Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo, kuko bimaze kugera ku rwego rukabije. Ni nyuma yuko Umuvugizi wa DRC, ashinje u Rwanda kurenga ku masezerano y’i Washington.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya; kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ukuboza 2025 atangaje ko ngo u Rwanda ruri kurenga ku bikubiye mu masezerano y’Amahoro aherutse gushyirirwaho umukono i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, n’Abakuru b’Ibihugu.

Muri iki kiganiro yatanze ubwo Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith SUMINWA TULUKA yari amaze kugirana ikiganiro n’abarimo Minisitiri w’Ingabo, Muyaya yatangaje amakuru y’ibinyoma avuga ko ngo hari ibisasu byarashwe ku butaka bwa DRC mu bice bituwemo n’abaturage biturutse muri Bugarama mu Rwanda.

Ni mu gihe abaturage bo mu bice bya Kamanyola baherutse guhungira mu Rwanda, bahamije ko ibisasu byatumye bahunga, byaturukaga mu Burundi, birashwe n’igisirikare cy’u Burundi gikomeje gukorana n’icya DRC mu mugambi wo gukomeza kwica Abanyekongo bo mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Muri iki kiganiro kandi, Muyaya yavuze ko u Rwanda “ruri kurenga mu buryo bugaragara ibyo duherutse gusinyira i Washington mu minsi micye ishize, kandi birakomeza gushyira mu kaga akarere kose kuko bigaragara ko u Rwanda rwamaze kwinjira mu mugambi wo gukorera u Burundi nk’ibyo rwakoreye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

U Rwanda rutahwemye kwamagana ibirego by’ibinyoma ko rufite uruhare mu ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa DRC, runavuga kenshi ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ruba rwasinye.

Muri kiriya kiganiro Muyaya yatanze, yavuze ko Congo yiteguye kubwira abahuza, iby’ibi bibazo ashinja u Rwanda ngo kugira ngo bakoreshe imbaraga zabo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bwa DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, asubiza kuri ibi byatangajwe na Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko aho bigeze Congo yarengereye mu binyoma byayo ikomeje kubwira Isi.

Yagize ati “Ibi birahagije ku binyoma byanyu. DRC ntigomba kwigira umugenzuzi wo guhagarika imirwano mu gihe bigaragara neza ko ari yo irenga ku gahenge, kandi bakaba batanafite ubushake na mba bwo kubaha amasezerano y’i Washington DRC ubwayo yishyiriyeho umukono.”

Ubwo ariya masezerano yasinywaga, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje byose muri ariya masezerano, ariko kandi ko ruzanakomeza gushyira imbere inyungu z’umutekano warwo, kuko ruzi neza agaciro kawo, dore ko rufite isomo rikomeye ku ngaruka zo kuwubura kubera amateka rwanyuzemo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo
Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 18 =

Previous Post

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Next Post

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.