Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa zagaragaje ubudasa bwatumye zikomeza kuzuza inshingano, anagaragaza umwihariko wazo kuva u Rwanda rwatangira kwiyubaka.

Lt Gen Mohan Subramanian yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyibanze ku kazi k’Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

Yavuze ko mu basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, umubare munini ari ab’u Rwanda, kandi ko ubwinshi bwabo ari bwo bwatumye ubu butumwa bukomeza kugera ku ntego.

Yagize ati “Ubudasa bwazo bufite igisobanuro gikomeye. Ni iki cyihariye ku Ngabo z’u Rwanda? Ni uko mu gihe gito cyane Igihugu (u Rwanda) cyongeye kwiyubaka, nyuma yo mu 1994, Ingabo z’u Rwanda zibanze mu kubaka ubunyamwuga ku rwego rwo hejuru.”

Yavuze ko ubunyamwuga bw’Ingabo z’u Rwanda bugaragazwa n’imikorere yazo kuva ku basirikare bato kugeza ku bo ku rwego rwo hejuru.

Ati “Abofisiye n’abasirikare bato, batojwe kinyamwuga kandi neza, baba bumva neza ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye nk’abagira uruhare runini muri bwo, dore ko ari bo benshi muri ubu butumwa.”

Lt Gen Mohan Subramanian avuga kandi ko akurikije amateka u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rwariyemeje ko atazongera kwisubiramo ukundi ndetse no gutabara aho itutumba, abona iyi mvugo ari yo ngiro.

Ati “Ni ingabo zigaragaza ubushake ku buryo bigaragaza ko ibyo u Rwanda rwanyuzemo, baharanira ko hatagira ahandi biba, kandi ndakeka ari cyo Gihugu cyonyine gifite itegeko rijyanye no kubungabunga amahoro ku Isi, umuhate n’imbaraga mu kuyabungabunga, bishimangira ubunyamwuga bw’inzi Ngabo z’u Rwanda.”

Ingabo z’u Rwanda zimaze imyaka 20 zitangiye ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zikomeje kugaragara no mu bikorwa binyuranye by’imibereho myiza y’abaturage, aho zamaze no gutangizayo ibikorwa bisanzwe bizwi nk’umwihariko mu Rwanda, birimo Umuganda ndetse n’ubuvuzi.

Lt Gen Mohan Subramanian yashimye Ingabo z’u Rwanda

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.