Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida

radiotv10by radiotv10
18/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Amakuru agezweho muri Kenya nyuma yo kweguza Visi Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya ari we Kithure Kindiki, nyuma yuko uwari uri kuri izi nshingano, Rigathi Gachagua yegujwe.

Rigathi Gachagua yegujwe n’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abasenateri mu Nteko rusange yateranye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira, aho 2/3 by’abagize Sena batoye icyemezo cyo kumweguza.

Amakuru yatangajwe muri iki gitondo, ni uko Perezida William Ruto yagennye Kithure Kindiki nka Visi Perezida mushya, akaba yashyikirije Inteko Ishinga Amategeko izina rye.

Biteganyijwe ko abagize Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, bagomba gutora icyemezo cyo kwemeza Kindiki wagize imyanya inyuranye irimo kuba yarabaye Umusenateri.

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Moses Wetang’ula yatangaje ko yakiriye iri shyirwaho rya Visi Perezida mushya.

Yagize ati “Nakiriye ubutumwa bwa Perezida bwo gushyira Professor Kithure Kindiki ku mwanya wa Visi Perezida wa Kenya.”

Itegeko Nshinga rya Kenya riteganya ko iyo Perezida yashyize mu nshingano umuyobozi abimenyesheje Inteko Ishinga Amategeko, abayigize bagomba gutora bemeza cyangwa banga uwashyizweho, ariko ko bikaba bidasabwa ubwiganze bwa 2/3.

Kithure Kindiki washyizweho nka Visi Perezida mushya wa Kenya, namara kwemeza n’Inteko Ishinga Amategeko, azarahirira izi nshingano.

Uyu munyapolitiki usimbuye mugenzi we ushinjwa ibyaha birimo ivangura rishingiye ku bwoko, yagize imyanya inyuranye irimo kuba yari Umunyamabanga wa Leta w’Umutekano w’Imbere yari amazeho imyaka ibiri, aho mbere yabaye Umusenateri muri manda ebyiri z’imyaka 10, aho yari ahagarariye agace k’iwabo ka Tharaka Nithi.

Kithure Kindiki wagizwe Visi Perezida mushya wa Kenya ari kumwe na William Ruto
Rigathi Gachagua yegujwe na Sena atabashije kubanza kwisobanura

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + twenty =

Previous Post

Hongeye kugaragazwa amasomo izindi ngabo zikwiye kwigira ku z’u Rwanda

Next Post

Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Ibyo kumenya mbere y’ibirori by’igare Abanya-Kirehe bagiye kongera kwihera ijisho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.