Thursday, November 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Lt Gen Mohan Subramanian yavuze ko Ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa zagaragaje ubudasa bwatumye zikomeza kuzuza inshingano, anagaragaza umwihariko wazo kuva u Rwanda rwatangira kwiyubaka.

Lt Gen Mohan Subramanian yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira 2024 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru cyibanze ku kazi k’Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

Yavuze ko mu basirikare bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, umubare munini ari ab’u Rwanda, kandi ko ubwinshi bwabo ari bwo bwatumye ubu butumwa bukomeza kugera ku ntego.

Yagize ati “Ubudasa bwazo bufite igisobanuro gikomeye. Ni iki cyihariye ku Ngabo z’u Rwanda? Ni uko mu gihe gito cyane Igihugu (u Rwanda) cyongeye kwiyubaka, nyuma yo mu 1994, Ingabo z’u Rwanda zibanze mu kubaka ubunyamwuga ku rwego rwo hejuru.”

Yavuze ko ubunyamwuga bw’Ingabo z’u Rwanda bugaragazwa n’imikorere yazo kuva ku basirikare bato kugeza ku bo ku rwego rwo hejuru.

Ati “Abofisiye n’abasirikare bato, batojwe kinyamwuga kandi neza, baba bumva neza ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye nk’abagira uruhare runini muri bwo, dore ko ari bo benshi muri ubu butumwa.”

Lt Gen Mohan Subramanian avuga kandi ko akurikije amateka u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rukaba rwariyemeje ko atazongera kwisubiramo ukundi ndetse no gutabara aho itutumba, abona iyi mvugo ari yo ngiro.

Ati “Ni ingabo zigaragaza ubushake ku buryo bigaragaza ko ibyo u Rwanda rwanyuzemo, baharanira ko hatagira ahandi biba, kandi ndakeka ari cyo Gihugu cyonyine gifite itegeko rijyanye no kubungabunga amahoro ku Isi, umuhate n’imbaraga mu kuyabungabunga, bishimangira ubunyamwuga bw’inzi Ngabo z’u Rwanda.”

Ingabo z’u Rwanda zimaze imyaka 20 zitangiye ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zikomeje kugaragara no mu bikorwa binyuranye by’imibereho myiza y’abaturage, aho zamaze no gutangizayo ibikorwa bisanzwe bizwi nk’umwihariko mu Rwanda, birimo Umuganda ndetse n’ubuvuzi.

Lt Gen Mohan Subramanian yashimye Ingabo z’u Rwanda

Yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − four =

Previous Post

Umuyapanikazi wibiwe muri Kigali yavuze ko ibyakozwe na Polisi byarushijeho kumukundisha u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.