Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, Hon. Mureshyankwano Marie Rose yagaragarije abatuye tumwe mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo, impamvu bakwiye kuzahundagazaho amajwi Umukandida w’uyu Muryango mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, zirimo ibyo yabagejejeho bari barakumiriweho n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere.

Yabitangaje mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi cyabereye mu Karere ka Muhanga, cyitabiriwe n’abaturutse mu Turere bihana imbibi nka Kamonyi na Ruhango.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano, yavuze ko ibigwi bya Chairman wa FPR-Inkotanyi ari byinshi, kandi ko abatuye utu Turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, ari abahamya babyo.

Yavuze ko Abanyarwanda bamaze imyaka 30 nta muntu n’umwe ujyenda mu muhanda ngo abazwe irangamuntu, cyangwa abuzwe gukomeza urugendo n’agace akomokamo nk’uko byakorwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayikora.

Senateri Mureshyankwano kandi yagarutse ku mpamvu nyinshi zikwiye gutuma batora Perezida Paul Kagame wabagejeje kuri byinshi bari barimwe n’ubutegetsi bwari bwarimakaje irondabwoko n’irondakarere.

Ati “Reka mpere mu Ndiza, aho abantu bajyendaga urugendo n’amaguru, bavayo berecyeza mu mujyi wa Muhanga, bakahagenda amasaha umunani, none ubu umuhanda urakoze, bagerayo ari ukunyaruka.”

Nanone kandi ubu bafite Ibitaro bya Nyabikenke. Ati “Ariko ntiyibagiwe n’amashuri, mu Ndiza hari ishuri ry’icyitegererezo ry’imyuga.

Ibikowa Remezo nabyo birigaragaza, birimo imihanda ya kaburimbo yakozwe muri utu Turere twa Muhanga, Ruhango na Kamonyi.

Ati “Nyakubahwa Chairman ni Imana koko yamuduhaye, yaricaye aratekereza aravuga ati ‘ariko abaturage bo mu Mayaga buriya babayeho bate?’ imyumbati yari yacitse yarangiye, adushakira imbuto…Imbuto z’indobanure z’imyumbati.

Ariko ntiyarekeye aho, aravuga ati ‘Abanyaruhango bakeneye no gukirigita ifaranga, abantu bo mu Mayaga bagomba kugira amafaranga, abazanira umushinga witwa ‘Amayaga Atoshye [Green Amayaga].”

Amazi meza mu Turere tunyuranye nka Kamonyi, yari ikibazo gikomeye ndetse agatuma bamwe bahasiga ubuzima ubwo bajyaga kuvoma mu mugezi wa Nyabarongo, none ubu byararangiye, ubu baranywa amazi meza.

Ati “Buriya ingona zari zitumereye nabi zirya abaturage kubera kujya kuvoma ibiziba mu migezi, ariko yaduhaye amazi, nta muntu ukiribwa n’ingona. Tuzatora nde?” Abaturage bati “Paul Kagame.”

Mu mashanyarazi, Hon. Mureshyankwano yagarutse ku mvugo yavugwaga n’ubutegetsi bwa mbere ya Jenoside bwavugaga ko adashobora kwambuka Nyabarongo, ati “Ariko ibidashoboka, Kagame yarabishoboye.”

Ku iterambere ry’abari n’abategarugori, na bo ubwabo ni abahamya bo kuvuga ibyiza by’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame washyize imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, ubu abagore bakaba bafite ijambo.

By’umwihariko ku bagore bafite byinshi bavuga, kuko ubu nta mugore ukibyarira mu rugo, hubakwa inzu y’ababyeyi y’icyitegererezo mu Gihugu hose iri i Kabgayi ishobora kwakira ababyeyi barenga 400. Ati “Nimubyare nababwira iki. Muzatora nde?” Abaturage bagasubiza bagira bati “Paul Kagame.”

Hon. Mureshyankwano, yahise aha ijambo Perezida Paul Kagame bari banyotewe no kumva impanuro ze, aho bose bahise bamwakirana urugwiro bagira bati “Turagukunda, turagukunda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 9 =

Previous Post

Amagambo aryohera ya Perezida Museveni wavuze imyato Madamu we amwifuriza isabukuru nziza

Next Post

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.