Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umurwayi wa mbere wa Marburg wanduye indwara ya Marburg, yayikuye mu kirombe akoramo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kibamo uducurama turya imbuto tuzwiho kubika iyi Virus. ari na two twayimuhaye na we akayanduza umugore we.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024.

Imibare iheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima ku ya 31 Ukwakira 2024, igaragaza ko kuva iyi ndwara ya Marburg yatangazwa mu Rwanda, yagaragaye ku bantu 66 barimo 15 yahitanye, ndetse kugeza ubu abamaze kuyikira, bakaba ari 49, ndetse n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko “Nyuma y’icukumbura ku nkomoko y’indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko yaturutse ku ducurama turya imbuto tuzwi nka ‘fruit bats’. Byagaragaye ko umurwayi wa mbere yakoraga mu kirombe kirimo utu ducurama.”

Gusa nyuma yuko aya makuru amenyekanye, hahise hashyirwaho ingamba zo kwirinda ko utu ducurama twakomeza gukongeza abantu iyi Virus.

Ati “Kugeza ubu, muri iki kirombe hashyizweho urukuta rutandukanya aho abantu bakorera ndetse n’aho utu ducurama tuba. Hanashyizwe kandi itsinda ry’abaganga rikurikirana buri munsi ubuzima bw’abahakorera.”

Yavuze kandi hahise hanashyirwaho ingamba ku bindi birombe biri mu bice binyuranye mu Gihugu bigaragaramo uducurama, ahahise na ho hashyirwaho izi ngamba z’amatsinda y’abaganga bakurikirana ubuzima bw’ababikoramo.

Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko kwica uducurama, bitaba ari amahitamo meza yo guhangana n’iyi Virus ifite ubukana ya Marburg, kuko uretse kuba utu tunyamaswa dushobora kuzanira abantu ibyago by’indwara nk’izi, ariko tunafitiye muntu akamaro.

Yagize ati “Kwica uducurama byateza ibindi bibazo, kuko tugira akamaro kanini mu kurinda ibyorezo bikwirakwizwa n’imibu n’utundi dusimba.”

Yavuze ko ubundi uducurama tubika iyi Virus ya Marburg, tuzwiho kuba mu buvumo. Ati “Dushobora gukwirakwiza iyi virusi kabiri mu mwaka mu gihe cyo kororoka.”

Utu ducurama dushobora guteza iyi ndwara mu kwezi kwa Gashyantare (02) n’ukwa Kanama (08), mu gihe tuba tubyara, aho Virus tuba dufite yo itaduteza ibibazo, ariko tukayisohora mu myanda, nko mu macandwe, mu nkari n’indi myanda dusohora.

Dr. Sabin ati “Binahura na kwa kwezi kwa munani n’ukwa cyenda tuvuyemo, aho twabonye iki cyorezo.”

Minisitiri w’Ubuzima wirinze kuvuga ikirombe cyakoragamo uyu murwayi wa mbere, yavuze ko itsinda ry’inzego z’ubuzima na we ubwe, bageze muri ubwo buvumo, bagasanga utwo ducurama tuhaba.

Ati “Tuza no kumupima we bwe, dusanga umubiri we warakoze ubwirinzi bugaragaza ko yahuye n’iyo ndwara, tunamubajije atubwira ko mu byumweru byabanje yagize ibimenyetso, umuriro uraza mucye arabarabara nk’urwaye ka Malaria, nyuma aza koroherwa ariko uwo bashakanye umugore we wari muri icyo gihe mu bihe byo kubyara, we yaje kubyara ariko aranarwara, aza no kugera no mu Bitaro afite ibyo bimenyetso.”

Avuga ko ari na byo byatumye abaganga badahita batekereza iyi virus kuko umunyeyi ukibyara ashobora guhura n’ibibazo, byanatumye iyi ndwara inurira ku ntege nke z’umubyeyi, ikabasha no gukura.

Ati “Iza no kumuhitana aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali ari na ho twahereye dushaka ayo makuru dusubira inyuma, ari na ho abaganga bamuvuraga na bo baje kurwara, ndetse umwe muri abo baganga usanzwe akorera CHK wari waje gutanga ubufasha yaje gusubira kuri CHK atangira kugira ibimenyetso, biza no kuvamo ko n’abaganga ba CHK na bo barwaye.”

Dr. Sabin avuga ko gukusanya aya makuru bitari byoroshye, kuko byanafashe igihe cy’ibyumweru bibiri, aho inzego zabanje gutekereza ahaba hararutse iyi ndwara, aho hamenyekaniye, ari na bwo hahise hashyirwaho ingamba.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko nyuma yuko bigaragaye ko iyi virus yaturutse ku gacurama, inzego z’ubuzima mu Rwanda zahise zishyiraho itsinda ry’abaganga bareba niba nta handi utu ducurama twaba turi.

Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere

Abanyamakuru banabajije ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − four =

Previous Post

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

Next Post

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.