Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

radiotv10by radiotv10
02/12/2025
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka yabereye ahazwi nka ‘Peyaje [Payage]’ mu mujyi wa Kigali, yahitanye ubuzima bw’abantu bane, aho bikekwa ko yatewe no kuba umushoferi wari utwaye imodoka yagonze abantu, atari yakamenyera gutwara ikinyabiziga n’imihanda, dore ko yari amaranye uruhushya ukwezi kumwe.

Iyi mpanuka yabereye mu muhanda uturuka mu Mujyi rwagati werecyeza ahazwi nko mu kanogo, aho iyi modoka yagonze izindi n’abantu.

Umushoferi wari utwaye iyi modoka yo mu bwoko bwa KIA Sorento, bivugwa ko yageze muri uyu muhanda, akanyura mu cyerekezo kitari icye kuko igice kimwe cyari cyafunzwe, ari na bwo yagonganga ibinyabiziga byari biri mu cyerekezo cyabyo, ndetse n’abaturage bari mu mirimo yo gukora umuhanda.

Abaturage bari ahabereye iyi mpanuka, bavuze ko abantu bane bahise bahasiga ubuzima, mu gihe hari n’abandi bakomeretse bikabije.

Umwe mu baturage, avuga ko umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoze impanuka, yinjiye mu muhanda bari bafunze, bigaragara ko yari ataramenyera imihanda no gutwara ikinyabiziga.

Ati “Yageze muri Feu rouge, ahageze asanga abantu bari kwambuka barabisikana, umushoferi aragenda agonga izindi modoka n’abantu bane, abandi babiri barakomereka, bane muri bo bahise bapfa ako kanya, abandi babajyana kwa muganga.”

Mugenzi we na we yagize ati “Iriya modoka yaturutse haruguru iri kwiruka cyane, niba yari yabuze feri ntabwo mbizi, ageze aho umuhanda bawufunze bamuhagaritse yanga guhagarara, arakomeza.”

Undi na we yagize ati “Urebye n’umuhanda ashobora kuba atari awumenyereye kuko perime ye basanze yari imaze ukwezi kumwe. Abakoraga mu muhanda, ni bo bahise bapfa, hapfuye bane, undi wari ugiye muri ambulance na we ahise apfiramo, abandi bagiye kwitabwaho, ariko ntabwo tuzi niba bari bubeho.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi yavuze ko iyi modoka yakoze impanuka, yari ivuye mu mujyi yerecyeza mu kanogo.

Ati “Umushoferi wari uyitwaye, ageze muri feu rouge z’aho bakunda kwita Payage, kubera ko umuhanda wari ufunze hari abari gukora umuhanda hepfo, hari hari icyapa kimubuza gukomeza hari n’abapolisi, we rero kubera umuvuduko yari ariho n’ibindi tutaramenya turacyakomeza dukora iperereza ngo turebe, yanyuze mu cyerekezo cy’izizamuka ni ukuvuga Sens Unique, ni umuhanda atagombaga kunyuramo, aramanuka aragenda ni bwo yagongaga abo bantu bari mu kazi batunganya umuhanda, bane bitaba Imana.”

SP Kayigi avuga kandi ko hari n’abandi babiri bari muri aka kazi bakomerekeye muri iyi mpanuka, ndetse umushoferi wari utwaye iyi modoka akaba yanagonze izindi modoka ebyiri yasanze muri feu rouge, akazogonga, na zo zakomerekeyemo abantu babiri ariko bidakanganye.

Uyu wari utwaye iyi modoka yahise afatwa atabwa muri yombi, mu gihe imirambo y’abitabye Imana yahise ijyanwa mu Bitaro bya Kacyiru, mu gihe abakomeretse bajyanywe mu Bitaro binyuranye mu Mujyi wa Kigali.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Next Post

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.