• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa zagaragaje ubudasa bwatumye zikomeza kuzuza inshingano, anagaragaza umwihariko wazo kuva u Rwanda rwatangira kwiyubaka.

Lt Gen Mohan Subramanian yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyibanze ku kazi k’Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

Yavuze ko mu basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, umubare munini ari ab’u Rwanda, kandi ko ubwinshi bwabo ari bwo bwatumye ubu butumwa bukomeza kugera ku ntego.

Yagize ati “Ubudasa bwazo bufite igisobanuro gikomeye. Ni iki cyihariye ku Ngabo z’u Rwanda? Ni uko mu gihe gito cyane Igihugu (u Rwanda) cyongeye kwiyubaka, nyuma yo mu 1994, Ingabo z’u Rwanda zibanze mu kubaka ubunyamwuga ku rwego rwo hejuru.”

Yavuze ko ubunyamwuga bw’Ingabo z’u Rwanda bugaragazwa n’imikorere yazo kuva ku basirikare bato kugeza ku bo ku rwego rwo hejuru.

Ati “Abofisiye n’abasirikare bato, batojwe kinyamwuga kandi neza, baba bumva neza ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye nk’abagira uruhare runini muri bwo, dore ko ari bo benshi muri ubu butumwa.”

Lt Gen Mohan Subramanian avuga kandi ko akurikije amateka u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rwariyemeje ko atazongera kwisubiramo ukundi ndetse no gutabara aho itutumba, abona iyi mvugo ari yo ngiro.

Ati “Ni ingabo zigaragaza ubushake ku buryo bigaragaza ko ibyo u Rwanda rwanyuzemo, baharanira ko hatagira ahandi biba, kandi ndakeka ari cyo Gihugu cyonyine gifite itegeko rijyanye no kubungabunga amahoro ku Isi, umuhate n’imbaraga mu kuyabungabunga, bishimangira ubunyamwuga bw’inzi Ngabo z’u Rwanda.”

Ingabo z’u Rwanda zimaze imyaka 20 zitangiye ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zikomeje kugaragara no mu bikorwa binyuranye by’imibereho myiza y’abaturage, aho zamaze no gutangizayo ibikorwa bisanzwe bizwi nk’umwihariko mu Rwanda, birimo Umuganda ndetse n’ubuvuzi.

Lt Gen Mohan Subramanian yashimye Ingabo z’u Rwanda

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − eleven =

Previous Post

Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.