Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe nta n’amasaha abiri baryamye kuko kuva saa sita z’ijoro bari batangiye kwerecyeza i Nyarugenge, ahabera igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, hakomeje kugaragara udushya dushimangira iterambere ryagezweho no mu ikoranabuhanga mu bwenge buhangano.

Ni umunsi wa kane w’ibikorwa byo kwiyamamaza, aho Perezida Paul Kagame uvuye mu Ntara z’Amajyaruguru, Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, uyu munsi aniyamamariza mu Mujyi wa Kigali, kuri site ya Rugarama mu Karere ka Nyarugenge.

Bamwe mu baturage baturutse mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali, by’umwihariko i Nyamirambo no mu bice bihakikije, baciyemo kabiri ijoro, kuko batangiye ingendo saa saba z’ijoro, ari na ko bagenda bamamaza umukandida wabo Paul Kagame.

Yaba abato n’abakuru, bose ntawitaye ku ijoro n’imbeho yariho, kuko bazindutse iya rubika, bavuga ko uyu munsi wabatindiye kugera ngo bagaragarize umukandida wabo imbamutima bazagerana ku itariki 15 Nyakanga ku munsi w’Amatora nyirizina.

Mukashikama Leoncie utuye mu Murenge wa Gatenga, akaba umubyeyi ukuze na we wabukereye, yavuze ko yabyutse saa sita zuzuye, umunsi ukigwamo. Yavuze ko yazindutse kugira ngo ashake umwanya mwiza wo kwicaramo aze kwihera ijisho Perezida Kagame.

Ati “Batantanga ibyicaro, kuko bantanze ibyicaro bazantanga no gutora. Isaha yose azira ndashaka ko aturuka hariya mureba.”

Uyu mubyeyi avuga ko iri joro ryacyeye atiriwe aryama, kuko yumvaga afite amatsiko menshi yo kuza kumva imigabo n’imigambi ya Perezida Paul Kagame, uretse ko buri wese yanamuvuga ibigwi.

Ati “Twararyamye bihagije kubera Kagame, niba twiteguye guhaguruka duhagurukane na we, we se ajya aryama?, aryamye se ubu twari kuba turi kugenda aya masaha?.”

Avuga ko no kubyuka aya masaha ntacyo bikanga, na byo ari ibyivugira ku bigwi by’Umukandida wa FPR-Inkotanyi, kuko yazanye umutekano usesuye mu Rwanda, ndetse akanimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye, abari n’abategarugori bagahabwa ijambo bari barimwe n’ubutegetsi bwa cyera.

Ati “Kagame ni we watumye aka kanya ndi hano izi saha, cyaraziraga cyera, ariko reba izi saha ndi kwigendera ndi umukecuru, nta muntu uri bunyime uburenganzira.”

Kuri iyi site ya Rugarama kandi hagaragaye udushya tunyuranye mu kwitegura kwakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, turimo utugaragaza ko ikoranabuhanga ryakataje mu Rwanda, ahagaragaye robot zambaye mu myambaro y’amabara ya FPR, ziri gususurutsa abaje kwamamaza Paul Kagame.

Kuva saa saba z’ijoro bari batangiye ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Kuri site bakubise baruzura
Ubwenge buhangano (AI/Artificial Intelligence) mu Rwanda rirakataje
Akanyamuneza ni kose mu baturage
Batagerezanyije amatsiko Umukandida Paul Kagame
Akuzuye umutima kasesekaye ku munwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + thirteen =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye abasirikare b’u Burundi

Next Post

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.