• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Icyitonderwa: Ifoto yakoreshejwe ni iy'undi musirikare wari ukurikiranyweho ibindi byaha muri 2024

Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Major Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw, uburana hamwe n’umusivile Bavakure Ndekwe Felix, rwasubitswe nyuma yuko uyu musirikare avuze ko atiteguye kuburana kubera impamvu y’uburwayi.

Inteko iburanisha yabajije Majoro Jean Claude Habineza niba yiteguye kuburana asubiza ko arwaye. Bamubajije icyerekana ko arwaye avuga ko yari kujya kwa muganga uwo munsi w’urubanza kandi ko yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza.

None ku wa 16 Gashyantare 2026 Urukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo rwaburanishije urubanza ruregwamo Majoro Jean Claude Habineza ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 485 Frw na Civile Bavakure Ndekwe Felix bari kumwe muri iyo dosiye.

Inteko iburanisha yabajije Majoro Jean Claude Habineza niba yiteguye kuburana asubiza ko arwaye. Bamubajije icyerekana ko arwaye avuga ko yari kujya kwa muganga uwo munsi w’urubanza kandi ko yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza.

Inteko iburanisha yabajije niba Civile Ndekwe Felix yiteguye kuburana noneho we arabyemera. Habajijwe Ubushinjacyaha bwa Gisirikare icyo bongeraho, bavuga ko urubanza rugomba kuburanishwa kuko nta kimenyetso cyerekana ko Majoro Jean Claude Habineza arwaye.

Uwunganira Majoro Jean Claude Habineza yafashe ijambo agaragaza inzitizi. Yavuze ko Ubushinjacyaha bwashyize ikirego ku wa 11 Gashyantare 2026 saa tanu z’ijoro. Ati “Ntabwo tuzi ikintu gishyashya Ubushinjacyaha bwashyize mu kirego kuko gifite paji 30″.

Majoro Jean Claude Habineza yunganiwe n’abanyamategeko babiri b’abagore. Uwa kabiri yunze mu rya Habineza avuga ko yasabye kujya kwa muganga. Ati “Iyo aza kuba adafunze yari kuba yaragiye kwivuza. Rero ibindi bimenyetso Ubushinjacyaha bushaka si ngombwa.”

Yanakomoje ku kirego gishya cyongewemo avuga ko uwo yunganira atarabasha gusoma ibyo akurikiranyweho byose. Yasabye Urukiko gufata umwanzuro bagatanga indi tariki bityo umukiriya wabo akabanza kwivuza.

Ubushinjacyaha bwahawe undi mwanya

Ku nzitizi za dosiye yongewemo, bavuze ko habayemo gukosora gusa. Nta kirego gishya cyongerewemo. Uhagarariye Ubushinjacyaha muri iyi dosiye yavuze ko gusubikisha urubanza ari amayeri ya Majoro Jean Claude Habineza amenyereye.

Ati”Yigeze gusubikisha urubanza asaba ko yakwishyura abamureze ariko ntabyo yakoze. Nyakubahwa Perezida w’inteko iburanisha izo nzitizi ntizihabwe agaciro kuko agamije gutinza urubanza “.

Umwe mu bunganira Majoro Jean Claude Habineza yavuze ko iminsi ibiri yo gusoma dosiye bidashoboka kuko abafunze bagira iminsi yo gusoma dosiye kandi bakagira n’iminsi yo kujyanwa kuvuzwa.

Abashaka indishyi bahagarariwe n’abanyamategeko batatu (3)

Umunyamategeko uri kuburanira umwe mu baregeye indishyi yavuze ko nabo bakeneye ubutabera kuko Majoro Jean Claude Habineza yasubikishije imanza kenshi.

Bityo rero asanga abaririwe amafaranga nabo bakeneye ubutabera bwihuse kandi buciye mu mucyo kuko igihombo batewe nta wundi bazakibaza.

Feritula Muhimakazi yagiye imbere abwira inteko iburanisha ikibazo cye. Yavuze ko yagujije banki miliyoni 30 zo gucuruza.

Yajyaga mu Bushinwa ntakijyayo, inzu yacururizagamo Downtown yarayitanze kandi abana be bamwe bari kwicwa n’inzara abandi baretse ishuri bitewe n’igihombo cyatewe na Majoro Jean Claude Habineza.

Urukiko rwafashe umwanzuro wo gusubika Urubanza kugirango Majoro Jean Claude Habineza yivuze kandi abunganizi be bazasome neza dosiye. Icyakora Urukiko rwavuze ko uwo munsi nta kabuza urubanza ruzaburanishwa.

Urubanza rwimuriwe muri Mata 2026 bitewe n’uko ukwezi kose kwa Werurwe 2026 iminsi yose yamaze kuzura imanza. Urubanza ruzaburanishwa ku wa mbere tariki 14 Mata 2026 saa tatu za mu gitondo.

Inteko iburanisha yari igizwe n’Abacamanza bane, Ubushinjacyaha bwari buhagarariwe n’umwe. Ni mu gihe Majoro Jean Claude Habineza (Yambuwe ayo mapeti) yunganiwe n’Abavoka babiri.

Civile Ndekwe Felix yunganiwe n’Umunyamategeko umwe (1).

Majoro Jean Claude Habineza na Civile Bavakure Ndekwe Felix bakurikiranyweho;Gutanga sheki itazigamiwe,kwiba,inyandiko itavugisha ukuri,kwambura ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyaha cy’ubuhemu.

Uru rubanza rusa nk’urutinze dore ko rwatangiye kuburanishwa ku wa Ku wa 16 Nzeri 2025.

Ivomo: Ukweli Times 

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eight =

Previous Post

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

Next Post

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y'ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Uganda yacyuye abaturage bayo ba mbere bari mu Gihugu gikomeje kuvugwamo ihohoterwa rikorerwa abanyamahanga

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.