• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
19/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Munoga ryo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvugwaho kugurisha bimwe mu biryo by’abanyeshuri, avuga ko yashakaga kwishyura umwenda w’iri shuri, mu gihe abandi babivuga ukundi.

Uyu muyobozi wa Monoga Primary School witwa Nsengimana aravugwaho kugurisha ibilo 150 by’ibiryo by’abanyeshuri, aho we avuga ko yashakaga gukura iri shuri mu madeni, ariko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukavuga ko atari ukuri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Epimaque Munyakazi yavuze ko mu bilo 150 byari byagurishijwe n’uyu muyobozi w’Ishuri, ubuyobozi bwabashije kugaruzamo ibilo 100.

Gitifu avuga ko uyu muyobozi w’ishuri “yakoze amakosa yo kugurisha ibiryo by’abanyeshuri yitwaza ideni avuga ko afitiye abantu.”

Amakuru avuga kandi ko Nsengimana yatumijweho n’Ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo asobanure iby’aya makosa yakoze, ariko akanga kwitaba, ahubwo agahitamo gucika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, yagize ati “Tugiye gukora raporo tuyishyikirize ubuyobozi bw’Akarere buzabimubaze.”

Amakuru aturuka muri iri shuri riyoborwa n’uyu uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri, avuga ko kuva yamenya ko yatahuweho aya makosa, atarongera gukandagira kuri iri shuri.

Bamwe mu bakurikiranye iki kibazo, bavuga ko ibyo biryo byaguzwe n’umugore ufitanye isano n’uyu muyobozi w’ishuri, ariko we akavuga ko yashakaga gukuramo umwenda yafashe nyuma y’icyorezo cya Covid.

Mbere yo kugurisha ayo mafunguro y’abanyeshuri, uyu wabikoze yabanje gukora inyandiko y’amasezerano y’ubugure adafite ishingiro, kuko nta mwenda iri shuri ribereyemo uwo muntu.

Umwe mu bazi imiterere y’iki kibazo banagikurikiranye, yagize ati “Twabimenyesheje inzego z’Ubuyobozi bw’Umurenge batubwiye ko bafashe ibyo biryo ariko umuyobozi we yacitse.”

Abakorana n’uyu muyobozi w’ishuri, bamugayira ibi yakoze, bakavuga ko nk’umurezi kandi uyobora ishuri yari akwiye gutanga urugero rwiza aho kwijandika mu manyanga nk’ayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − two =

Previous Post

Eng.-Date set for first peace agreement signing between Rwanda and DRC

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.