Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri

radiotv10by radiotv10
19/06/2025
in MU RWANDA
0
Ibisobanuro bitavugwaho rumwe by’Umuyobozi w’Ishuri uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ishuri ribanza rya Munoga ryo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvugwaho kugurisha bimwe mu biryo by’abanyeshuri, avuga ko yashakaga kwishyura umwenda w’iri shuri, mu gihe abandi babivuga ukundi.

Uyu muyobozi wa Monoga Primary School witwa Nsengimana aravugwaho kugurisha ibilo 150 by’ibiryo by’abanyeshuri, aho we avuga ko yashakaga gukura iri shuri mu madeni, ariko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukavuga ko atari ukuri.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba, Epimaque Munyakazi yavuze ko mu bilo 150 byari byagurishijwe n’uyu muyobozi w’Ishuri, ubuyobozi bwabashije kugaruzamo ibilo 100.

Gitifu avuga ko uyu muyobozi w’ishuri “yakoze amakosa yo kugurisha ibiryo by’abanyeshuri yitwaza ideni avuga ko afitiye abantu.”

Amakuru avuga kandi ko Nsengimana yatumijweho n’Ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo asobanure iby’aya makosa yakoze, ariko akanga kwitaba, ahubwo agahitamo gucika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, yagize ati “Tugiye gukora raporo tuyishyikirize ubuyobozi bw’Akarere buzabimubaze.”

Amakuru aturuka muri iri shuri riyoborwa n’uyu uvugwaho kugurisha ibiryo by’abanyeshuri, avuga ko kuva yamenya ko yatahuweho aya makosa, atarongera gukandagira kuri iri shuri.

Bamwe mu bakurikiranye iki kibazo, bavuga ko ibyo biryo byaguzwe n’umugore ufitanye isano n’uyu muyobozi w’ishuri, ariko we akavuga ko yashakaga gukuramo umwenda yafashe nyuma y’icyorezo cya Covid.

Mbere yo kugurisha ayo mafunguro y’abanyeshuri, uyu wabikoze yabanje gukora inyandiko y’amasezerano y’ubugure adafite ishingiro, kuko nta mwenda iri shuri ribereyemo uwo muntu.

Umwe mu bazi imiterere y’iki kibazo banagikurikiranye, yagize ati “Twabimenyesheje inzego z’Ubuyobozi bw’Umurenge batubwiye ko bafashe ibyo biryo ariko umuyobozi we yacitse.”

Abakorana n’uyu muyobozi w’ishuri, bamugayira ibi yakoze, bakavuga ko nk’umurezi kandi uyobora ishuri yari akwiye gutanga urugero rwiza aho kwijandika mu manyanga nk’ayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eleven =

Previous Post

Eng.-Date set for first peace agreement signing between Rwanda and DRC

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.