Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hon.Mureshyankwano yibukije abo mu Mayaga impamvu badakwiye kuzajijinganya mu gutora Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, Hon. Mureshyankwano Marie Rose yagaragarije abatuye tumwe mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo, impamvu bakwiye kuzahundagazaho amajwi Umukandida w’uyu Muryango mu Matora y’Umukuru w’Igihugu, zirimo ibyo yabagejejeho bari barakumiriweho n’ubutegetsi bubi bwabayeho mbere.

Yabitangaje mu gikorwa cyo kwamamaza Umukandida wa FPR-Inkotanyi cyabereye mu Karere ka Muhanga, cyitabiriwe n’abaturutse mu Turere bihana imbibi nka Kamonyi na Ruhango.

Hon. Marie Rose Mureshyankwano, yavuze ko ibigwi bya Chairman wa FPR-Inkotanyi ari byinshi, kandi ko abatuye utu Turere twa Muhanga, Kamonyi na Ruhango, ari abahamya babyo.

Yavuze ko Abanyarwanda bamaze imyaka 30 nta muntu n’umwe ujyenda mu muhanda ngo abazwe irangamuntu, cyangwa abuzwe gukomeza urugendo n’agace akomokamo nk’uko byakorwaga n’ubutegetsi bubi bwabayeho bwateguye Jenoside yakorewe Abatutsi bukanayikora.

Senateri Mureshyankwano kandi yagarutse ku mpamvu nyinshi zikwiye gutuma batora Perezida Paul Kagame wabagejeje kuri byinshi bari barimwe n’ubutegetsi bwari bwarimakaje irondabwoko n’irondakarere.

Ati “Reka mpere mu Ndiza, aho abantu bajyendaga urugendo n’amaguru, bavayo berecyeza mu mujyi wa Muhanga, bakahagenda amasaha umunani, none ubu umuhanda urakoze, bagerayo ari ukunyaruka.”

Nanone kandi ubu bafite Ibitaro bya Nyabikenke. Ati “Ariko ntiyibagiwe n’amashuri, mu Ndiza hari ishuri ry’icyitegererezo ry’imyuga.

Ibikowa Remezo nabyo birigaragaza, birimo imihanda ya kaburimbo yakozwe muri utu Turere twa Muhanga, Ruhango na Kamonyi.

Ati “Nyakubahwa Chairman ni Imana koko yamuduhaye, yaricaye aratekereza aravuga ati ‘ariko abaturage bo mu Mayaga buriya babayeho bate?’ imyumbati yari yacitse yarangiye, adushakira imbuto…Imbuto z’indobanure z’imyumbati.

Ariko ntiyarekeye aho, aravuga ati ‘Abanyaruhango bakeneye no gukirigita ifaranga, abantu bo mu Mayaga bagomba kugira amafaranga, abazanira umushinga witwa ‘Amayaga Atoshye [Green Amayaga].”

Amazi meza mu Turere tunyuranye nka Kamonyi, yari ikibazo gikomeye ndetse agatuma bamwe bahasiga ubuzima ubwo bajyaga kuvoma mu mugezi wa Nyabarongo, none ubu byararangiye, ubu baranywa amazi meza.

Ati “Buriya ingona zari zitumereye nabi zirya abaturage kubera kujya kuvoma ibiziba mu migezi, ariko yaduhaye amazi, nta muntu ukiribwa n’ingona. Tuzatora nde?” Abaturage bati “Paul Kagame.”

Mu mashanyarazi, Hon. Mureshyankwano yagarutse ku mvugo yavugwaga n’ubutegetsi bwa mbere ya Jenoside bwavugaga ko adashobora kwambuka Nyabarongo, ati “Ariko ibidashoboka, Kagame yarabishoboye.”

Ku iterambere ry’abari n’abategarugori, na bo ubwabo ni abahamya bo kuvuga ibyiza by’imiyoborere ya Perezida Paul Kagame washyize imbere uburinganire n’ubwuzuzanye, ubu abagore bakaba bafite ijambo.

By’umwihariko ku bagore bafite byinshi bavuga, kuko ubu nta mugore ukibyarira mu rugo, hubakwa inzu y’ababyeyi y’icyitegererezo mu Gihugu hose iri i Kabgayi ishobora kwakira ababyeyi barenga 400. Ati “Nimubyare nababwira iki. Muzatora nde?” Abaturage bagasubiza bagira bati “Paul Kagame.”

Hon. Mureshyankwano, yahise aha ijambo Perezida Paul Kagame bari banyotewe no kumva impanuro ze, aho bose bahise bamwakirana urugwiro bagira bati “Turagukunda, turagukunda.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − nine =

Previous Post

Amagambo aryohera ya Perezida Museveni wavuze imyato Madamu we amwifuriza isabukuru nziza

Next Post

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Kubana mu nzu imwe ari imiryango myinshi bituma hari iby’ingenzi batisanzuraho nk’ibyo mu buriri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.