Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye

radiotv10by radiotv10
25/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Nyarugenge ni udushya gusa gusa: Ahakirirwa Umukandida wa RPF-Inkotanyi birashyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe nta n’amasaha abiri baryamye kuko kuva saa sita z’ijoro bari batangiye kwerecyeza i Nyarugenge, ahabera igikorwa cyo kwamamaza Paul Kagame; Umukandida wa FPR-Inkotanyi, hakomeje kugaragara udushya dushimangira iterambere ryagezweho no mu ikoranabuhanga mu bwenge buhangano.

Ni umunsi wa kane w’ibikorwa byo kwiyamamaza, aho Perezida Paul Kagame uvuye mu Ntara z’Amajyaruguru, Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, uyu munsi aniyamamariza mu Mujyi wa Kigali, kuri site ya Rugarama mu Karere ka Nyarugenge.

Bamwe mu baturage baturutse mu bice binyuranye by’Umujyi wa Kigali, by’umwihariko i Nyamirambo no mu bice bihakikije, baciyemo kabiri ijoro, kuko batangiye ingendo saa saba z’ijoro, ari na ko bagenda bamamaza umukandida wabo Paul Kagame.

Yaba abato n’abakuru, bose ntawitaye ku ijoro n’imbeho yariho, kuko bazindutse iya rubika, bavuga ko uyu munsi wabatindiye kugera ngo bagaragarize umukandida wabo imbamutima bazagerana ku itariki 15 Nyakanga ku munsi w’Amatora nyirizina.

Mukashikama Leoncie utuye mu Murenge wa Gatenga, akaba umubyeyi ukuze na we wabukereye, yavuze ko yabyutse saa sita zuzuye, umunsi ukigwamo. Yavuze ko yazindutse kugira ngo ashake umwanya mwiza wo kwicaramo aze kwihera ijisho Perezida Kagame.

Ati “Batantanga ibyicaro, kuko bantanze ibyicaro bazantanga no gutora. Isaha yose azira ndashaka ko aturuka hariya mureba.”

Uyu mubyeyi avuga ko iri joro ryacyeye atiriwe aryama, kuko yumvaga afite amatsiko menshi yo kuza kumva imigabo n’imigambi ya Perezida Paul Kagame, uretse ko buri wese yanamuvuga ibigwi.

Ati “Twararyamye bihagije kubera Kagame, niba twiteguye guhaguruka duhagurukane na we, we se ajya aryama?, aryamye se ubu twari kuba turi kugenda aya masaha?.”

Avuga ko no kubyuka aya masaha ntacyo bikanga, na byo ari ibyivugira ku bigwi by’Umukandida wa FPR-Inkotanyi, kuko yazanye umutekano usesuye mu Rwanda, ndetse akanimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye, abari n’abategarugori bagahabwa ijambo bari barimwe n’ubutegetsi bwa cyera.

Ati “Kagame ni we watumye aka kanya ndi hano izi saha, cyaraziraga cyera, ariko reba izi saha ndi kwigendera ndi umukecuru, nta muntu uri bunyime uburenganzira.”

Kuri iyi site ya Rugarama kandi hagaragaye udushya tunyuranye mu kwitegura kwakira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, turimo utugaragaza ko ikoranabuhanga ryakataje mu Rwanda, ahagaragaye robot zambaye mu myambaro y’amabara ya FPR, ziri gususurutsa abaje kwamamaza Paul Kagame.

Kuva saa saba z’ijoro bari batangiye ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Kuri site bakubise baruzura
Ubwenge buhangano (AI/Artificial Intelligence) mu Rwanda rirakataje
Akanyamuneza ni kose mu baturage
Batagerezanyije amatsiko Umukandida Paul Kagame
Akuzuye umutima kasesekaye ku munwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Hatangajwe amakuru arambuye ku mpanuka ikomeye y’ikamyo yari itwaye abasirikare b’u Burundi

Next Post

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Hashyizwe hanze amahirwe ku bifuza kwinjira muri RDF nk’Abofisiye n’ibyo bagomba kuba bujuje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.