Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, Hon. Mureshyankwano Marie Rose yagaragarije abatuye tumwe mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo, impamvu bakwiye kuzahundagazaho amajwi Umukandida w’uyu Muryango mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, zirimo ibyo yabagejejeho bari barakumiriweho n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere.

Yabitangaje mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi cyabereye mu Karere ka Muhanga, cyitabiriwe n’abaturutse mu Turere bihana imbibi nka Kamonyi na Ruhango.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano, yavuze ko ibigwi bya Chairman wa FPR-Inkotanyi ari byinshi, kandi ko abatuye utu Turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, ari abahamya babyo.

Yavuze ko Abanyarwanda bamaze imyaka 30 nta muntu n’umwe ujyenda mu muhanda ngo abazwe irangamuntu, cyangwa abuzwe gukomeza urugendo n’agace akomokamo nk’uko byakorwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayikora.

Senateri Mureshyankwano kandi yagarutse ku mpamvu nyinshi zikwiye gutuma batora Perezida Paul Kagame wabagejeje kuri byinshi bari barimwe n’ubutegetsi bwari bwarimakaje irondabwoko n’irondakarere.

Ati “Reka mpere mu Ndiza, aho abantu bajyendaga urugendo n’amaguru, bavayo berecyeza mu mujyi wa Muhanga, bakahagenda amasaha umunani, none ubu umuhanda urakoze, bagerayo ari ukunyaruka.”

Nanone kandi ubu bafite Ibitaro bya Nyabikenke. Ati “Ariko ntiyibagiwe n’amashuri, mu Ndiza hari ishuri ry’icyitegererezo ry’imyuga.

Ibikowa Remezo nabyo birigaragaza, birimo imihanda ya kaburimbo yakozwe muri utu Turere twa Muhanga, Ruhango na Kamonyi.

Ati “Nyakubahwa Chairman ni Imana koko yamuduhaye, yaricaye aratekereza aravuga ati ‘ariko abaturage bo mu Mayaga buriya babayeho bate?’ imyumbati yari yacitse yarangiye, adushakira imbuto…Imbuto z’indobanure z’imyumbati.

Ariko ntiyarekeye aho, aravuga ati ‘Abanyaruhango bakeneye no gukirigita ifaranga, abantu bo mu Mayaga bagomba kugira amafaranga, abazanira umushinga witwa ‘Amayaga Atoshye [Green Amayaga].”

Amazi meza mu Turere tunyuranye nka Kamonyi, yari ikibazo gikomeye ndetse agatuma bamwe bahasiga ubuzima ubwo bajyaga kuvoma mu mugezi wa Nyabarongo, none ubu byararangiye, ubu baranywa amazi meza.

Ati “Buriya ingona zari zitumereye nabi zirya abaturage kubera kujya kuvoma ibiziba mu migezi, ariko yaduhaye amazi, nta muntu ukiribwa n’ingona. Tuzatora nde?” Abaturage bati “Paul Kagame.”

Mu mashanyarazi, Hon. Mureshyankwano yagarutse ku mvugo yavugwaga n’ubutegetsi bwa mbere ya Jenoside bwavugaga ko adashobora kwambuka Nyabarongo, ati “Ariko ibidashoboka, Kagame yarabishoboye.”

Ku iterambere ry’abari n’abategarugori, na bo ubwabo ni abahamya bo kuvuga ibyiza by’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame washyize imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, ubu abagore bakaba bafite ijambo.

By’umwihariko ku bagore bafite byinshi bavuga, kuko ubu nta mugore ukibyarira mu rugo, hubakwa inzu y’ababyeyi y’icyitegererezo mu Gihugu hose iri i Kabgayi ishobora kwakira ababyeyi barenga 400. Ati “Nimubyare nababwira iki. Muzatora nde?” Abaturage bagasubiza bagira bati “Paul Kagame.”

Hon. Mureshyankwano, yahise aha ijambo Perezida Paul Kagame bari banyotewe no kumva impanuro ze, aho bose bahise bamwakirana urugwiro bagira bati “Turagukunda, turagukunda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + thirteen =

Previous Post

Amagambo aryohera ya Perezida Museveni wavuze imyato Madamu we amwifuriza isabukuru nziza

Next Post

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

by radiotv10
30/10/2025
0

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.