Tuesday, March 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
Share on FacebookShare on Twitter
Imiryango itari iya Leta iravuga ko ibitero by’indege zitagira abapilote zo mu bwoko bwa Kamikaze, byagabwe mu gace ka Minembwe Centre, muri Kivu y’Epfo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byasize benshi bavuye mu byabo.

Ni ibitero byagabwe n’uruhande rurwanira Leta ya Kinshasa kuri uyu wa Mbere, nk’uko byatangajwe na Sosiyete Sivile ikorera muri aka gace.

Ihuriro ry’iyi Miryango itari iya Leta, rivuga ko “Drones zarashe ibisasu byinshi, ndetse na Drones Kamikaze z’ingabo za Leta muri Minembwe Centre muri Teritwari ya Fizi mu Ntara ya Kivu y’Epfo”.

Umuhuzabikorwa wa sosiyete Sivile muri Minembwe, Sebagabo Mufashi yabwiye ikinyamakuru BBC Gahuzamiryango dukesha aya makuru, ko ibi bitero “byatangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere.”

Ni mu gihe kandi igisirikare cya Leta ya DRC na cyo uyu munsi kikomanze mu gatuza kivuga ko cyahanuye drones za AFC/M23 ndetse kinagaragaza amashusho y’izo kivuga ko cyahanuye.

Ihuriro AFC/M23 ribinyujije mu muvugizi waryo mu bya Politiki, Lawrenze Kanyuka, avuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Leta FARDC, “rurasa buhumyi mu bice bituwemo n’abaturage benshi” mu bitero bihitana inzirakarengane z’abasivile.

Amakuru yatanzwe na Sebagabo avuga ko ibitero by’indege bya FARDC byo kuri uyu wa Mbere, byibasiye inyubako zirimo ikoreramo Rarido y’Abaturage ya Tuungane, ndetse abakomerekejwe na byo bakaba barimo umwana w’imyaka 11.

Intambara mu burasirazuba bwa DRC, imaze iminsi ikajije umurego, aho noneho yahinduye isura, aho imaze iminsi ikoreshwamo cyane ibitero by’indege zitagira abapilote.

Mu bitero by’izi ndege kandi, harimo n’igiherutse kugabwa mu gace ka Rubaya, cyahitanye Col Willy Ngoma wari umuvugizi w’Igisirikare cya AFC/M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − twelve =

Previous Post

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Related Posts

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

by radiotv10
10/03/2026
0

This Tuesday, 10th March 2026, the prices of petroleum products dropped after the President of the United States, Donald Trump,...

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

by radiotv10
10/03/2026
0

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze...

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

Umuyobozi w’Igisirikare cyahiritse ubutegetsi muri Madagascar yasheshe Guverinoma mu buryo butunguranye

by radiotv10
10/03/2026
0

Col Michael Randrianirina uyoboye urwego rw’Igisirikare kiri ku butegetsi muri Madagascar, yirukanye Minisitiri w’Intebe, anasesa Guverinoma yose mu buryo butunguranye....

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

by radiotv10
10/03/2026
0

U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba...

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

Iran itanze umuburo ku batekereza ko intambara izarangira vuba

by radiotv10
09/03/2026
0

Umuyobozi wo hejuru muri Iran yatangaje ko intambara iri hagati y’iki Gihugu na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America...

IZIHERUKA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe
AMAHANGA

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

by radiotv10
10/03/2026
0

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

10/03/2026
Umunyamakuru Rugaju Reagan agarukanye guca bugufi nyuma y’ibyo yatangaje kuri mugenzi we Lorenzo

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

10/03/2026
Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

Ijambo rya Trump rikurikiwe n’igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli

10/03/2026
Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

Icyemezo itsinda ry’abafana ba APR bafatiye umwe muri bo ntikivugwaho rumwe

10/03/2026
Nyabihu: Akarere kahaye karibu umwarimu wari wasezeye ku kazi nyuma akisubira akanikingiza

Umunyeshuri w’umukobwa wabuze muri weekend yose yasanzwe aryamye kwa mwarimu

10/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibitero by’indege z’intambara za FARDC za Kamikaze byasize mu kaga benshi muri Minembwe

Eng.-Trump’s statement followed by a drop in oil prices

Ubutumwa RIB yageneye abanyamakuru ba Siporo baherutse kumvikana mu makimbirane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.