• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Havutse Ishyaka ryiyemeje guhindura imitegekere muri Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyaka NEED ‘National Economic Empowerment Dialogue’ ryashinzwe na Joseph Kabuleta uheruka no kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, riravuga ko ryiyemeje guhindura imitegekere muri iki Gihugu.

Uyu munyapolitiki washinze iri shyaka yanenze ibikorwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni arimo muri iyi minsi byo gutaha ibikorwa bitandukanye byubakiwe abaturage, avuga ko ari ubuhendabana bugamije guhuma amaso Abanya-Uganda ngo bazongere bamutore mu matora y’umwaka utaha.

Joseph Kabuleta yavuze ko yiteguye guhangana na Perezida Museveni mu matora azaba umwaka utaha wa 2026, aho uyu Mukuru w’Igihugu yamaze kwemezwa nk’uzahagararira ishyaka rye.

Kabuleta yagize ati “Muri 2021 nariyamamaje, icyo gihe kwari nko kureba uko byifashe. Icyo nari ngamije ni ugutegura ibigezweho uyu munsi. Kirya gihe ntabwo nari niteguye gukora ibintu bikomeye, ariko kuri iyi nshuro mwe mutegereze muzabyibonera. Mu myaka itanu ishize twanyeganyeje Igihugu, kuri iyi nshuro bizaba bimeze nka tsunami.”

Perezida Museveni we iyo yagiye gufungura ku mugaragaro ibikorwa yubakiye abaturage; bamubwira ko bigiye guhindura imibereho yabo. Na we akabasaba kubibyaza umusaruro, akanababwira ko Guverinoma ye yashyizeho uburyo bwo gufasha imishinga y’urubyiruko, arusaba kwikura mu bukene rukoresheje ayo mahirwe.

Joseph Kabuleta abaye uwa kabiri utavuga rumwe n’ubutegetsi wiyemeje kuzahangana n’ishyaka riri kubutegetsi mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu mwaka utaha, nyuma ya Robert Kyagulanyi uzwi ku izina rya Bobi Wine, na we uvuga ko kuri iyi nshuro agomba kuzayobora Abanya-Uganda.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Turakubaha ariko ntitugutinya- Abatavuga rumwe na Perezida wa Kenya bakamejeje

Next Post

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Umutoza Seninga wikojeje muri Zambia bikanga yasubiye mu ikipe yo mu Rwanda yigeze kumuhagarika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.