Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko hatangajwe ko indege ya gisirikare yari itwaye abantu 10 barimo Visi Perezida wa Malawi, Saulos Klaus Chilima; yaba yakoreye impanuka mu ishyamba riri mu majyaruguru y’Igihugu, iyi ndege yaje kuboneka yasandaye ndetse abari bayirimo bose bapfuye, hahita hatangazwa umunsi w’icyunamo mu Gihugu hose.

Aya makuru yemejwe na Perezida wa Malawi, Lazarus Chakwera, mu kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2024, nyuma y’uko ibikorwa byo gushakisha iyi ndege byari byaramutse bikomeje.

Umubaga Mukuru w’Ingabo za Malawi, Gen Paul Valentino Phiri; mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yari yavuze ko bikekwa ko iyi ndege ya Gisirikare yakoreye impanuka mu ishyamba rya Chikangawa riherereye mu majyaruguru y’Igihugu, gusa ibikorwa byo kuyishakisha bikaba byari byakomeje kugorana kubera igihu cyari gitwikiriye iri shyamba.

Nyuma y’uko ibi bitangajwe, Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Malawi, byemeje urupfu rw’abantu 10 bari bari muri iyi ndege.

Iri tangazo riviga ko “Indege yari itwaye Visi Perezida nyakwigendera Dr Saulos Klaus Chilima, yabonetse mu ishyamba rya Chikangawa muri iki gitondo. Ku bw’ibyago, abari bayirimo bose bitabiye Imana muri iyi mpanuka.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Perezida yatangaje umunsi w’icyunamo mu Gihugu cyose, kandi yategetse ko amabendera yose yururutswa muri kimwe cya kabiri guhera uyu munsi kugeza ku munsi wo gushyingura.”

Perezida wa Malawi, Chakwera yatangaje kandi ko mu baburiye ubuzima muri iyi mpanuka, harimo Dzimbiri, wahoze ari Madamu w’uwahoze ari Perezida w’Igihugu, Bakili Muluzi.

Itsinda ry’abantu bari bari muri iyi ndege yakoze impanuka, ryari rigiye mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Minisitiri muri Guverinoma ya Malawi. Batatu mu bari muri iyi ndege, ni abo mu gisirikare bari batwaye iyi ndege ya gisirikare.

Nyakwigendera Saulos Klaus Chilima, yari Visi Perezida wa Malawi kuva mu mwaka wa 2020, akaba yari mu bakandida bahataniraga umwanya wa Perezida mu matora ya 2019, aho yari yegukanye amajwi y’umwanya wa gatatu.

Iyi ndege ya gisirikare yabonetse yashwanyukiye mu ishyamba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − twelve =

Previous Post

Hatowe icyemezo gishobora gushyira akadomo ku ntambara imaze guhitana abarenga 37.000

Next Post

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.