Monday, February 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA
0
Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa ukekwaho kwiyahura mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gatsibo nyuma yo kujya gusura umusore bakundanaga ngo bazishimane ku munsi w’abakundana agasanga ari kumwe n’undi mukobwa, kumushyingura byabayemo impaka, ubwo umuryango we wajyanaga umurambo we iwabo w’uyu musore ukarara ku marembo.

Ibi byabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, aho ku wa Gatanu mbere yuko haba umunsi wizihirizwaho Mutagatifu (Saint) Valentin bamwe bemera ko ari uw’abakundana, uyu mukobwa yajyaga kureba uwo musore.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa witwa Uwase Sandrine usanzwe aturuka mu Karere ka Nyagatare, yafashe urugendo akajya kureba uwo musore utuye mu Mudugudu w’Agatarama mu Kagari ka Bushobora mu Murenge wa Remera muri Gatsibo, kugira ngo bazishimane nk’abantu bakundana kuri Saint Valentin.

Televiziyo yitwa BTN TV dukesha aya makuru, itangaza ko uyu mukobwa wanigeze kubana n’uwo musore nk’umugore n’umugabo, yasanze ari kumwe n’undi mukobwa, bikamurakaza, agafata icyemezo cyo kwiyambura ubuzima akoresheje ibinini akabivanga n’ikinyobwa kizwi nka Energy.

Akimara kunywa uruvangitirane rw’ibyo bintu, uyu mukobwa yahise yerecyeza iwabo w’uyu musore kubatura agahinda k’ibyo yabonye, ari na bwo bazaga kumenya ko yanyoye ibyo bintu kugira ngo yiyambure ubuzima.

Bahise bamujyana kwa muganga kugira ngo barebe ko barokora ubuzima bwe kuko ibyo yari yanyoye byari bimumereye nabi, ariko bamugezayo yamaze gushiramo umwuka.

Umuryango wa nyakwigendera wateguye imihango yo kumuherekeza bwa nyuma, ariko nyuma haza kuvuka impaka zazamuwe na bamwe mu bo mu muryango we bavugaga ko bitumvikana kuba umuryango w’umusore watumye nyakwigendera yiyambura ubuzima, ntacyo wabafashije muri ibi bikorwa.

Ni bwo bafataga isanduku yarimo umurambo wa nyakwigendera, bayijyana iwabo w’uwo musore bashinja kuba nyirabayazana w’urupfu rw’umwana wabo.

Umwe mu baturage yagize ati “Bagiye kumushyingura, ababyeyi b’uwo mukobwa barabyanga, bamuzana aho bamurambika kuri uwo mukecuru [umubyeyi w’umusore] barangije barigendera.”

Abaturage bo muri aka gace bagaya uyu muryango bavuga ko ibyo wakoze bitari bikwiye, kuko niba bari bemeye gushyingura umukobwa wabo, ndetse bageze no ku irimbi, batari bakwiye gufata icyemezo cyo kuzana nyakwigendera iwabo w’umusore.

Undi ati “Waraye ku muryango none se wari bujye mu nzu kwenda iki? Ubundi wamenya ari imihamuro ki? Niba tuzi ko abantu bajya guhamba intumbi [bavuga umurambo cyangwa umubiri] ikaba yageze ku irimbi, bakongera bakayikuramo bakayizana, urumva wowe wapfa kwmemera ko ijya mu nzu? Nawe wabitekereza erega isi yarahindutse, ushobora kugira uti ni imitongera irimo bashaka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Urujeni Consolee avuga ko ikibazo cyabaye ku muryango wa nyakwigendera, ari ukuba wabuze ubushobozi bwo kwishyura irimbi.

Ati “Ubwo rero twebwe ubuyobozi tumusabye ko ibijyanye n’irimbi bitamuvuna kuko n’ubundi ni irimbi rusange rishyingurwamo abaturage bitabye Imana.”

Na we agaya uyu muryango wa nyakwigendera kuri iki gikorwa wakoze. Ati “Ni amahano ubundi nta murambo ujyanwa ku irimbi uvanweyo uzanwe mu rugo, ibyabaye ni amahano kandi n’aba babyeyi nta nyigisho nziza beretse abana bato bari aha.”

Uyu muyobozi avuga ko nyakwigendera n’umusore bikekwa ko yiyahuriye, banigeze kubana nk’umugore n’umugabo, ariko imiryango yabo ikaba itarabimenye, ari na cyo cyatumye havuka izi mpaka zakurikiye uru rupfu.

Nyakwigendera yashyinguwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Gashyantare, nyuma yuko inzego z’ubuyobozi zinjiye muri iki kibazo, zikanabafasha kumvikana no gukora imihango yo guherecyeza nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 15 =

Previous Post

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Related Posts

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

by radiotv10
16/02/2026
0

Abagore bishyize hamwe bahinga ikawa mu butaka batijwe na Leta, bo mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza, bavuga...

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

by radiotv10
16/02/2026
0

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu...

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

by radiotv10
14/02/2026
0

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, aravuga ko Guverinoma igiye kuganira n’inzego zirebwa no kwagura umuhanda Remera-Masaka kugira ngo bitazabangamira serivisi...

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

by radiotv10
14/02/2026
0

Abahinzi b’imyumbati bo mu Ntara y’Amajyepfo, by’umwihariko mu Karere ka Ruhango mu bice by’Amayaga, bagaragaza impungenge zikomeye z’ingaruka z’indwara imaze...

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

by radiotv10
14/02/2026
0

For many years, success was easy to define. If someone had a lot of money, a good job title, and...

IZIHERUKA

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana
MU RWANDA

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

by radiotv10
16/02/2026
0

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

16/02/2026
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

16/02/2026
Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

Afahmia Lotfi watoje Rayon yemeje ko iyi kipe yifuzaga kumuha akandi kazi akayihakanira

15/02/2026
Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

14/02/2026
Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

14/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Abagore birwanyeho ngo biteze imbere bagaragaje icyabafasha kubikora mu buryo bugezweho bagasezerera ubwa gakondo

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.