Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umurwayi wa mbere wa Marburg wanduye indwara ya Marburg, yayikuye mu kirombe akoramo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kibamo uducurama turya imbuto tuzwiho kubika iyi Virus. ari na two twayimuhaye na we akayanduza umugore we.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024.

Imibare iheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima ku ya 31 Ukwakira 2024, igaragaza ko kuva iyi ndwara ya Marburg yatangazwa mu Rwanda, yagaragaye ku bantu 66 barimo 15 yahitanye, ndetse kugeza ubu abamaze kuyikira, bakaba ari 49, ndetse n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko “Nyuma y’icukumbura ku nkomoko y’indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko yaturutse ku ducurama turya imbuto tuzwi nka ‘fruit bats’. Byagaragaye ko umurwayi wa mbere yakoraga mu kirombe kirimo utu ducurama.”

Gusa nyuma yuko aya makuru amenyekanye, hahise hashyirwaho ingamba zo kwirinda ko utu ducurama twakomeza gukongeza abantu iyi Virus.

Ati “Kugeza ubu, muri iki kirombe hashyizweho urukuta rutandukanya aho abantu bakorera ndetse n’aho utu ducurama tuba. Hanashyizwe kandi itsinda ry’abaganga rikurikirana buri munsi ubuzima bw’abahakorera.”

Yavuze kandi hahise hanashyirwaho ingamba ku bindi birombe biri mu bice binyuranye mu Gihugu bigaragaramo uducurama, ahahise na ho hashyirwaho izi ngamba z’amatsinda y’abaganga bakurikirana ubuzima bw’ababikoramo.

Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko kwica uducurama, bitaba ari amahitamo meza yo guhangana n’iyi Virus ifite ubukana ya Marburg, kuko uretse kuba utu tunyamaswa dushobora kuzanira abantu ibyago by’indwara nk’izi, ariko tunafitiye muntu akamaro.

Yagize ati “Kwica uducurama byateza ibindi bibazo, kuko tugira akamaro kanini mu kurinda ibyorezo bikwirakwizwa n’imibu n’utundi dusimba.”

Yavuze ko ubundi uducurama tubika iyi Virus ya Marburg, tuzwiho kuba mu buvumo. Ati “Dushobora gukwirakwiza iyi virusi kabiri mu mwaka mu gihe cyo kororoka.”

Utu ducurama dushobora guteza iyi ndwara mu kwezi kwa Gashyantare (02) n’ukwa Kanama (08), mu gihe tuba tubyara, aho Virus tuba dufite yo itaduteza ibibazo, ariko tukayisohora mu myanda, nko mu macandwe, mu nkari n’indi myanda dusohora.

Dr. Sabin ati “Binahura na kwa kwezi kwa munani n’ukwa cyenda tuvuyemo, aho twabonye iki cyorezo.”

Minisitiri w’Ubuzima wirinze kuvuga ikirombe cyakoragamo uyu murwayi wa mbere, yavuze ko itsinda ry’inzego z’ubuzima na we ubwe, bageze muri ubwo buvumo, bagasanga utwo ducurama tuhaba.

Ati “Tuza no kumupima we bwe, dusanga umubiri we warakoze ubwirinzi bugaragaza ko yahuye n’iyo ndwara, tunamubajije atubwira ko mu byumweru byabanje yagize ibimenyetso, umuriro uraza mucye arabarabara nk’urwaye ka Malaria, nyuma aza koroherwa ariko uwo bashakanye umugore we wari muri icyo gihe mu bihe byo kubyara, we yaje kubyara ariko aranarwara, aza no kugera no mu Bitaro afite ibyo bimenyetso.”

Avuga ko ari na byo byatumye abaganga badahita batekereza iyi virus kuko umunyeyi ukibyara ashobora guhura n’ibibazo, byanatumye iyi ndwara inurira ku ntege nke z’umubyeyi, ikabasha no gukura.

Ati “Iza no kumuhitana aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali ari na ho twahereye dushaka ayo makuru dusubira inyuma, ari na ho abaganga bamuvuraga na bo baje kurwara, ndetse umwe muri abo baganga usanzwe akorera CHK wari waje gutanga ubufasha yaje gusubira kuri CHK atangira kugira ibimenyetso, biza no kuvamo ko n’abaganga ba CHK na bo barwaye.”

Dr. Sabin avuga ko gukusanya aya makuru bitari byoroshye, kuko byanafashe igihe cy’ibyumweru bibiri, aho inzego zabanje gutekereza ahaba hararutse iyi ndwara, aho hamenyekaniye, ari na bwo hahise hashyirwaho ingamba.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko nyuma yuko bigaragaye ko iyi virus yaturutse ku gacurama, inzego z’ubuzima mu Rwanda zahise zishyiraho itsinda ry’abaganga bareba niba nta handi utu ducurama twaba turi.

Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere

Abanyamakuru banabajije ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 5 =

Previous Post

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

Next Post

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.