Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye

radiotv10by radiotv10
04/11/2024
in MU RWANDA
0
Ibirambuye ku muntu wa mbere wanduye Marburg mu Rwanda n’uko yakwirakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umurwayi wa mbere wa Marburg wanduye indwara ya Marburg, yayikuye mu kirombe akoramo mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kibamo uducurama turya imbuto tuzwiho kubika iyi Virus. ari na two twayimuhaye na we akayanduza umugore we.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 04 Ugushyingo 2024.

Imibare iheruka gutangazwa na Minisiteri y’Ubuzima ku ya 31 Ukwakira 2024, igaragaza ko kuva iyi ndwara ya Marburg yatangazwa mu Rwanda, yagaragaye ku bantu 66 barimo 15 yahitanye, ndetse kugeza ubu abamaze kuyikira, bakaba ari 49, ndetse n’abandi babiri bakiri kuvurwa.

Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko “Nyuma y’icukumbura ku nkomoko y’indwara ya Marburg, byaje kugaragara ko yaturutse ku ducurama turya imbuto tuzwi nka ‘fruit bats’. Byagaragaye ko umurwayi wa mbere yakoraga mu kirombe kirimo utu ducurama.”

Gusa nyuma yuko aya makuru amenyekanye, hahise hashyirwaho ingamba zo kwirinda ko utu ducurama twakomeza gukongeza abantu iyi Virus.

Ati “Kugeza ubu, muri iki kirombe hashyizweho urukuta rutandukanya aho abantu bakorera ndetse n’aho utu ducurama tuba. Hanashyizwe kandi itsinda ry’abaganga rikurikirana buri munsi ubuzima bw’abahakorera.”

Yavuze kandi hahise hanashyirwaho ingamba ku bindi birombe biri mu bice binyuranye mu Gihugu bigaragaramo uducurama, ahahise na ho hashyirwaho izi ngamba z’amatsinda y’abaganga bakurikirana ubuzima bw’ababikoramo.

Dr. Sabin Nsanzimana avuga ko kwica uducurama, bitaba ari amahitamo meza yo guhangana n’iyi Virus ifite ubukana ya Marburg, kuko uretse kuba utu tunyamaswa dushobora kuzanira abantu ibyago by’indwara nk’izi, ariko tunafitiye muntu akamaro.

Yagize ati “Kwica uducurama byateza ibindi bibazo, kuko tugira akamaro kanini mu kurinda ibyorezo bikwirakwizwa n’imibu n’utundi dusimba.”

Yavuze ko ubundi uducurama tubika iyi Virus ya Marburg, tuzwiho kuba mu buvumo. Ati “Dushobora gukwirakwiza iyi virusi kabiri mu mwaka mu gihe cyo kororoka.”

Utu ducurama dushobora guteza iyi ndwara mu kwezi kwa Gashyantare (02) n’ukwa Kanama (08), mu gihe tuba tubyara, aho Virus tuba dufite yo itaduteza ibibazo, ariko tukayisohora mu myanda, nko mu macandwe, mu nkari n’indi myanda dusohora.

Dr. Sabin ati “Binahura na kwa kwezi kwa munani n’ukwa cyenda tuvuyemo, aho twabonye iki cyorezo.”

Minisitiri w’Ubuzima wirinze kuvuga ikirombe cyakoragamo uyu murwayi wa mbere, yavuze ko itsinda ry’inzego z’ubuzima na we ubwe, bageze muri ubwo buvumo, bagasanga utwo ducurama tuhaba.

Ati “Tuza no kumupima we bwe, dusanga umubiri we warakoze ubwirinzi bugaragaza ko yahuye n’iyo ndwara, tunamubajije atubwira ko mu byumweru byabanje yagize ibimenyetso, umuriro uraza mucye arabarabara nk’urwaye ka Malaria, nyuma aza koroherwa ariko uwo bashakanye umugore we wari muri icyo gihe mu bihe byo kubyara, we yaje kubyara ariko aranarwara, aza no kugera no mu Bitaro afite ibyo bimenyetso.”

Avuga ko ari na byo byatumye abaganga badahita batekereza iyi virus kuko umunyeyi ukibyara ashobora guhura n’ibibazo, byanatumye iyi ndwara inurira ku ntege nke z’umubyeyi, ikabasha no gukura.

Ati “Iza no kumuhitana aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Fayisali ari na ho twahereye dushaka ayo makuru dusubira inyuma, ari na ho abaganga bamuvuraga na bo baje kurwara, ndetse umwe muri abo baganga usanzwe akorera CHK wari waje gutanga ubufasha yaje gusubira kuri CHK atangira kugira ibimenyetso, biza no kuvamo ko n’abaganga ba CHK na bo barwaye.”

Dr. Sabin avuga ko gukusanya aya makuru bitari byoroshye, kuko byanafashe igihe cy’ibyumweru bibiri, aho inzego zabanje gutekereza ahaba hararutse iyi ndwara, aho hamenyekaniye, ari na bwo hahise hashyirwaho ingamba.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, avuga ko nyuma yuko bigaragaye ko iyi virus yaturutse ku gacurama, inzego z’ubuzima mu Rwanda zahise zishyiraho itsinda ry’abaganga bareba niba nta handi utu ducurama twaba turi.

Dr. Sabin Nsanzimana mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere

Abanyamakuru banabajije ibibazo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Amakuru agezweho muri M23 nyuma yo gukozanyaho na Wazalendo

Next Post

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Amb.Maj Gen (Rtd) Karamba yashyigikiye ikipe y’u Rwanda ishobora kweguka Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.