Thursday, February 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
2
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ndagijimana Frodouard wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, akaza kwirukanwa bigakurikirwa n’impaka ndende, agasubizwa mu kazi agahabwa kuba Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, yandikiwe n’Umuyobozi w’aka Karere byavuzwe ko bafitanye ibibazo, amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwarire.

Ndagijimana Frodouard n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith baherutse kugarukwaho cyane, nyuma yuko uyu Muyobozi w’Akarere yasabwe inshuro zirenze ebyiri gusubiza mu kazi uyu wari Gitifu w’Umurenge, ariko akabera ibamba Komisiyo y’Igihugu y’Abakozi n’Umurimo, yabimusabaga.

Byagiye bivugwa ko aba bombi bashobora kuba bafitanye ibibazo, byatumaga uyu Muyobozi w’Akarere atifuza ko Ndagijimana Frodouard asubizwa mu kazi, ndetse hakaba n’abandi bavugaga ko hari imiziro yavugwaga kuri uyu wari Gitifu, itari gutuma akomeza kubera urugero abaturage.

Tariki 04 Ugushyingo 2024, uyu Ndagijimana Frodouard yahawe ibaruwa isubizwa mu kazi nyuma yo kwiyambaza Komisiyo y’Umurimo n’Abakozi, ariko kuri uwo munsi ahita ahabwa indi imumenyesha ko yasubijwe mu kazi ariko yahinduriwe inshingano, aho yari yagizwe Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, bivuze ko yahawe kugira inama Umuyobozi w’Akarere batajya imbizi.

Ubu hagaragaye ibaruwa, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith yahise yandikira Ndagijimana Frodouard amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwaerire yagaragaje akiri Gitifu.

Iyi baruwa bigaraga ko yanditswe tariki 07 Ugushyingo nyuma y’iminsi ibiri gusa ahawe izi nshingano nshya, igaragaza impamvu ivuga ko ari “Gusabwa ibisobanuro mu nyandiko ku makosa y’imyitwarire akuvugwnho igihe wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.”

Mukanyirigira Judith wabanje kugaragaza ingingo z’amategeko ashingiraho, yagize ati “Ndagusaba gutanga ibisobanuro ku makosa akurikira: Ikosa ryo gukoresha nabi ububasha wahawe ugategeka umukozi witwa UWIMANA Francoise, umukozi shinzwe irangamimerere na Notariya mu Murenge wa Mbogo guhindura amazina ya

MUSENGAYEZU Sankara akitwa USENGA Thomas Sankara, ntacyo ushingiyeho ubitewe gusa n’umubano wihariye wari ufitanye n’uwasabye serivisi ari we USENGA Thomas Sankara w’imyaka cumi n’itanu;

Kuba warakoresheje umwanya w’umurimo mu nyungu zawe bwite ugamije kunoza umubano wihariye wari ufitanye na USENGA Thomas Sankara.”

Umuyobozi w’Akarere agakomeza muri iyi baruwa agira ati “Urasabwa gutanga ibisobanuro mu nyandiko kuri ayo makosa mu gihe kitarenze iminsi itanu uhereye igihe uboneye iyi baruwa.”

Hari amakuru avuga ko nubwo uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa yahawe kuba Umujyanama wa Meya batajya imbizi, badakorana neza.

RADIOTV10

Comments 2

  1. SIBOMANA Jean Damascene says:
    1 year ago

    Buriya ikigihugu cyacu ,harabantu bumvako bafatishije ,uyu mayor wa rulindo nawe arigukoresha ububasha afite munyungu ze bwite kugirango ahutaze umukozi , hari hakwiye gufatwa icyemezo gikwiye kumuyobozi uhoza umukozi kunkeke.

    Reply
  2. XXXX says:
    1 year ago

    Ariko se da!!!
    Nshimye Gitifu yarakoze amakosa.
    Uyu mu mayor we, ko ndeba ari akasamutwe, harya we ubu arifuza iki!
    Sinzi igihe yagereye murwanda,ariko mubigaragara ntago yarubagamo. Nta nubwo aho yabaga yakurikiranaga amakuru y’u Rwanda. Iyo ayakurikira, aba afite amakuru byibura make kumpanuro za Mzehe.
    Ubu se akomeye kuruta BINAGWAHO???!!!

    Nihitiraga.

    Reply

Leave a Reply to XXXX Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − six =

Previous Post

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Next Post

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

by radiotv10
26/02/2026
0

Umugore uherutse kugaragara mu mashusho ari gukubitira umugabo we inshyi n’umugeri mu ruhame, byemejwe ko yafatiwe mu Murenge wa Ndera...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

by radiotv10
26/02/2026
0

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 164 ziturutse muri Libya, zatumye umubare w’izimaze kwakirwa kuva mu mwaka wa 2019 ugera mu...

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi ziturutse muri Libya zituma abamaze kwakirwa bose bagera mu 2.700

Eng.-Rwanda receives 164 additional refugees evacuated from Libya

by radiotv10
26/02/2026
0

Rwanda has received 164 additional refugees evacuated from Libya, bringing the total number of refugees welcomed since 2019 to 2,760....

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

by radiotv10
25/02/2026
0

Nizeyimana Didier uzwi nka Muchoma na Barafinda Sekikubo Fred na bagenzi babo baregwa ibyaha birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha ashobora guteza...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Abanyarwanda baba mu mahanga bamazwe impungenge z’uburyo bazabona Indangamuntu Nkoranabuhanga

by radiotv10
25/02/2026
0

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, yatangaje ko Abanyarwanda baba mu mahanga bazajya gutanga ibimenyetso ndangamiterere kuri za Ambasade z’u...

IZIHERUKA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze
AMAHANGA

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

by radiotv10
26/02/2026
0

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

26/02/2026
Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

26/02/2026
Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

Umunyamakuru w’imyidagaduro Uncle Austin yemeje ko yasezeye

26/02/2026
Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Hemejwe ifatwa ry’umugore wagaragaye akubitira umugabo inshyi n’umugeri imbere y’abantu muri Kigali

26/02/2026
Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

Hamenyekanye Ibihugu bya mbere bya Afurika Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi agiye kugiriramo uruzinduko

26/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa amakuru y’uko igitero cya drone cyahitanye Willy Ngoma cyagenze

Umukinnyikazi wa Filimi ugezweho mu Rwanda Nyambo yagaragaje ibihe byiza arimo mu mahanga

Amakuru yamenyekanye ku gitero cyahitanye Willy Ngoma wa AFC/M23  n’ukuri ku byavuzwe kuri Gen.Makenga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.