Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe nta n’amasaha abiri baryamye kuko kuva saa sita z’ijoro bari batangiye kwerecyeza i Nyarugenge, ahabera igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, hakomeje kugaragara udushya dushimangira iterambere ryagezweho no mu ikoranabuhanga mu bwenge buhangano.

Ni umunsi wa kane w’ibikorwa byo kwiyamamaza, aho Perezida Paul Kagame uvuye mu Ntara z’Amajyaruguru, Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, uyu munsi aniyamamariza mu Mujyi wa Kigali, kuri site ya Rugarama mu Karere ka Nyarugenge.

Bamwe mu baturage baturutse mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali, by’umwihariko i Nyamirambo no mu bice bihakikije, baciyemo kabiri ijoro, kuko batangiye ingendo saa saba z’ijoro, ari na ko bagenda bamamaza umukandida wabo Paul Kagame.

Yaba abato n’abakuru, bose ntawitaye ku ijoro n’imbeho yariho, kuko bazindutse iya rubika, bavuga ko uyu munsi wabatindiye kugera ngo bagaragarize umukandida wabo imbamutima bazagerana ku itariki 15 Nyakanga ku munsi w’Amatora nyirizina.

Mukashikama Leoncie utuye mu Murenge wa Gatenga, akaba umubyeyi ukuze na we wabukereye, yavuze ko yabyutse saa sita zuzuye, umunsi ukigwamo. Yavuze ko yazindutse kugira ngo ashake umwanya mwiza wo kwicaramo aze kwihera ijisho Perezida Kagame.

Ati “Batantanga ibyicaro, kuko bantanze ibyicaro bazantanga no gutora. Isaha yose azira ndashaka ko aturuka hariya mureba.”

Uyu mubyeyi avuga ko iri joro ryacyeye atiriwe aryama, kuko yumvaga afite amatsiko menshi yo kuza kumva imigabo n’imigambi ya Perezida Paul Kagame, uretse ko buri wese yanamuvuga ibigwi.

Ati “Twararyamye bihagije kubera Kagame, niba twiteguye guhaguruka duhagurukane na we, we se ajya aryama?, aryamye se ubu twari kuba turi kugenda aya masaha?.”

Avuga ko no kubyuka aya masaha ntacyo bikanga, na byo ari ibyivugira ku bigwi by’Umukandida wa FPR-Inkotanyi, kuko yazanye umutekano usesuye mu Rwanda, ndetse akanimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye, abari n’abategarugori bagahabwa ijambo bari barimwe n’ubutegetsi bwa cyera.

Ati “Kagame ni we watumye aka kanya ndi hano izi saha, cyaraziraga cyera, ariko reba izi saha ndi kwigendera ndi umukecuru, nta muntu uri bunyime uburenganzira.”

Kuri iyi site ya Rugarama kandi hagaragaye udushya tunyuranye mu kwitegura kwakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, turimo utugaragaza ko ikoranabuhanga ryakataje mu Rwanda, ahagaragaye robot zambaye mu myambaro y’amabara ya FPR, ziri gususurutsa abaje kwamamaza Paul Kagame.

Kuva saa saba z’ijoro bari batangiye ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Kuri site bakubise baruzura
Ubwenge buhangano (AI/Artificial Intelligence) mu Rwanda rirakataje
Akanyamuneza ni kose mu baturage
Batagerezanyije amatsiko Umukandida Paul Kagame
Akuzuye umutima kasesekaye ku munwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye abasirikare b’u Burundi

Next Post

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye
MU RWANDA

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.