Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yahererekanyije ububasha bwo kuyobora Commonwealth avuga icyo byari bisobanuye ku Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wari umaze imyaka ibiri ari Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yarangije manda ye, avuga ko byari iby’agaciro ku Gihugu cy’u Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu Nama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize uyu Muryango iteraniye muri Samoa.

Ni inama ibaye ikurikira iyabereye mu Rwanda muri 2022, yanasize u Rwanda ari rwo ruyoboye uyu Muryango wa Commonwealth muri manda y’imyaka ibiri.

Perezida Paul Kagame, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye iyi nama iri kubera muri Samoa, yavuze ko “Byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Igihugu kiyoboye uyu Muryango muri iyi myaka ibiri ishize.”

Yaboneyeho kandi gushimira no kwifuriza ishya n’ihirwe, Minisitiri w’Intebe wa Samoa, Fiamē Naomi Mata’afa wamusimbuye kuri izi nshingano, ati “ndakwifuriza kuzesa imihigo nk’Umuyobozi Mukuru.”

Yaboneyeho kandi kwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gutanga umusanzu warwo mu buzima no mu kugera ku ntego z’uyu Muryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza.

Yanashimiye kandi Umunyamabana Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland ku nshingano ze yujuje neza mu miyoborere ye.

Igihugu cya Samoa kandi kibaye icya mbere cyo mu Birwa bya Pacific cyakiriye iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Commonwealth.

Perezida Kagame yavuze ko “Ibi biziye igihe cy’ingingo itureba. Igipimo cy’ubushyuhe kirakomeza kuzamuka, kandi nk’Ibihugu by’Ibirwa bito muri Pacific na Caribbe, ibi bifite icyo bisobanuye mu guhangana na bwo.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze kandi ko uyu mutwaro, usangiwe n’Imigabane yombi ya Afurika na Asia.

Ati “Bibiri bya gatatu by’Ibihugu bito ku Isi, ni ibinyamuryango bya Commonwealth. Ntabwo dushobora kwirengagiza amajwi y’abakomeje kwikorera umutwaro w’iki kibazo, kandi ntabwo bigomba kwingingira inkunga yacu.”

Yavuze ko mu gihe hategerejwe inama ya COP-29 izaba mu byumweru bicye biri imbere, Ibihugu bigize Commonwealth bikwiye gutanga urugero rwiza mu guhangana n’ibikomeza guteza imihindagurikire y’ikirere, bikarushaho gushyira mu bikorwa ibyo byagiye bisesezeranya muri uru rugendo.

Yasabye ibi Bihugu kandi gukomeza gushyigikira Gahunda ya Sustainable Markets Initiative yatangijwe n’Umwami w’u Bwongereza, Charles III, nk’igishushanyo mbonera cy’imikoranire mu ishoramari ritangiza ibidukikije, binyujijwe mu muryango wa Commonwealth.

Yavuze ko kugira ngo intego zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere zigerweho, zikwiye gushorwamo imari n’Ibihugu bikize.

Yanagarutse kandi ku bikorwa bigomba gushyirwamo imbaraga kugira ngo abatuye Ibihugu bigize Commonwealth barusheho gutera imbere no kugira imibereho myiza, avuga ko hakenewe gushorwa imari mu mirimo y’ikoranabuhanga izamura abagore n’urubyiruko.

Ati “Tugomba gukomeza guhanga amaso amahirwe ari mu guhanga udushya mu ikoranabuhanga, mu gushakira umuti imbogamizi zigihari z’izamuka ry’ubushomeri ndetse n’ikibazo cy’abimukira cya hato na hato.”

Yavuze kandi ko ibi bizanaba ikiraro cyo gukuraho icyuho cy’ubumenyi kigihari, ndetse no gushora imari mu bushobozi bw’abantu.

Nanone kandi yavuze ko ubwenge buhangano butagomba kuba ikibazo ku bantu ahubwo ko bukwiye gukoreshwa neza mu kuzanira amahirwe abantu.

Ati “Nitubukoresha mu buryo bukwiye kandi tugashyiraho imirongo migari myiza, bizatuma tubyaza umusaruro ubwenge ntekerezo, kandi butume turushaho kwigira.”

Yanagarutse kandi ku rugendo rw’iterambere ry’uyu Muryango wa Commonwealth, wujuje imyaka 75 ubayeho, aho watangiye ugizwe n’Ibihugu umunani gusa, ubu ukaba ugizwe n’Ibihugu 56, kandi ukaba ugishikamye ku ndangagaciro zawo, z’uburinganire, guhuriza hamwe ab’ingeri zose ndetse no guhuza imbaraga.

Perezida Kagame yavuze ko byari iby’agaciro ku Rwanda kuba Umuyobozi wa Commonwealth mu myaka ibiri ishize

Umwami w’u Bwongereza Charles III yayoboye iyi nama
Perezida Kagame yagaragaje ibikwiye gushyirwamo imbaraga n’Ibihugu bigize uyu Muryango

Umukuru w’u Rwanda kandi yashimiye Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth

Perezida Kagame ari kumwe na bamwe mu bayobozi muri Guverinoma y’u Rwanda
Iyi nama yabereye mu Kirwa cya Samoa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 5 =

Previous Post

Huye: Abashumba badukanye ingeso igaragaza ko barutisha amatungo yabo ubuzima bw’abaturage

Next Post

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n’Ibihugu bakomokamo

Menya urutonde rw’abakinnyi bahataniye ibihembo muri ruhago ya Afurika n'Ibihugu bakomokamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.