Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

radiotv10by radiotv10
21/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 30 wari waturutse mu Ntara y’Iburasirazuba wasanzwe yapfiriye mu nzu icumbitsemo Umupasiteri wo mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe i Kigali.

Nyakwigendera yitwa Mukeshimana Esther akaba yaravutse mu 1995, mu gihe umukozi w’Imana yapfiriye mu rugo rwe ari Valens Niyonsaba usanzwe ari n’umukozi ushinzwe serivisi z’ubutaka mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru.

Urupfu rwa nyakwigendera rwamenyekanye tariki 14 Kamena 2025, mu mu Mudugudu wa Gambiriro, Akagari ka Kabere, Umurenge wa Ruheru, aho uyu mupasiteri asanzwe acumbitse.

Mukeshimana yari yaturutse iwe mu Mudugudu wa Busana mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare, aho bivugwa ko yavuyeyo abwiye umugabo we ko agiye mu bukwe mu Mujyi wa Kigali.

Aba bombi kandi bari basanzwe banaziranye dore ko Pasiteri yigeze gukorera umurimo w’ivugabutumwa mu Karere ka Nyagatare akaba ari na we wasezeranyije nyakwigendera n’umugabo we, ndetse na Mukeshimana akaba yari asanzwe ari umudiyakoni mu Itorero ry’Abametodiste i Nyagatare.

Amakuru ava mu baturare, avuga ko n’umugore wa Pasiteri atuye i Nyagatare, ndetse akaba yari yahaye Mukeshimana ibyo yoherereza umugabo we ageze i Kigali kuko yari yamubwiye ko ataharenga.

Yari yageze aho Pasiteri acumbutse tariki 13 Kamena 2025, bucyeye bwaho tariki 14 uyu Niyonsaba ajya mu kazi nk’uko bisanzwe, ariko Mukeshimana aza kumuhamagara kuri telefone amubaza ibyo guteka, amurangira ibishyimbo.

Umwe mu baturanyi yavuze ko Niyonsaba yatashye saa sita agiye gufata ifunguro ariko ageze aho acumbitse asanga harakinze, arakomanga ariko yumva nta muntu ukoma.

Umuturage avuga ko Pasiteri yatangiye gushakisha, “abaza abaturanyi niba batamubonye baramuhakanira, ni uko ajya kurya mu isantere.”

Uyu muturanyi akomeza agira ati “Nimugoroba agarutse yasanze hagifunze, hanyuma noneho ahamagara nyiri inzu, ni uko amena ikirahure, basanga yumye.”

Hari abakeka ko Mukeshimana yaba yarazize imbabura yari atetseho kuko bayisanze hafi ye, ndetse hakaba hari n’abaturanyi be b’i Nyagatare bavuga ko yari asanzwe arwara umutima.

Nyakwigendera wasize abana batanu yashyinguwe kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Kamena 2025, mu gihe Niyonsaba we ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha mu gihe hakomeje gukorwa iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 1 =

Previous Post

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Next Post

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Related Posts

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ku bufatanye n’Ubwami bw’Aba-Hashemite ba Jordan, muri iki cyumweru, yatanze toni 40 z’ubufasha bwo kugoboka...

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

by radiotv10
10/07/2025
0

Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia  Codina, players of Arsenal Women Football Club visited the Kigali Genocide Memorial at Gisozi,...

IZIHERUKA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?
IMIBEREHO MYIZA

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.