Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abiyise ‘Abaryakariho’ baravugwaho gukora ibitemewe bakanagerekaho kubangamira abaturage

radiotv10by radiotv10
29/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Abiyise ‘Abaryakariho’ baravugwaho gukora ibitemewe bakanagerekaho kubangamira abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora ubucukuzi bw’umucanga butemewe mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bibumbiye mu gatsiko kiyise ‘Abaryakariho’, baravugwaho kubangamira abaturage, aho ibikorwa byabo byangiza imirima yabo ndetse n’abo bayisanzemo bakabahohotera.

Aba baturage, ni abibumbuye muri Koperative ‘KOWAGIMA’ bahinga mu gishanga kiri hagati y’Imirenge ya Tumba na Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko aba bakomeje kubangiriza imirima, hari n’igihe babahohotera.

Minani Eric agira ati “Biyise abarakariho, baba bacukura iyo micanga bayishyira abashaka kubaka. Barayicukura bakayitwara mu mifuka bayikoreye ku mutwe bakabaha amafaranga. Iyo tugerageje kubavuga ngo bareke gucukura barakwirukankana, baba bafite udusuka bacukuza urebye nabi batugukubita.”

Aba baturage bavuga ko aba bantu bakora ibikorwa bitemewe, babangamira ku buryo badatinya no kubagirira nabi mu mirima yabo.

Nyirakani ati “Nigeze gusanga bancukurira umurima barambwira ngo ninongera kubavuga bazamerera nabi, mpita nzamuka ndabareka baracukura. Baratubangamiye kuko batwicira imirima n’imyaka bakanateza umutekano muke n’urugomo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko ubuyobozi bugiye gukurikirana iki kibazo kigakemuka.

Ati “Abantu bakora imirimo y’ubucukuzi baba bagomba kuba bacukura bakurikije amategeko kandi banabifitiye uruhushya.”

Uyu muyobozi avuga ko igihe aba bantu bakora ibitemewe bagaragara, bahanwa hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko kuko hari amategeko agenga ubucukuzi bw’ibikorwa nk’ibi.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 14 =

Previous Post

Umunyekongo ari kuburanishirizwa mu Rwanda ku cyaha gikomeye yakoreye Umunyarwanda muri Congo

Next Post

Kayonza: Abantu 14 biyise ‘Imparata’ baguwe gitumo bari mu kirombe cyari cyarafunzwe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Abantu 14 biyise ‘Imparata’ baguwe gitumo bari mu kirombe cyari cyarafunzwe

Kayonza: Abantu 14 biyise 'Imparata' baguwe gitumo bari mu kirombe cyari cyarafunzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.