Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku ifatwa ry’abakozi ba Leta bakekwaho kwiba imyenda yagenewe abashegeshwe n’ibiza

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza bo mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, yatumye abakozi batanu bo muri aka Karere batabwa muri yombi, nyuma yo gusakwa, bamwe bakayisanganwa mu ngo zabo.

Aba bakozi batanu batawe muri yombi na RIB, kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, nkuko byanemejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Murekatete Triphose.

Uyu Muyobozi w’Akarere ka Rutsiro, yavuze ko abo bakozi ba Leta muri aka Karere, batawe muri yombi koko.

Ati “Ayo makuru ni ukuri. Abatawe muri yombi bakekwaho gutwara imyenda yari igenewe abagizweho ingaruka n’ibiza.”

Aba bakozi ba Leta batawe muri yombi, barimo abasanzwe bakorera Urwego rwunganira inzego z’ibanze mu gucunga umutekano (DASSO), hakaba abakozi bo ku Rwego rw’Akarere, ndetse n’umushoferi w’Akarere.

Aba bantu batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’imyambaro yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza, ubu bacumbikiwe kuri sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Gihango.

Barazira ubujura bw’imyenda yari yagenewe abantu bagizweho ingaruka n’ibiza biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye abantu 135, bigasenya inzu 5 963 ziganjemo iz’abaturage zasenyutse ndetse ibikoresho byari bizirimo bikagenda.

 

Ibyafatanywe abakekwaho kubyiba

Mu bakozi batanu batawe muri yombi bakekwaho ibifitanye isano n’imfashanyo y’imyenda yari yagenewe abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Rutsiro, ikibwa, harimo abakorera urwego rwunganira inzego z’ibanze mu by’umutekano (DASSO).

Muri aba ba-DASSO harimo uwitwa Jean Pierre Ndungutse, wasatswe n’inzego, zikamusangana imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) n’ikanzu imwe (1).

Naho DASSO witwa Claudine Muhawenimana we mu rugo rwe bahasanze imipira 14, amashati icyenda (9), amapantalo atanu (5) n’amakanzu atanu (5).

Naho umushoferi w’Akarere witwa Muhire Eliazard, na we uri mu bakurikiranyweho ubu bujura, we yafatanywe mu modoka imipira 10, amapantalo atandatu (6), amakoti abiri (2), ishati imwe (1) ndetse n’umwambaro wa siporo n’inkweto z’abana.

Mu batawe muri yombi kandi, harimo abakozi babiri b’Akarere ka Rutsiro barimo usanzwe ashinzwe ibihingwa ngengabukungu, Mujawamariya Nathalie ndetse na Uwamahoro ushinzwe amakoperative, bombi bari bagenwe nk’abahuza ibikorwa byo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − two =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Next Post

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Aimable Karasira byemejwe ko afite ibibazo bikomeye byo mu mutwe yakoze ibidasanzwe mu rukiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.