Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

radiotv10by radiotv10
10/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo, kuko bimaze kugera ku rwego rukabije. Ni nyuma yuko Umuvugizi wa DRC, ashinje u Rwanda kurenga ku masezerano y’i Washington.

Ni nyuma yuko Minisitiri w’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya; kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Ukuboza 2025 atangaje ko ngo u Rwanda ruri kurenga ku bikubiye mu masezerano y’Amahoro aherutse gushyirirwaho umukono i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, n’Abakuru b’Ibihugu.

Muri iki kiganiro yatanze ubwo Minisitiri w’Intebe wa DRC, Judith SUMINWA TULUKA yari amaze kugirana ikiganiro n’abarimo Minisitiri w’Ingabo, Muyaya yatangaje amakuru y’ibinyoma avuga ko ngo hari ibisasu byarashwe ku butaka bwa DRC mu bice bituwemo n’abaturage biturutse muri Bugarama mu Rwanda.

Ni mu gihe abaturage bo mu bice bya Kamanyola baherutse guhungira mu Rwanda, bahamije ko ibisasu byatumye bahunga, byaturukaga mu Burundi, birashwe n’igisirikare cy’u Burundi gikomeje gukorana n’icya DRC mu mugambi wo gukomeza kwica Abanyekongo bo mu burasirazuba bw’Igihugu cyabo.

Muri iki kiganiro kandi, Muyaya yavuze ko u Rwanda “ruri kurenga mu buryo bugaragara ibyo duherutse gusinyira i Washington mu minsi micye ishize, kandi birakomeza gushyira mu kaga akarere kose kuko bigaragara ko u Rwanda rwamaze kwinjira mu mugambi wo gukorera u Burundi nk’ibyo rwakoreye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

U Rwanda rutahwemye kwamagana ibirego by’ibinyoma ko rufite uruhare mu ntambara iri kubera mu burasirazuba bwa DRC, runavuga kenshi ko rwiteguye gushyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano ruba rwasinye.

Muri kiriya kiganiro Muyaya yatanze, yavuze ko Congo yiteguye kubwira abahuza, iby’ibi bibazo ashinja u Rwanda ngo kugira ngo bakoreshe imbaraga zabo kugira ngo amahoro aboneke mu burasirazuba bwa DRC.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, asubiza kuri ibi byatangajwe na Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko aho bigeze Congo yarengereye mu binyoma byayo ikomeje kubwira Isi.

Yagize ati “Ibi birahagije ku binyoma byanyu. DRC ntigomba kwigira umugenzuzi wo guhagarika imirwano mu gihe bigaragara neza ko ari yo irenga ku gahenge, kandi bakaba batanafite ubushake na mba bwo kubaha amasezerano y’i Washington DRC ubwayo yishyiriyeho umukono.”

Ubwo ariya masezerano yasinywaga, Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje byose muri ariya masezerano, ariko kandi ko ruzanakomeza gushyira imbere inyungu z’umutekano warwo, kuko ruzi neza agaciro kawo, dore ko rufite isomo rikomeye ku ngaruka zo kuwubura kubera amateka rwanyuzemo.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo
Patrick Muyaya, Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 4 =

Previous Post

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

Next Post

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.