Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

radiotv10by radiotv10
16/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yo kumara igihe bategereje ikorwa ry’umhanda Ntendezi-Karengera Nyakabuye uhuza uturere twa Nyamasheke na Rusizi, Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Karengera ya Nyamasheke bagorwa no kugeza umusaruro wabo ku isoko ndeste no kuhageza ibicuruzwa baravuga ko basigaye baryama bakarota uyu muhanda wakozwe, icyakora ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwo buracyabaha icyizere cy’igihe kitazwi.

Abatuye mu bice bitandukanye by’umurenge wa Karengera bavuga ko bibasaba kwikorera ku mutwe umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi bagakora urugendo rurerure ngo babigeze ku isoko aho bahura n’imvune zituruka ku kuba umuhanda bakoresha utari nyabagendwa ku buryo bakoresha ibinyabiziga.

Nyiranshimiyimana Diane ati “Ntaturutse mu rugo saa kumi n’imwe n’igice nikoreye ibasi y’imineke nyijyanye mu Bugarama. Ubu iyo haba umuhanda mba nateze ngatanga nk’amafaranga 500 nanjye nkaruhuka”.

Yambabariye cesalie nawe ati “Mvuye kurangura inyanya mu Bugarama , nakoze urugendo rw’amasaha 4. Ubu ndazinduka saa saba z’ijoro nzijyana i Ntendezi , ejo nzagenda amasaha 5 kugira ngo ngere yo”.

Nubwo bimeze gutyo, aba baturage bavuga ko buri mwaka baba biteze ko uyu muhanda ugiye gukorwa nk’uko bahora babibwirwa ku buryo bigeze aho bamwe ngo basigaye baryama bakawurota.

Nyiranshimiyimana ati “Ahubwo turara tunawurota. Buri munsi twumva ngo bagiye kuwukora tugategereza none dusaziye mu nzira.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke Mupenzi Narcisse wemeranya n’aba baturage ko kuba uyu muhanda udakoze ari imbogamizi ku iterambere ryabo, n’ubwo atavuga igihe uzakorerwa, avuga ko akarere kabaye kari gukora iby’ibanze mu gihe hategerejwe kuboneka k’ubushobozi bwo kuwukora.

Mayor Mupenzi ati “Ari abaturage ari akarere ari n’igihugu, dusangiye ko ari umuhanda udakoze neza. Hari gahunda rero turimo yo gukora inyigo. Kugira ngo igihe dushakisha ingengo y’imari tube nibura dufite ingengo y’imari igereranyije yawugendaho. Ariko icyo twavuga nanone ni uko tutavuga ngo uyu muhanda urakorwa igihe iki n’iki na cyane ko inyigo itararangira ngo tumenye ngo ni umuhanda watwara ingengo y’imari ingana iki, Dufite inyota yo kubona ingengo y’imari yo gukora uriya muhanda”.

Biteganywa ko mu bihe  bizaza uyu muhanda wa Ntendezi Karengera uhinguka muri Rusizi mu gice cy’ikibaya cya Bugarama uzakorwa ukanaba inzira ya bugufi ihinguka kuri Cimerwa bidasabye kunyura mu mujyi wa Rusizi bikanavana mu bwigunge abaturage bo muri Karengera ya Nyamasheke ndeste n’imirenge ya Rusizi bagorwa no kugera kuri kaburimbo.

Basaba ko umuhanda wakorwa bikoroshya ingendo zibagora

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 13 =

Previous Post

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

Next Post

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inyubako y'ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n'ibyarimo byose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.