Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Mirenge wa Mukura na Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko abashumba b’inka babarembeje, aho barema amatsinda bakajya kwahira imyaka yabo kugira ngo babone ubwatsi bw’amatungo yabo, ndetse hagira ubavuga bakamwadukira bakamukubita.

Aba baturage bavuga ko atari rimwe atari na kabiri, abashumba birara mu mirima yabo bakahira imyaka baba barahinze, ubundi bakajya kugaburira inka.

Umwe ati “Nk’ubu nari mfite imigozi y’ibijumba mu murima wanjye barayahira bayimaraho. Ikibazo  niuko iyo unabonye aba bashumba bakugirira nabi baba bafite ibyuma bakoresha bahira bakakubwira ko nubegera babigukebesha.”

Bavuga ko aba bashumba bakora ibi biremye udutsiko ku buryo n’ubabonye agira ubwoba, akabareka bakahira imyaka ye.

Undi ati “Ni abasore bigira nka batanu bakirema agatsiko ku buryo baza bakahira, wavuga bakagukata na nanjoro. Abenshi baza nijoro bakarara bahira imyaka, iyo muhuriye mu murima aragukeba. Bikunze kugaragara cyane hari n’abo baherutse gukomeretsa.”

Aba baturage bavuga ko imyaka ikunze kwahirwa n’aba bashumba, ari imigozi y’ibijumba ndetse n’imiceri, n’indi myaka yose iribwa n’amatungo.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, ange Sebutege; avuga ko iki kibazo koko kigeze kugaragara muri aka gace, ubuyobozi bukakinjiramo kugira ngo gikemuke.

Ati “Habayeho guhuza abaturage ari abashumba ndetse na ba nyiri amatungo kubereka ikibazo cy’urugomo ndetse n’icyo amategeko ategegeka ababigaragaweho, n’abagomba kubibazwa ko ari abakoresha babo bashumba.”

Yakomeje agira ati “Hanafashwe ingamba zo kuzajya hagenwa ibyangiritse bikaba byakwishyurwa, no gukurikirana abakoze urugomo bagahanwa hakurikijwe amategeko.”

Aba bahinzi bavuga ko iki kibazo uko igihe kigenda gishira kigenda gifata indi ntera dore ko aba bashumba, uretse kwahirira amatungo imyaka y’abaturage banarara bagenda, ku buryo hari n’igihe bambura abo bahuye na bo.

Imigozi y’ibijumba iri mu myaka yibasiwe
Abaturage bavuga ko bahangayitse kubera iyi myitwarire y’abashumba

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Next Post

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje
FOOTBALL

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko Urwego rwa Leta rwinjiye mu bibazo bya Rayon indi kipe yarwiyambaje

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.