinoma yaguye.

Gusa kuri Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu; ntibirasobanuka niba na we ashyigikiye iyi gahunda ya Perezida Joe Biden

Uyu mwanzuro watowe n’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, nyuma y’uko Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken ahuye n’abayobozi banyuranye barimo Netanyahu ubwe, amugezaho igitekerezo cyo gushyigikira iyi gahunda yo guhagarika intambara.

Mbere y’amasaha macye ngo hatorwe uyu mwanzuro, Antony Blinken yari yabwiye abayobozi, ati “niba mwemeye guhagarika imirwano, nimureke na Hamas na yo ibishyigikire.”

Gusa mu minsi 10 ishize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden yari yatangaje ko Israel na yo yemeye iki gitekerezo cyo guhagarika imirwano.

Iyi ntambara ya Israel na Hamas, yatangiye tariki 07 Ukwakira umwaka ushize wa 2023, imaze guhitana abarenga ibihumbi 37 nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 1 =

Previous Post

Malawi: Amakuru mashya avugwa ku ndege yari itwaye Visi Perezida w’Igihugu yaburiwe irengero

Next Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Related Posts

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.