• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere, ubukangurambaga bwa Ejo Heza na Gerayo Amahoro bwakomereje mu Karere ka Nyamasheke, buhuza abatwara abagenzi kuri Moto, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere.

Abamotari baganirijwe ku kamaro ko kuzigamira ahazaza binyuze muri gahunda ya Ejo Heza, ibafasha guteganyiriza ejo hazaza habo n’imiryango yabo. Banibukijwe kandi kwirinda amakosa ashobora guteza impanuka zo mu muhanda, kubahiriza amategeko y’umuhanda no kwirinda ibyaha.

Abamotari bagaragaje ko ubu bukangurambaga bubahaye ubumenyi bufatika bubafasha kurushaho gukora kinyamwuga, kurinda ubuzima bwabo n’ubw’abagenzi batwara, ndetse no guteganyiriza ejo hazaza heza.

Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga muri Ejo Heza, Kayumba Bernard, yibukije abamotari akamaro ko guteganyiriza ejo hazaza no kugira umuco wo kwizigamira hakiri kare.

Mu ijambo rye, yabasabye kudategereza izabukuru cyangwa ibihe bikomeye ngo babone gutangira kwizigamira, ahubwo ko bakwiye kubigira umuco wa buri munsi, n’iyo yaba ari amafaranga make. Yashimangiye ko kwizigamira muri Ejo Heza ari intambwe ikomeye yo kubaka ejo hazaza hizewe no kurinda imiryango yabo ibihe bitunguranye.

Yagize ati: “Kwizigamira si iby’abakozi ba Leta cyangwa abifite gusa; ni gahunda ya buri Munyarwanda wese ushaka ejo hazaza heza. N’iyo waba winjiza make, ushobora gutangira buhoro buhoro ukagera kuri byinshi.”

Yagarutse ku mwihariko wa Ejo Heza, agaragaza ko amafaranga umunyamuryango azigama yungukirwa inyungu ya 12%, bigatuma ayo yazigamye akomeza kwiyongera uko igihe kigenda. Yanibukije kandi ko mu gihe umunyamuryango yitabye Imana, amafaranga yose yazigamye ahabwa abazungura be hamwe n’inyungu yayo yose, bikarinda umuryango guhura n’ibibazo by’amikoro.

Mu rwego rwo gushishikariza abamotari kurushaho gusobanukirwa gahunda ya Ejo Heza, Kayumba Bernard yanatanze ibihembo ku bashubije neza ibibazo byabajijwe kuri iyi gahunda, ndetse anaha igihembo cy’umwihariko ku munyemuryango wizigamiye amafaranga menshi kurusha abandi. Ibi byashimangiye ko kwizigamira bishoboka kandi bigira inyungu ifatika.

Abamotari bishimiye ubutumwa bahawe n’ibihembo batashye, biyemeza gukomeza kwizigamira no gukangurira bagenzi babo kwitabira Ejo Heza, bagamije kubaka ejo hazaza heza no gutwara amahoro ku muhanda.

Ubukangurambaga bwa Ejo Heza burakomeje kandi buteganyijwe kugera mu turere twose tw’Igihugu, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose gusobanukirwa akamaro ko kwizigamira no guteganyiriza ejo hazaza habo. 

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Related Posts

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
03/07/2026
0

Mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, umusore yakubiswe na bagenzi be bari bamaze gusangira...

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Next Post
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abanyamakuru babiri bazwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda Hit na Ida bagiye gukora ubukwe

Kigali: Uko byagenze ngo bafatane mu mashati nyuma yo gusangira inzoga

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.