Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%

radiotv10by radiotv10
17/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ejo Heza yashimangiye umuco wo kwizigamira mu bamotari ku nyungu ya 12%
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere, ubukangurambaga bwa Ejo Heza na Gerayo Amahoro bwakomereje mu Karere ka Nyamasheke, buhuza abatwara abagenzi kuri Moto, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere.

Abamotari baganirijwe ku kamaro ko kuzigamira ahazaza binyuze muri gahunda ya Ejo Heza, ibafasha guteganyiriza ejo hazaza habo n’imiryango yabo. Banibukijwe kandi kwirinda amakosa ashobora guteza impanuka zo mu muhanda, kubahiriza amategeko y’umuhanda no kwirinda ibyaha.

Abamotari bagaragaje ko ubu bukangurambaga bubahaye ubumenyi bufatika bubafasha kurushaho gukora kinyamwuga, kurinda ubuzima bwabo n’ubw’abagenzi batwara, ndetse no guteganyiriza ejo hazaza heza.

Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga muri Ejo Heza, Kayumba Bernard, yibukije abamotari akamaro ko guteganyiriza ejo hazaza no kugira umuco wo kwizigamira hakiri kare.

Mu ijambo rye, yabasabye kudategereza izabukuru cyangwa ibihe bikomeye ngo babone gutangira kwizigamira, ahubwo ko bakwiye kubigira umuco wa buri munsi, n’iyo yaba ari amafaranga make. Yashimangiye ko kwizigamira muri Ejo Heza ari intambwe ikomeye yo kubaka ejo hazaza hizewe no kurinda imiryango yabo ibihe bitunguranye.

Yagize ati: “Kwizigamira si iby’abakozi ba Leta cyangwa abifite gusa; ni gahunda ya buri Munyarwanda wese ushaka ejo hazaza heza. N’iyo waba winjiza make, ushobora gutangira buhoro buhoro ukagera kuri byinshi.”

Yagarutse ku mwihariko wa Ejo Heza, agaragaza ko amafaranga umunyamuryango azigama yungukirwa inyungu ya 12%, bigatuma ayo yazigamye akomeza kwiyongera uko igihe kigenda. Yanibukije kandi ko mu gihe umunyamuryango yitabye Imana, amafaranga yose yazigamye ahabwa abazungura be hamwe n’inyungu yayo yose, bikarinda umuryango guhura n’ibibazo by’amikoro.

Mu rwego rwo gushishikariza abamotari kurushaho gusobanukirwa gahunda ya Ejo Heza, Kayumba Bernard yanatanze ibihembo ku bashubije neza ibibazo byabajijwe kuri iyi gahunda, ndetse anaha igihembo cy’umwihariko ku munyemuryango wizigamiye amafaranga menshi kurusha abandi. Ibi byashimangiye ko kwizigamira bishoboka kandi bigira inyungu ifatika.

Abamotari bishimiye ubutumwa bahawe n’ibihembo batashye, biyemeza gukomeza kwizigamira no gukangurira bagenzi babo kwitabira Ejo Heza, bagamije kubaka ejo hazaza heza no gutwara amahoro ku muhanda.

Ubukangurambaga bwa Ejo Heza burakomeje kandi buteganyijwe kugera mu turere twose tw’Igihugu, mu rwego rwo gufasha Abaturarwanda bose gusobanukirwa akamaro ko kwizigamira no guteganyiriza ejo hazaza habo. 

Emmanuel HAKIZIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − one =

Previous Post

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Next Post

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Related Posts

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

IZIHERUKA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe
MU RWANDA

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Nyamasheke: Umuhanda bijejwe bagaheba basigaye baryama bakawurota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.