Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

radiotv10by radiotv10
10/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
U Bushinwa buhaye ubutumwa America na Israel bashaka kwivugana Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran
Share on FacebookShare on Twitter

U Bushinwa buratangaza ko ishyirwaho rya Mojtaba Khamenei nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran asimbuye se uherutse kwicwa, ari icyemezo kireba iki Gihugu bityo ko nta kindi gikwiye kubyivangamo, buvuga kandi ko bwamaganye icyo ari cyo cyose kigamije kumwivugana.

Ni nyuma y’amasaha macye Iran yemeje Mojtaba Khamenei, umuhungu wa Ali Khamenei nk’ugomba kumusimbura nyuma yo kwicwa n’ibitero by’indege bya Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Igisirikare cya Israel cyatangaje ko ubu kigendereye kwica uyu muhungu wa Ali Khamenei uherutse kwicwa n’ubundi ku bufatanye bwacyo na America.

Perezida wa US, Donald Trump na we aherutse kugaragaza ko atifuza ko  Mojtaba Khamenei agirwa umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ndetse ko agomba kugira uruhare mu ishyirwaho ry’Umuyobozi mushya.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa, Guo Jiakun, kuri uyu wa Mbere yabwiye itangazamakuru ko kuba Iran yashyizeho umuhungu wa Khamenei bishingiye ku Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yagize ati “U Bushinwa bwitandukanyije no kwivanga kw’ibindi Bihugu muri gahunda z’imbere za Iran ku mpamvu iyo ari yo yose, kandi ubusugire, umutekano n’ubudahangarwa bya Iran bigomba kubahwa.”

U Bushinwa butangaje ibi, mu gihe Israel na Leta Zunze Ubumwe za America, bakomeje kugaba ibitero muri Iran, ndetse iki Gihugu na cyo kikaba gikomeje kugambirira kwihimura kigaba ibitero kuri Israel no mu bindi Bihugu bifitwemo ibirindiro na America.

Ubutegetsi bw’u Bushinwa, ni umufatanyabikorwa wa Tehran, ndetse bwamaganye iyicwa ry’uwari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, ariko kandi bukaba bwarananenze ibitero bya Iran yagabye ku Bihugu by’inshuti za America.

Zhai Jun, Intumwa y’u Bushinwa mu Burasirazuba bwo Hagati, yasabye ko umwuka w’intambara uhagarara, ubwo yahuraga na Prince Faisal bin Farhan bin Abdullah, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Saudi Arabia, mu biganiro kuri iki Cyumweru.

Yagize ati “U Bushinwa burasaba impande zose guhagarika vuba na bwangu ibikorwa bya gisirikare, mu rwego rwo gucubya ko umwuka ukomeza kuba mubi, ndetse no kwirinda ko bigira ingaruka ku baturage bo mu karere k’ibi Bihugu.”

U Bushinwa na Iran, bisanganywe imikiranire mu by’ingufu n’ubucuruzi, n’ibikomoka kuri peteroli, aho umwaka ushize, 80% by’ibikomoka kuri Peteroli byavuye muri Iran, byagiye mu Bushinwa.

Mojtaba Khamenei washyizweho nk’Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran
Guo Jiakun, Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Bushinwa yamaganye abashaka kwivugana uyu muyobozi wo muri Iran

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fourteen =

Previous Post

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi n’umukunzi we bagiye kurushingana berekanywe mu rusengero

Next Post

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Icyo Hon.Gatabazi avuga ku ifoto imaze imyaka 27 agaragaramo nk’umwe mu bagize ikipe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.