Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in MU RWANDA
0
Uko byagenze ngo indege yari ivuye muri Kenya yerecyeje i Kigali isubireyo itaguye
Share on FacebookShare on Twitter

Indege ya Sosiyete y’Indege yo muri Kenya (Kenya Airways) yari ivuye i Nairobi yerecyeje i Kigali mu Rwanda, yasubiyeyo nyuma yo kunanirwa kugwa ku Kibuga cy’Indege kubera ibibazo by’ikirere cyari cyabuditse.

Iyi ndege ifite urugendo Nimero KQ470, yasabwe gusubira i Nairobi kuri iki Cyumweru tariki 15 Gashyantare 2026 nyuma yo kunanirwa kugwa i Kigali.

Byatewe no kuba ikirere cyasaga nabi ubwo iyi ndege yari igiye kururuka, bituma abakozi bahagarika kugerageza kugwa hakurikijwe amabwiriza y’umutekano.

Ubuyobozi bw’iyi sosiyeye, buvuga ko hafashwe icyemezo cyo gushyira imbere umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege, ari na byo byatumye hafatwa iki cyemezo.

Itangazo rya Kenya Airways, rigira riti “Nyuma yo kugerageza kabiri kugwa, abakozi bahisemo gusubira i Nairobi kubera umutekano w’abagenzi n’abakozi bari mu ndege.”

Mu itangazo ryatanzwe n’ishami rishinzwe itumanaho, Kenya Airways yavuze ko iki kibazo cyabaye ahagana saa cyenda n’iminota icumi za mu gitondo ku isaha ya Afurika y’Iburasirazuba ubwo indege yegeraga ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali.

Igipimo cyo kugaragara cyari cyaragabanutse cyane ku gipimo ntarengwa cyasabwaga kugira ngo indege yururuke neza, bituma indege ikomeza urugendo isubirayo.

Kenya Airways ivuga ko iyi ndege yageze i Nairobi amahoro saa yine n’iminota mirongo itatu n’icyenda za mu gitondo, nta byago byagaragaye.

Itangazo rigira riti “Kenya Airways PLC (KQ) yemeje ko ku ya 15 Gashyantare 2026, ahagana saa cyenda n’iminota icumi (09:10’) (Isaha y’Iburasirazuba), KQ 470, mu rugendo rwari ruteganyijwe kuva i Nairobi rwerecyeza i Kigali, yahuye n’ikibazo cyo kutabona neza kubera ibibazo by’ikirere kitasaga neza mu gihe kururusta indege ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.”

Kenya Airways yavuze ko yamenyesheje abagenzi igihe cyose cyo gutinda no gutanga ubufasha ku bagizweho ingaruka, inasaba imbabazi ku bagenzi bose bagizweho ingaruka n’iki kibazo.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, Sosiyete y’u Rwanda y’Indege RwandAir yatangaje ko havutse imbogamizi z’ikirere kitari kubona neza, byari byatumye habaho gukererwa kwa zimwe mu ngendo.

RwandAir yari yatangaje ko bitewe n’ibi bibazo by’ikirere, hashobora kuvuka ikererwa ry’ingendo z’indege ziva cyangwa zerecyeza ku Kibuga cy’Indeg cya Kigali giherereye i Kanombe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nineteen =

Previous Post

Rwanda: Havutse impaka nyuma y’urupfu rw’umukobwa wiyahuye ubwo yajyaga gusura umukunzi ngo bishimane ku munsi w’abakundana

Next Post

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Related Posts

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Urubanza ruvugwamo Miliyoni 480 Frw ruregwamo Major mu Ngabo z’u Rwanda rwasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.